Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda, Karén Chalyan uri kurangiza inshingano ze, mu rwego rwo kumusezera.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 13 Kamena 2024, nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Perezidansi ya Repubulika, yagize iti “Muri uyu mugoroba muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda, Karén Chalyan uri gusoza inshingano ze, mu rwego rwo gusezera mu gihe ari kurangiza inshingano yarimo.”

Uyu Mudipolomate w’u Burusiya, uri gusoza inshingano ze mu Rwanda nka Ambasaderi, yakiriye muri Village Urugwiro ari kumwe n’itsinda ry’Abadipoloma bo mu Gihugu cye bari bamuherekeje, bari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ushinzwe Ububanyi mu Karere, Gen (Rtd) James Kabarebe.

Uyu Mudipolomate usanzwe amenyerere gukorera ku Mugabane wa Afurika, dore ko yagiye akora muri za Ambasade z’u Burusiya mu Bihugu binyuranye muri Afurika, ndetse akaba yarakoze mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, aho n’u Rwanda rufite Ingabo, yagize uruhare runini mu guteza imbere umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda.

Mu bihe yari muri izi nshingano za Ambasaderi w’u Burusiya n’u Rwanda, Guverinoma z’Ibihugu byombi, zasinyanye amasezerano y’imikoranire, arimo ay’ingufu za Nikeleyeri.

U Rwanda n’u Burusiya, bisanganywe umubano mwiza, kimwe n’ibindi Bihugu bya Afurika, nk’uko byanagarutsweho na Perezida Paul Kagame umwaka ushize ubwo yagiriraga uruzinduko mu Bihugu bimwe byo mu burengerazuba bwa Afurika nka Benin, Guinea-Bissau na Guinea, akavuga ko imikoranire ya Afurika n’u Burusiya idakwiye kubonwa nk’ikibazo.

Ubwo yari i Cotonou, Perezida Kagame yavuze ko “U Burusiya kimwe n’Ibindi Bihugu bikomeye, ntabwo ari ikibazo kuri twe. Ikibazo ni ibyo Bihugu by’ibihanganye bifite ibibazo byabyo bigomba gukemura.”

Umukuru w’u Rwanda icyo gihe yakomeje agira ati “Muzumva hari abakomeza kwibaza kuba u Bushinwa n’u Burisiya bari gukorana na Afurika, ariko bo ko bativuga, bo bafite burenganzira ki bwo kuba muri Afurika abandi bo badafite?”

Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda uri kurangiza inshingano ze
Bari kumwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Abanyarwanda babiri bakurikiranyweho kwicira umuntu muri Uganda bagejejwe imbere y’Urukiko

Next Post

U Rwanda rwakiriye impunzi 113 bituma umubare w’izimaze kuhagera zigera mu 2.300

Related Posts

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abasirikare bo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

IZIHERUKA

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe
MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwakiriye impunzi 113 bituma umubare w’izimaze kuhagera zigera mu 2.300

U Rwanda rwakiriye impunzi 113 bituma umubare w’izimaze kuhagera zigera mu 2.300

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.