Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye uko Muhoozi yunze u Rwanda na Uganda abanje gushakisha nimero ye

radiotv10by radiotv10
26/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye uko Muhoozi yunze u Rwanda na Uganda abanje gushakisha nimero ye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul yavuze ko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yagize uruhare mu gutuma umubano w’u Rwanda na Uganda uzahuka ubwo yashakaga uburyo baganira, agahita yumva ko biri gukorwa n’umubyeyi we Museveni.

Perezida Kagame washimiye Muhoozi Kainerugaba wamutumiye mu birori by’isabukuru ye, yavuze ko yaje ku mpamvu ebyiri zikomeye.

Ati “Iya mbere ni ukwishimana n’ababyeyi bawe, umuryango wawe, inshuti zawe; mu isabukuru yawe. Icya kabiri ni ibyishimo byo kugaruka hano nyuma y’imyaka ine cyangwa itanu ntaza muri Uganda.”

Yakomeje ashimira Muhoozi, avuga ko “yaba ari ibizwi, ibyavuzwe, byaba ari ukuri; ariko imyaka 48 yakoreshejwe neza, ikindi kandi ntagushidikanya ko indi myaka myinshi tumwifuriza kubaho azayikoresha neza kurushaho.”

Flash Uganda News ivuga ko muri iri jambo rya Perezida Kagame yavugiye mu birori by’isabukuru ya Muhoozi, yavuze ko nubwo muri kiriya gihe Ibihugu byombi byari bifitanye ibibazo ndetse umupaka wabyo ufunze ariko yari afite icyizere ko bizarangira.

Yagize ati “Twari dufite imbogamizi hagati y’Ibihugu byacu ariko iteka niyumvishaga ko ari iby’igihe guto.”

Yavuze ko Muhoozi yagize uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda, ndetse ko ari we wabanje kwifuza ko baganira.

Ati “Muhoozi anyuze mu nhuti yabonye nimero yanjye, anyandikira ubutumwa ubundi turavugana. Ndemera. Yarambajije ngo ‘ese nagusura’, ndavuga nti ‘ngwino’.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibyo byakorwaga na Muhoozi byose yumvaga ko ntawundi ubiri inyuma atari umubyeyi we Museveni.

Ati “Nahise niyumvisha mu myumvire yanjye ko Perezida wa Uganda ari inyuma y’ubwo butumwa. Ntabwo nigeze nemera ko Muhoozi ari we uri kubikora ku giti cye.”

Muhoozi ubwo yasuraga u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu yahagiriye mu mpera za Mutarama 2022, nyuma y’iminsi micye u Rwanda rwatangaje ko kuva tariki 31 Mutarama Umupaka wa Gatuna uzafungurwa.

Icyo gihe u Rwanda rwavugaga ko iki cyemezo gishingiye ku cyizere cy’ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Muhoozi muri urwo ruzinduko rwe rwa mbere yari yagiriye mu Rwanda.

Muri ibi birori by’isabukuru ya Muhoozi byabaye ku Cyumweru tariki 24 Mata 2022, Perezida Kagame yavuze ko Muhoozi yagize uruhare rukomeye mu kubyutsa umubano w’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Niba kongera kunga ubumwe bwa Uganda n’u Rwanda byari bigukeneye [Muhoozi] ukaba icyambu, tubishimiye imana.”

Mu butumwa bwatangajwe na Museveni kuri uyu wa Mbere, yavuze ko “Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka bahuriyeho maremare. Ni inshuti kuva cyera.”

Mu kwezi gushize kwa Werurwe 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yagarutse mu Rwanda yongera kugirana ibiganiro na Perezida Pauk Kagame ndetse icyo gihe umukuru w’u Rwanda ari kumwe na bamwe mu bana be bajyana n’uyu muhungu wa Museveni mu rwuri aho yanamugabiye Inka z’Inyambo.

Icyo gihe Muhoozi asubiye muri Uganda, yongeye gushimira Perezida Paul Kagame kuba yamugabiye, ndetse no kuba yaramuhaye amahirwe yo kugira ngo agire uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda.

 

Yaragukoresheje ngo ugarure inshuti zacu

Mu ijambo yavugiye muri ibi birori, Janet Museveni yavuze ko kuva cyera yatoje umuhungu we Muhoozi guhora yizera Imana kandi akagendera mu nzira zayo.

Ati “Narakubwira Muhoozi ko ugomba kubaho ibyo ukora byose ugomba gukunda Imana b’umutima wawe wose kandi ukayubaha kandi ukayikorera.”

Yavuze ko mu gihe cya vuba Imana “Yaragukoresheje [Muhoozi] mu kutugarurira inshuti zacu kugira ngo dusangire.”

Janet Museveni yavuze ko Imana itigeze itererana umuryango wabo kandi ko yabibasezeranyije.

Perezida Yoweri Museveni washimiye Perezida Kagame kuba yitabiriye ibirori by’isabukuru ya Muhoozi, yavuze ko uyu muhungu wabo ari impano bahawe mu bihe byari bigoye ubwo Uganda yari ifite ibibazo by’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 3 =

Previous Post

Ni urusaku nk’abasinzi basindiye mu isoko- Evode avuga ku bamagana amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza

Next Post

Amajyepfo: Abarokotse bahabwa inkunga y’ingoboka bavuga ko itakijyanye n’uko ibiciro bihagaze ku isoko

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amajyepfo: Abarokotse bahabwa inkunga y’ingoboka bavuga ko itakijyanye n’uko ibiciro bihagaze ku isoko

Amajyepfo: Abarokotse bahabwa inkunga y’ingoboka bavuga ko itakijyanye n’uko ibiciro bihagaze ku isoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.