Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragarije Abanyarwanda isomo bakwiye gukura mu kwemera Imana

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragarije Abanyarwanda isomo bakwiye gukura mu kwemera Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasabye abumva ko hari ibyo Imana yahaye abandi bo ikabibima, kureka iyi myumvire, kuko ntacyo Imana yahaye abandi ngo ikime Abanyarwanda, cyane ko yanabahaye n’Igihugu cyiza nubwo cyagiye kinyura mu mateka atari meza mu gihe cyatambutse.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024 mu muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya baherutse guhabwa inshingano barimo batanu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda yongeye gusaba abayobozi gukorana, kandi bakibuka ko inshingano baba bahawe ari ugukorera Abanyarwanda, bityo ko badakwiye gukora bitekerezaho bonyine.

Yibukije abayobozi ko ibyo bakora biba biri mu nyungu za rubanda, kandi abaturage bahora babahanze amaso, bategereje ibyo babakorera, bityo ko badakwiye kwishyira hejuru.

Ati “Ibyo kwiremereza, kubona ko ari wowe ndetse bikavamo kuba utavugana n’undi ngo mwuzuzanye, uwo muco mbona ko ukwiye gucika burundu bitari ukugabanuka gusa kuko biratudindiza, ndetse bigasa nk’aho muri twe hari abishimiye aho turi mu rwego rwo gutera imbere. Guhora utegereje abakugirira imbabazi byarabaye akamenyero.”

Yavuze ko mu myaka 30 ishize u Rwanda rwongeye kwiyubaka, ibi byari bikwiye kuba byumvikana, by’umwihariko abantu bagakora bumva ko batagomba gutegereza inkunga, kuko n’abazizana badashobora kuziha udafite aho ahera.

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko n’abo batera inkunga, ari abantu nk’abandi, kandi ko ntacyo Imana yabahaye ngo bo ikibime.

Ati “Ko nzi ko benshi muri hano mwemera Imana, mu byo mwemera muzi ko hari ibice by’Isi byaremwe ukundi bihabwa ibyangombwa byose, mwebwe igira ibyo ibahisha? Ntiyabibahaye? Mwagiye mubyibaza igihe cyose muri mubyo mukora mufitiye uburenganzira.

Imana mwambaza musenga buri munsi yabimye iki mwebwe nk’Abanyarwanda? Yaguha ubwenge, abenshi ubuzima bwiza, ikabaha n’igihugu nubwo cyagiye kigira ibibazo ariko cyiza, hanyuma mukajya aho mukagira ibyo mwiyima, mwaba muri bantu ki?”

Abayobozi barahiye uyu munsi, ni Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yussuf Murangwa, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolee.

Harahiye kandi Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi Ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari, Mutesi Rusagara n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Olivier Kabera.

Mu zindi nzigo, harahiye Aimable Havugiyaremye wagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS) na Angelique Habyarimana wagizwe Umushinjacyaha Mukuru, ndetse Maj Gen Dr. Ephrem Rurangwa, uherutse kugirwa Umugaba w’Ingabo zishinzwe Ubuzima, n’Umwungirije, Brig Gen Dr. John Nkurikiye.

Perezida Kagame ubwo yari ageze ku Nteko Ishinga Amategeko

Minisitiri Nduhungirehe na Murangwa Yusuf
Aimable wagizwe SG wa NISS
Maj Gen Dr. Ephrem Rurangwa wagizwe Umugaba w’Ingabo zishinzwe Ubuzima
Abayobozi barahiye basinyiye izi nshingano
Bafashe n’ifoto y’urwibutso n’Umukuru w’u Rwanda

Photos/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 20 =

Previous Post

Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

Next Post

Umupasiteri yahamijwe icyaha gikojeje isoni Umukozi w’Imana

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupasiteri yahamijwe icyaha gikojeje isoni Umukozi w’Imana

Umupasiteri yahamijwe icyaha gikojeje isoni Umukozi w’Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.