Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Inzego zimwe z’Ingabo z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Inzego zimwe z’Ingabo z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yagize Maj Gen Alex Kagame; Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara anashyiraho Umuyobozi Mushya wa Diviziyo ya mbere.

Ni impinduka zatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

Uretse Maj Gen Alex Kagame wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutaba, Perezida Kagame yanagize Maj Gen Andrew Kagame Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere mu Ngabo z’u Rwanda. Ni ukuvuga Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba.

Maj Gen Alex Kagame wahawe inshingano nshya, yari aherutse kurangiza inshingano zo kuba Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano ziri mu Butumwa muri Mazambique, aho yazisoje mu ntangiro za Nzeri, asimbuwe Maj Gen Emmanuel Ruvusha.

Agiye kuri uyu mwanya w’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, asimbuye Maj Gen (Rtd) Frank Mugambage wanigeze kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda.

Maj Gen Alex Kagame uri mu basirikare bagize uruhare mu rugamba rwo Kwibohora, yanagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, nko kuba yarayoboye Itsinda ry’Ingabo zirinda Abayobozi Bakuru.

Maj Gen Alex Kagame, mbere yuko yoherezwa kuyobora Inzego z’Umutekano z’u Rwanda muri Mozambique, yagiye ayobora Diviziyo zinyuranye, nk’iya Gatatu [Mu Ntara y’Iburangerazuba] ari na yo yayoboraga mbere yo koherezwa, akaba yaranayoboye Diviziyo ya Kane [Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo] ndetse n’iya kabiri [Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyaruguru].

Ni mu gihe Maj Gen Andrew Kagame we wagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya mbere, yari asanzwe Umugaba Mukuru Wungirije w’Inkeragutabara.

Uyu mwanya wo kuyobora Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba, yawusimbuyeho Maj Gen Emmanuel Ruvusha wasimbuye Maj Gen Alex Kagame ku nshingano zo kuba Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano muri Mozambique, baherutse guhererekanya ububasha mu ntangiro z’ukwezi gushize kwa Nzeri 2024.

Maj Gen Alex Kagame yagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara
Maj Gen Andrew Kagame yagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya mbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Mobile Money Rwanda Ltd Celebrates Customer Service Week by Announcing BivaMoMotima Grand Prize Winners During Car Handover

Next Post

Abamaze kwitaba Imana bazize Marburg mu Rwanda biyongereye: Menya uko indi mibare iteye

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30
IMYIDAGADURO

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamaze kwitaba Imana bazize Marburg mu Rwanda biyongereye: Menya uko indi mibare iteye

Abamaze kwitaba Imana bazize Marburg mu Rwanda biyongereye: Menya uko indi mibare iteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.