• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

radiotv10by radiotv10
15/04/2022
in Uncategorized
0
Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanya-Jamaica n’Abanyafurika bafitanye isano ikomeye ndetse n’indangagaciro bahuriyeho zirimo kwigira, guhanga udushya n’ubudatana bityo ko bakwiye kurangwa no guhuza imbaraga mu guhangana n’ibibazo byugarije Isi.

Perezida Paul Kagame yabitangaje mu nteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi muri Jamaica, aho yagarutse ku mateka ahuriweho y’abatuye iki Gihugu n’abo ku Mugabane wa Afurika.

Umubare munini w’abatuye Jamaica bafite inkomoko muri Afurika kuko  91.4% bafite inkomoko muri Afurika bakabamo abirabura 76.3% na 15.1% bavuka ku babyeyi b’abanyafurika n’Abanyaburayi.

Perezida Paul Kagame yavuze ko isano iri hagati y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika ikwiye kubyazwa umusaruro.

Ati “Mu guha agaciro isano dufitranye nk’Abanyafurika n’Abanyafurika baba mu mahanga, tugomba gushyira hamwe mu guhangana n’ibibazo byugarije Isi.”

Yavuze ko mu rugendo rwo guharanira ubwigenge kugeza mu kubaka Ibihugu, intego yo guharanira Afurika yigenga yagaragaje uburyo ibintu bigomba gukorwa kabone nubwo abantu batayubakiyeho uko byari bikwiye.

Avuga ko kugeza n’uyu munsi hari ibyagiye byerekana ko abantu bakwiye guhuza imbaraga no gushyigikirana kubera amateka ibihugu bigiye bihuje.

Ati “Jamaica izizihiza isabukuru y’imyaka 60 y’ubwegenge tariki 06 Kanama uyu mwaka, u Rwanda na rwo ruzagira ibihe nk’ibyo mu kwezi kuzabanziriza uko ku itariki ya 01 Nyakanga.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko Jamaica imaze kugera kuri byinshi yari ikwiye kandi biyitera ishema, ati “Mu zina rya Guverinoma n’Abanyarwanda, ndashaka kubashimira.”

Yavuze ko mu iki gihe bari kwizihiza iyi sabukuru y’ubwigenge bikwiye no kuba umwanya wo kwibutsa abakiri bato amateka y’amateka agoye y’ahatambutse mu rwego rwo gusigasira ibyagezweho.

Ati “Ibyo twabashije kwigezaho nk’abantu, dushobora gukora n’ibirenze kandi byiza. Izi nshingano zishinze imizi ku mateka, ni kimwe mu bitwibutsa ibiduhuza nk’abana b’Abanyafurika.”

Umukuru w’u Rwanda wavuze ko afitiye ubutumwa Abanya-Jamaica, yagize ati “Ntabwo turi abanyamahanga hagati yacu mu buryo tubayemo butandukanye, dusangiye indangagaciro, abaturage bacu barigira, bazi guhanga udushya, kandi nk’uko amateka duhuriyeho abigaragaza turi abadatana.”

Yavuze ko izi ndangagaciro zikwiye kubyazwa umusaruro ufatika binyuze miryango mpuzamahanga Ibihugu bihuriyemo nka Commonwealth ndetse n’Umuryango uhuza Afurika n’ibirwa bya Caraïbes na Pacific.

Perezida Kagame yagejeje ijambo ku nteko ishinga amategeko ya JamaicA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 16 =

Previous Post

Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?

Next Post

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.