Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: Icyatumye abanyeshuri barenga 15 birukanirwa icyarimwe cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in MU RWANDA
0
Nyanza: Icyatumye abanyeshuri barenga 15 birukanirwa icyarimwe cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ishuri ryo mu Karere ka Nyanza, ryirukanye mu gihe cy’ibyumweru bibiri, abanyeshuri 17 biga mu mwaka wa gatandatu kubera amakosa bakoze hamwe n’abandi benshi ariko bo bakagaragaza imyitwarire yanenzwe, bakoherezwa iwabo ngo bajye kwitekerezaho.

Iri shuri ryitiriwe Ubutatu Butagatifu Nyanza (Sainte Trinite Nyanza TSS) ryigisha imyuga n’Ubumenyi-ngiro ni iryo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza.

Aba banyeshuri birukanywe nyuma y’umukwabu wakozwe n’ubuyobozi bw’iri shuri wo gusaka abanyeshuri bafite imyenda itemewe ndetse n’ibindi bikoresho bitemewe gutungirwa ku ishuri nka Telefone.

Iki gikorwa cyakorewe mu macumbi y’abanyeshuri, cyasize hafashwe abanyeshuri 75 bari bafite ibikoresho bitemewe ku Ishuri.

Bamwe muri aba bafashwe, bemeye gutanga ibyo bafatanywe, ariko abagera kuri 17 barinangira, ari na byo byatumye ubuyobozi bw’Ishuri bufata icyemezo cyo kubohereza mu rugo mu gihe cy’ibyumweru bibiri ngo bajye kwitekerezaho.

Bamwe muri aba banyeshuri boherejwe mu miryango yabo, barimo n’abasagariye abayobozi bari muri iki gikorwa cyo kubasaka, bashaka kubakubita.

Ihagarikwa ry’aba banyeshuri ryanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, wavuze ko aba banyeshuri birukaniwe gusuzugura ubuyobozi bwa ririya shuri bakanga gutanga ibyo bafatanywe.

Yagize ati “Abafatanwe ibikoresho bitemewe ni mirongo irindwi na batanu (75), ariko cumi na barindwi (17) muri bo ni bo birukanywe bazira kutemera gutanga ibyo bikoresho.”

Meya Ntazinda Erasme avuga ko ubuyobozi bw’iri shuri butari bwigeze butanga amakuru kuri iki gikorwa bwakoze no kuba bwirukanye aba banyeshuri, bityo ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bugiye kubikurikirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Umubyeyi w’umuhanzi wapfiriye ku rubyirino bigashengura benshi yatangaje andi makuru

Next Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru ababaje ku bw’inkongi iremereye yabaye mu Gakiriro

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisozi: Nyuma y’amezi atatu indi nkongi y’umuriro w’ikibatsi yibasiye mu Gakiriro

Kigali: Hamenyekanye amakuru ababaje ku bw’inkongi iremereye yabaye mu Gakiriro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.