Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: Icyatumye abanyeshuri barenga 15 birukanirwa icyarimwe cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in MU RWANDA
0
Nyanza: Icyatumye abanyeshuri barenga 15 birukanirwa icyarimwe cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ishuri ryo mu Karere ka Nyanza, ryirukanye mu gihe cy’ibyumweru bibiri, abanyeshuri 17 biga mu mwaka wa gatandatu kubera amakosa bakoze hamwe n’abandi benshi ariko bo bakagaragaza imyitwarire yanenzwe, bakoherezwa iwabo ngo bajye kwitekerezaho.

Iri shuri ryitiriwe Ubutatu Butagatifu Nyanza (Sainte Trinite Nyanza TSS) ryigisha imyuga n’Ubumenyi-ngiro ni iryo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza.

Aba banyeshuri birukanywe nyuma y’umukwabu wakozwe n’ubuyobozi bw’iri shuri wo gusaka abanyeshuri bafite imyenda itemewe ndetse n’ibindi bikoresho bitemewe gutungirwa ku ishuri nka Telefone.

Iki gikorwa cyakorewe mu macumbi y’abanyeshuri, cyasize hafashwe abanyeshuri 75 bari bafite ibikoresho bitemewe ku Ishuri.

Bamwe muri aba bafashwe, bemeye gutanga ibyo bafatanywe, ariko abagera kuri 17 barinangira, ari na byo byatumye ubuyobozi bw’Ishuri bufata icyemezo cyo kubohereza mu rugo mu gihe cy’ibyumweru bibiri ngo bajye kwitekerezaho.

Bamwe muri aba banyeshuri boherejwe mu miryango yabo, barimo n’abasagariye abayobozi bari muri iki gikorwa cyo kubasaka, bashaka kubakubita.

Ihagarikwa ry’aba banyeshuri ryanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, wavuze ko aba banyeshuri birukaniwe gusuzugura ubuyobozi bwa ririya shuri bakanga gutanga ibyo bafatanywe.

Yagize ati “Abafatanwe ibikoresho bitemewe ni mirongo irindwi na batanu (75), ariko cumi na barindwi (17) muri bo ni bo birukanywe bazira kutemera gutanga ibyo bikoresho.”

Meya Ntazinda Erasme avuga ko ubuyobozi bw’iri shuri butari bwigeze butanga amakuru kuri iki gikorwa bwakoze no kuba bwirukanye aba banyeshuri, bityo ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bugiye kubikurikirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Umubyeyi w’umuhanzi wapfiriye ku rubyirino bigashengura benshi yatangaje andi makuru

Next Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru ababaje ku bw’inkongi iremereye yabaye mu Gakiriro

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisozi: Nyuma y’amezi atatu indi nkongi y’umuriro w’ikibatsi yibasiye mu Gakiriro

Kigali: Hamenyekanye amakuru ababaje ku bw’inkongi iremereye yabaye mu Gakiriro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.