Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yagaragaje inzira izageza ubuvuzi bw’u Rwanda kuba igicumbi mu karere

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Perezida Kagame yagaragaje inzira izageza ubuvuzi bw’u Rwanda kuba igicumbi mu karere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko uko u Rwanda ruzakomeza kubaka ubushobozi bw’urwego rw’ubuzima hongererwa ubumenyi abarukoramo ndetse n’ibikorwa remezo, bizatuma nta Banyarwanda bajyaga kwivuriza hanze, ahubwo bakivuriza imbere mu Gihugu, ndetse n’abo mu karere no muri Afurika bakaza kukivurizamo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga 2024 ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ibikorwa byo kwagura Ibitaro Byitiriwe Umwami Fayisali.

Bimwe mu biteganyijwe mu kwagura ibi Bitaro mu mushinga w’igihe kirekire kugeza mu mwaka wa 2050, harimo kongera ubunini bwabyo mu buso, ku buryo bizava ku kwakira abarwayi 167 bahavurirwa bahacumbikiwe, bakagera kuri 600, ndetse hakanatangizwa serivisi nshya zirimo izo kuvura indwara zikomeye nka Cancer.

Perezida Paul Kagame yavuze ko umuhate washyizwe mu rwego rw’ubuzima, ugenda utuma hashyirwaho ibikorwa nk’ibi ariko na byo bigashyira ku gitutu cyo kwifuza ibirenze ibi.

Yavuze ko mu gihe cyashize, urubyiruko rw’u Rwanda rwajyaga kwigira no kwihugurira mu mahanga, ahasanzwe hazwiho kuba hari ibikorwa remezo biteye imbere mu buvuzi, bakagenda bagaruka mu Rwanda kugira ngo na bo bazamure urwego rw’ubuvuzi nk’urw’aho bavuye kwiga, ariko ko ubwabyo bitageza kuri bya bindi birenze u Rwanda rwifuza.

Ati “Mu gihe nk’icyo, iyo ushaka ko abantu bagaruka bakaza guhugura abandi ndetse bakanatanga serivisi z’ubumenyi bazanye, ntabwo uba ugitegereje ko uzajya wohereza abarwayi hanze, iyo rero wohereza abantu bakajya guhugurirwa hanze, ariko nanone ugakomeza kohereza abarwayi kujya kwivuriza hanze, ntacyo uba uri gukora. Rero ni yo mpamvu tuba dukeneye kuzamura ubushobozi hano mu Gihugu cyacu, mu nzego zose nyinshi mu buryo bwose bushoboka.”

Perezida Kagame kandi avuga ko igihe ubushobozi bwubakiwe mu Rwanda, buzanatuma nta Munyarwanda wongera kujya kwivuriza hanze, ndetse ahubwo n’abo mu bindi Bihugu bakaza kwivuriza muri iki Gihugu kuko hazaba harubatswe ibikorwa remezo bitanga serivisi zifite irema.

Ati “Ibyo twubaka hano, nk’iki gikorwa remezo, byose hamwe n’ubushobozi bwo kubaka mu bantu kugira ngo batange serivisi zikenewe, biri muri uwo murongo wo kumva akamaro k’ishoramari dukora dufatanyijemo n’inshuti n’abafatanyabikorwa, kandi turifuza ko bigera kuri urwo rwego rwiza navuze. Ibyo bisaba umuhate no guhozaho.”

Yavuze kandi ko ibi bitazagirira akamaro Abanyarwanda gusa, ahubwo ko bizatuma n’abo mu karere u Rwanda ruherereyemo n’abo ku Mugabane wa Afurika, babasha kwivuriza hafi.

Yasabye kandi inzego bireba ko zikemura mu buryo bwihuse ibibazo byavuzwe ahagiye gushyira iki gikorwa remezo, kugira ngo bitagira ingaruka kuri iyi mishinga myiza iri gushyirwa mu bikorwa.

Ati “Ntabwo twashyira imbaraga kuri ibyo gusa, ngo twibagirwe gushakira umuti ibibazo bihari, waba uri gutesha agaciro ibikorwa byiza uri gukora.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yizeje abari muri uyu mushinga, ko azabashyigikira mu buryo bwose bushoboka, kuko bari mu mishinga myiza kandi ifitiye u Rwanda n’Abanyarwanda akamaro.

Perezida Kagame ubwo yatangizaga imirimo yo kwagura ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali
Perezida Kagame yagaragaje bimwe mu biteganyijwe muri uyu mushinga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − nine =

Previous Post

Uganda: Byakaze ku cyicaro cy’ishyaka ry’umuhanzi akaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza

Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.