Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye uko Muhoozi yunze u Rwanda na Uganda abanje gushakisha nimero ye

radiotv10by radiotv10
26/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye uko Muhoozi yunze u Rwanda na Uganda abanje gushakisha nimero ye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul yavuze ko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yagize uruhare mu gutuma umubano w’u Rwanda na Uganda uzahuka ubwo yashakaga uburyo baganira, agahita yumva ko biri gukorwa n’umubyeyi we Museveni.

Perezida Kagame washimiye Muhoozi Kainerugaba wamutumiye mu birori by’isabukuru ye, yavuze ko yaje ku mpamvu ebyiri zikomeye.

Ati “Iya mbere ni ukwishimana n’ababyeyi bawe, umuryango wawe, inshuti zawe; mu isabukuru yawe. Icya kabiri ni ibyishimo byo kugaruka hano nyuma y’imyaka ine cyangwa itanu ntaza muri Uganda.”

Yakomeje ashimira Muhoozi, avuga ko “yaba ari ibizwi, ibyavuzwe, byaba ari ukuri; ariko imyaka 48 yakoreshejwe neza, ikindi kandi ntagushidikanya ko indi myaka myinshi tumwifuriza kubaho azayikoresha neza kurushaho.”

Flash Uganda News ivuga ko muri iri jambo rya Perezida Kagame yavugiye mu birori by’isabukuru ya Muhoozi, yavuze ko nubwo muri kiriya gihe Ibihugu byombi byari bifitanye ibibazo ndetse umupaka wabyo ufunze ariko yari afite icyizere ko bizarangira.

Yagize ati “Twari dufite imbogamizi hagati y’Ibihugu byacu ariko iteka niyumvishaga ko ari iby’igihe guto.”

Yavuze ko Muhoozi yagize uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda, ndetse ko ari we wabanje kwifuza ko baganira.

Ati “Muhoozi anyuze mu nhuti yabonye nimero yanjye, anyandikira ubutumwa ubundi turavugana. Ndemera. Yarambajije ngo ‘ese nagusura’, ndavuga nti ‘ngwino’.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibyo byakorwaga na Muhoozi byose yumvaga ko ntawundi ubiri inyuma atari umubyeyi we Museveni.

Ati “Nahise niyumvisha mu myumvire yanjye ko Perezida wa Uganda ari inyuma y’ubwo butumwa. Ntabwo nigeze nemera ko Muhoozi ari we uri kubikora ku giti cye.”

Muhoozi ubwo yasuraga u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu yahagiriye mu mpera za Mutarama 2022, nyuma y’iminsi micye u Rwanda rwatangaje ko kuva tariki 31 Mutarama Umupaka wa Gatuna uzafungurwa.

Icyo gihe u Rwanda rwavugaga ko iki cyemezo gishingiye ku cyizere cy’ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Muhoozi muri urwo ruzinduko rwe rwa mbere yari yagiriye mu Rwanda.

Muri ibi birori by’isabukuru ya Muhoozi byabaye ku Cyumweru tariki 24 Mata 2022, Perezida Kagame yavuze ko Muhoozi yagize uruhare rukomeye mu kubyutsa umubano w’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Niba kongera kunga ubumwe bwa Uganda n’u Rwanda byari bigukeneye [Muhoozi] ukaba icyambu, tubishimiye imana.”

Mu butumwa bwatangajwe na Museveni kuri uyu wa Mbere, yavuze ko “Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka bahuriyeho maremare. Ni inshuti kuva cyera.”

Mu kwezi gushize kwa Werurwe 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yagarutse mu Rwanda yongera kugirana ibiganiro na Perezida Pauk Kagame ndetse icyo gihe umukuru w’u Rwanda ari kumwe na bamwe mu bana be bajyana n’uyu muhungu wa Museveni mu rwuri aho yanamugabiye Inka z’Inyambo.

Icyo gihe Muhoozi asubiye muri Uganda, yongeye gushimira Perezida Paul Kagame kuba yamugabiye, ndetse no kuba yaramuhaye amahirwe yo kugira ngo agire uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda.

 

Yaragukoresheje ngo ugarure inshuti zacu

Mu ijambo yavugiye muri ibi birori, Janet Museveni yavuze ko kuva cyera yatoje umuhungu we Muhoozi guhora yizera Imana kandi akagendera mu nzira zayo.

Ati “Narakubwira Muhoozi ko ugomba kubaho ibyo ukora byose ugomba gukunda Imana b’umutima wawe wose kandi ukayubaha kandi ukayikorera.”

Yavuze ko mu gihe cya vuba Imana “Yaragukoresheje [Muhoozi] mu kutugarurira inshuti zacu kugira ngo dusangire.”

Janet Museveni yavuze ko Imana itigeze itererana umuryango wabo kandi ko yabibasezeranyije.

Perezida Yoweri Museveni washimiye Perezida Kagame kuba yitabiriye ibirori by’isabukuru ya Muhoozi, yavuze ko uyu muhungu wabo ari impano bahawe mu bihe byari bigoye ubwo Uganda yari ifite ibibazo by’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Ni urusaku nk’abasinzi basindiye mu isoko- Evode avuga ku bamagana amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza

Next Post

Amajyepfo: Abarokotse bahabwa inkunga y’ingoboka bavuga ko itakijyanye n’uko ibiciro bihagaze ku isoko

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umugore wakubiswe na mugenzi we wo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo kumusanga avugana n’umugabo we...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

12/05/2025
Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amajyepfo: Abarokotse bahabwa inkunga y’ingoboka bavuga ko itakijyanye n’uko ibiciro bihagaze ku isoko

Amajyepfo: Abarokotse bahabwa inkunga y’ingoboka bavuga ko itakijyanye n’uko ibiciro bihagaze ku isoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.