Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda, Karén Chalyan uri kurangiza inshingano ze, mu rwego rwo kumusezera.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 13 Kamena 2024, nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Perezidansi ya Repubulika, yagize iti “Muri uyu mugoroba muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda, Karén Chalyan uri gusoza inshingano ze, mu rwego rwo gusezera mu gihe ari kurangiza inshingano yarimo.”

Uyu Mudipolomate w’u Burusiya, uri gusoza inshingano ze mu Rwanda nka Ambasaderi, yakiriye muri Village Urugwiro ari kumwe n’itsinda ry’Abadipoloma bo mu Gihugu cye bari bamuherekeje, bari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ushinzwe Ububanyi mu Karere, Gen (Rtd) James Kabarebe.

Uyu Mudipolomate usanzwe amenyerere gukorera ku Mugabane wa Afurika, dore ko yagiye akora muri za Ambasade z’u Burusiya mu Bihugu binyuranye muri Afurika, ndetse akaba yarakoze mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, aho n’u Rwanda rufite Ingabo, yagize uruhare runini mu guteza imbere umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda.

Mu bihe yari muri izi nshingano za Ambasaderi w’u Burusiya n’u Rwanda, Guverinoma z’Ibihugu byombi, zasinyanye amasezerano y’imikoranire, arimo ay’ingufu za Nikeleyeri.

U Rwanda n’u Burusiya, bisanganywe umubano mwiza, kimwe n’ibindi Bihugu bya Afurika, nk’uko byanagarutsweho na Perezida Paul Kagame umwaka ushize ubwo yagiriraga uruzinduko mu Bihugu bimwe byo mu burengerazuba bwa Afurika nka Benin, Guinea-Bissau na Guinea, akavuga ko imikoranire ya Afurika n’u Burusiya idakwiye kubonwa nk’ikibazo.

Ubwo yari i Cotonou, Perezida Kagame yavuze ko “U Burusiya kimwe n’Ibindi Bihugu bikomeye, ntabwo ari ikibazo kuri twe. Ikibazo ni ibyo Bihugu by’ibihanganye bifite ibibazo byabyo bigomba gukemura.”

Umukuru w’u Rwanda icyo gihe yakomeje agira ati “Muzumva hari abakomeza kwibaza kuba u Bushinwa n’u Burisiya bari gukorana na Afurika, ariko bo ko bativuga, bo bafite burenganzira ki bwo kuba muri Afurika abandi bo badafite?”

Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda uri kurangiza inshingano ze
Bari kumwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Abanyarwanda babiri bakurikiranyweho kwicira umuntu muri Uganda bagejejwe imbere y’Urukiko

Next Post

U Rwanda rwakiriye impunzi 113 bituma umubare w’izimaze kuhagera zigera mu 2.300

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwakiriye impunzi 113 bituma umubare w’izimaze kuhagera zigera mu 2.300

U Rwanda rwakiriye impunzi 113 bituma umubare w’izimaze kuhagera zigera mu 2.300

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.