Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye uko Muhoozi yunze u Rwanda na Uganda abanje gushakisha nimero ye

radiotv10by radiotv10
26/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye uko Muhoozi yunze u Rwanda na Uganda abanje gushakisha nimero ye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul yavuze ko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yagize uruhare mu gutuma umubano w’u Rwanda na Uganda uzahuka ubwo yashakaga uburyo baganira, agahita yumva ko biri gukorwa n’umubyeyi we Museveni.

Perezida Kagame washimiye Muhoozi Kainerugaba wamutumiye mu birori by’isabukuru ye, yavuze ko yaje ku mpamvu ebyiri zikomeye.

Ati “Iya mbere ni ukwishimana n’ababyeyi bawe, umuryango wawe, inshuti zawe; mu isabukuru yawe. Icya kabiri ni ibyishimo byo kugaruka hano nyuma y’imyaka ine cyangwa itanu ntaza muri Uganda.”

Yakomeje ashimira Muhoozi, avuga ko “yaba ari ibizwi, ibyavuzwe, byaba ari ukuri; ariko imyaka 48 yakoreshejwe neza, ikindi kandi ntagushidikanya ko indi myaka myinshi tumwifuriza kubaho azayikoresha neza kurushaho.”

Flash Uganda News ivuga ko muri iri jambo rya Perezida Kagame yavugiye mu birori by’isabukuru ya Muhoozi, yavuze ko nubwo muri kiriya gihe Ibihugu byombi byari bifitanye ibibazo ndetse umupaka wabyo ufunze ariko yari afite icyizere ko bizarangira.

Yagize ati “Twari dufite imbogamizi hagati y’Ibihugu byacu ariko iteka niyumvishaga ko ari iby’igihe guto.”

Yavuze ko Muhoozi yagize uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda, ndetse ko ari we wabanje kwifuza ko baganira.

Ati “Muhoozi anyuze mu nhuti yabonye nimero yanjye, anyandikira ubutumwa ubundi turavugana. Ndemera. Yarambajije ngo ‘ese nagusura’, ndavuga nti ‘ngwino’.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibyo byakorwaga na Muhoozi byose yumvaga ko ntawundi ubiri inyuma atari umubyeyi we Museveni.

Ati “Nahise niyumvisha mu myumvire yanjye ko Perezida wa Uganda ari inyuma y’ubwo butumwa. Ntabwo nigeze nemera ko Muhoozi ari we uri kubikora ku giti cye.”

Muhoozi ubwo yasuraga u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu yahagiriye mu mpera za Mutarama 2022, nyuma y’iminsi micye u Rwanda rwatangaje ko kuva tariki 31 Mutarama Umupaka wa Gatuna uzafungurwa.

Icyo gihe u Rwanda rwavugaga ko iki cyemezo gishingiye ku cyizere cy’ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Muhoozi muri urwo ruzinduko rwe rwa mbere yari yagiriye mu Rwanda.

Muri ibi birori by’isabukuru ya Muhoozi byabaye ku Cyumweru tariki 24 Mata 2022, Perezida Kagame yavuze ko Muhoozi yagize uruhare rukomeye mu kubyutsa umubano w’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Niba kongera kunga ubumwe bwa Uganda n’u Rwanda byari bigukeneye [Muhoozi] ukaba icyambu, tubishimiye imana.”

Mu butumwa bwatangajwe na Museveni kuri uyu wa Mbere, yavuze ko “Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka bahuriyeho maremare. Ni inshuti kuva cyera.”

Mu kwezi gushize kwa Werurwe 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yagarutse mu Rwanda yongera kugirana ibiganiro na Perezida Pauk Kagame ndetse icyo gihe umukuru w’u Rwanda ari kumwe na bamwe mu bana be bajyana n’uyu muhungu wa Museveni mu rwuri aho yanamugabiye Inka z’Inyambo.

Icyo gihe Muhoozi asubiye muri Uganda, yongeye gushimira Perezida Paul Kagame kuba yamugabiye, ndetse no kuba yaramuhaye amahirwe yo kugira ngo agire uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda.

 

Yaragukoresheje ngo ugarure inshuti zacu

Mu ijambo yavugiye muri ibi birori, Janet Museveni yavuze ko kuva cyera yatoje umuhungu we Muhoozi guhora yizera Imana kandi akagendera mu nzira zayo.

Ati “Narakubwira Muhoozi ko ugomba kubaho ibyo ukora byose ugomba gukunda Imana b’umutima wawe wose kandi ukayubaha kandi ukayikorera.”

Yavuze ko mu gihe cya vuba Imana “Yaragukoresheje [Muhoozi] mu kutugarurira inshuti zacu kugira ngo dusangire.”

Janet Museveni yavuze ko Imana itigeze itererana umuryango wabo kandi ko yabibasezeranyije.

Perezida Yoweri Museveni washimiye Perezida Kagame kuba yitabiriye ibirori by’isabukuru ya Muhoozi, yavuze ko uyu muhungu wabo ari impano bahawe mu bihe byari bigoye ubwo Uganda yari ifite ibibazo by’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − twelve =

Previous Post

Ni urusaku nk’abasinzi basindiye mu isoko- Evode avuga ku bamagana amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza

Next Post

Amajyepfo: Abarokotse bahabwa inkunga y’ingoboka bavuga ko itakijyanye n’uko ibiciro bihagaze ku isoko

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amajyepfo: Abarokotse bahabwa inkunga y’ingoboka bavuga ko itakijyanye n’uko ibiciro bihagaze ku isoko

Amajyepfo: Abarokotse bahabwa inkunga y’ingoboka bavuga ko itakijyanye n’uko ibiciro bihagaze ku isoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.