Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Inzego zimwe z’Ingabo z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Inzego zimwe z’Ingabo z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yagize Maj Gen Alex Kagame; Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara anashyiraho Umuyobozi Mushya wa Diviziyo ya mbere.

Ni impinduka zatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

Uretse Maj Gen Alex Kagame wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutaba, Perezida Kagame yanagize Maj Gen Andrew Kagame Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere mu Ngabo z’u Rwanda. Ni ukuvuga Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba.

Maj Gen Alex Kagame wahawe inshingano nshya, yari aherutse kurangiza inshingano zo kuba Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano ziri mu Butumwa muri Mazambique, aho yazisoje mu ntangiro za Nzeri, asimbuwe Maj Gen Emmanuel Ruvusha.

Agiye kuri uyu mwanya w’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, asimbuye Maj Gen (Rtd) Frank Mugambage wanigeze kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda.

Maj Gen Alex Kagame uri mu basirikare bagize uruhare mu rugamba rwo Kwibohora, yanagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, nko kuba yarayoboye Itsinda ry’Ingabo zirinda Abayobozi Bakuru.

Maj Gen Alex Kagame, mbere yuko yoherezwa kuyobora Inzego z’Umutekano z’u Rwanda muri Mozambique, yagiye ayobora Diviziyo zinyuranye, nk’iya Gatatu [Mu Ntara y’Iburangerazuba] ari na yo yayoboraga mbere yo koherezwa, akaba yaranayoboye Diviziyo ya Kane [Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo] ndetse n’iya kabiri [Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyaruguru].

Ni mu gihe Maj Gen Andrew Kagame we wagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya mbere, yari asanzwe Umugaba Mukuru Wungirije w’Inkeragutabara.

Uyu mwanya wo kuyobora Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba, yawusimbuyeho Maj Gen Emmanuel Ruvusha wasimbuye Maj Gen Alex Kagame ku nshingano zo kuba Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano muri Mozambique, baherutse guhererekanya ububasha mu ntangiro z’ukwezi gushize kwa Nzeri 2024.

Maj Gen Alex Kagame yagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara
Maj Gen Andrew Kagame yagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya mbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + eighteen =

Previous Post

Mobile Money Rwanda Ltd Celebrates Customer Service Week by Announcing BivaMoMotima Grand Prize Winners During Car Handover

Next Post

Abamaze kwitaba Imana bazize Marburg mu Rwanda biyongereye: Menya uko indi mibare iteye

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamaze kwitaba Imana bazize Marburg mu Rwanda biyongereye: Menya uko indi mibare iteye

Abamaze kwitaba Imana bazize Marburg mu Rwanda biyongereye: Menya uko indi mibare iteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.