Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yagaragaje inzira izageza ubuvuzi bw’u Rwanda kuba igicumbi mu karere

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Perezida Kagame yagaragaje inzira izageza ubuvuzi bw’u Rwanda kuba igicumbi mu karere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko uko u Rwanda ruzakomeza kubaka ubushobozi bw’urwego rw’ubuzima hongererwa ubumenyi abarukoramo ndetse n’ibikorwa remezo, bizatuma nta Banyarwanda bajyaga kwivuriza hanze, ahubwo bakivuriza imbere mu Gihugu, ndetse n’abo mu karere no muri Afurika bakaza kukivurizamo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga 2024 ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ibikorwa byo kwagura Ibitaro Byitiriwe Umwami Fayisali.

Bimwe mu biteganyijwe mu kwagura ibi Bitaro mu mushinga w’igihe kirekire kugeza mu mwaka wa 2050, harimo kongera ubunini bwabyo mu buso, ku buryo bizava ku kwakira abarwayi 167 bahavurirwa bahacumbikiwe, bakagera kuri 600, ndetse hakanatangizwa serivisi nshya zirimo izo kuvura indwara zikomeye nka Cancer.

Perezida Paul Kagame yavuze ko umuhate washyizwe mu rwego rw’ubuzima, ugenda utuma hashyirwaho ibikorwa nk’ibi ariko na byo bigashyira ku gitutu cyo kwifuza ibirenze ibi.

Yavuze ko mu gihe cyashize, urubyiruko rw’u Rwanda rwajyaga kwigira no kwihugurira mu mahanga, ahasanzwe hazwiho kuba hari ibikorwa remezo biteye imbere mu buvuzi, bakagenda bagaruka mu Rwanda kugira ngo na bo bazamure urwego rw’ubuvuzi nk’urw’aho bavuye kwiga, ariko ko ubwabyo bitageza kuri bya bindi birenze u Rwanda rwifuza.

Ati “Mu gihe nk’icyo, iyo ushaka ko abantu bagaruka bakaza guhugura abandi ndetse bakanatanga serivisi z’ubumenyi bazanye, ntabwo uba ugitegereje ko uzajya wohereza abarwayi hanze, iyo rero wohereza abantu bakajya guhugurirwa hanze, ariko nanone ugakomeza kohereza abarwayi kujya kwivuriza hanze, ntacyo uba uri gukora. Rero ni yo mpamvu tuba dukeneye kuzamura ubushobozi hano mu Gihugu cyacu, mu nzego zose nyinshi mu buryo bwose bushoboka.”

Perezida Kagame kandi avuga ko igihe ubushobozi bwubakiwe mu Rwanda, buzanatuma nta Munyarwanda wongera kujya kwivuriza hanze, ndetse ahubwo n’abo mu bindi Bihugu bakaza kwivuriza muri iki Gihugu kuko hazaba harubatswe ibikorwa remezo bitanga serivisi zifite irema.

Ati “Ibyo twubaka hano, nk’iki gikorwa remezo, byose hamwe n’ubushobozi bwo kubaka mu bantu kugira ngo batange serivisi zikenewe, biri muri uwo murongo wo kumva akamaro k’ishoramari dukora dufatanyijemo n’inshuti n’abafatanyabikorwa, kandi turifuza ko bigera kuri urwo rwego rwiza navuze. Ibyo bisaba umuhate no guhozaho.”

Yavuze kandi ko ibi bitazagirira akamaro Abanyarwanda gusa, ahubwo ko bizatuma n’abo mu karere u Rwanda ruherereyemo n’abo ku Mugabane wa Afurika, babasha kwivuriza hafi.

Yasabye kandi inzego bireba ko zikemura mu buryo bwihuse ibibazo byavuzwe ahagiye gushyira iki gikorwa remezo, kugira ngo bitagira ingaruka kuri iyi mishinga myiza iri gushyirwa mu bikorwa.

Ati “Ntabwo twashyira imbaraga kuri ibyo gusa, ngo twibagirwe gushakira umuti ibibazo bihari, waba uri gutesha agaciro ibikorwa byiza uri gukora.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yizeje abari muri uyu mushinga, ko azabashyigikira mu buryo bwose bushoboka, kuko bari mu mishinga myiza kandi ifitiye u Rwanda n’Abanyarwanda akamaro.

Perezida Kagame ubwo yatangizaga imirimo yo kwagura ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali
Perezida Kagame yagaragaje bimwe mu biteganyijwe muri uyu mushinga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 20 =

Previous Post

Uganda: Byakaze ku cyicaro cy’ishyaka ry’umuhanzi akaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza

Related Posts

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

Abo mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, baratabariza umuturanyi wabo ufite ubumuga ubayeho ubuzima...

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

by radiotv10
13/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwashyize hanze itangazo rimenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjiramo ku rwego rwa Ofisiye, itariki yo gutangira...

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu muhanda Kigali-Muhanga, habaye impanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi, yabangamiye urujya n’uruza rw’ibinyabiziga muri...

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gutangira ibikorwa byo kwiyandikisha ku nkumi n'abasore bifuza kuyinjiramo ku rwego rw’abapolisi bato, birimo...

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

by radiotv10
13/10/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yongeye gukangurira abantu gukora imyitozo ngororamubiri, agaragaza iyo bakora kugira ngo bagabanye ibyago kugeza kuri...

IZIHERUKA

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero
MU RWANDA

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

13/10/2025
Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

13/10/2025
AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza

Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.