Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Inzego zimwe z’Ingabo z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Inzego zimwe z’Ingabo z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yagize Maj Gen Alex Kagame; Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara anashyiraho Umuyobozi Mushya wa Diviziyo ya mbere.

Ni impinduka zatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

Uretse Maj Gen Alex Kagame wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutaba, Perezida Kagame yanagize Maj Gen Andrew Kagame Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere mu Ngabo z’u Rwanda. Ni ukuvuga Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba.

Maj Gen Alex Kagame wahawe inshingano nshya, yari aherutse kurangiza inshingano zo kuba Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano ziri mu Butumwa muri Mazambique, aho yazisoje mu ntangiro za Nzeri, asimbuwe Maj Gen Emmanuel Ruvusha.

Agiye kuri uyu mwanya w’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, asimbuye Maj Gen (Rtd) Frank Mugambage wanigeze kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda.

Maj Gen Alex Kagame uri mu basirikare bagize uruhare mu rugamba rwo Kwibohora, yanagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, nko kuba yarayoboye Itsinda ry’Ingabo zirinda Abayobozi Bakuru.

Maj Gen Alex Kagame, mbere yuko yoherezwa kuyobora Inzego z’Umutekano z’u Rwanda muri Mozambique, yagiye ayobora Diviziyo zinyuranye, nk’iya Gatatu [Mu Ntara y’Iburangerazuba] ari na yo yayoboraga mbere yo koherezwa, akaba yaranayoboye Diviziyo ya Kane [Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo] ndetse n’iya kabiri [Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyaruguru].

Ni mu gihe Maj Gen Andrew Kagame we wagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya mbere, yari asanzwe Umugaba Mukuru Wungirije w’Inkeragutabara.

Uyu mwanya wo kuyobora Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba, yawusimbuyeho Maj Gen Emmanuel Ruvusha wasimbuye Maj Gen Alex Kagame ku nshingano zo kuba Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano muri Mozambique, baherutse guhererekanya ububasha mu ntangiro z’ukwezi gushize kwa Nzeri 2024.

Maj Gen Alex Kagame yagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara
Maj Gen Andrew Kagame yagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya mbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + thirteen =

Previous Post

Mobile Money Rwanda Ltd Celebrates Customer Service Week by Announcing BivaMoMotima Grand Prize Winners During Car Handover

Next Post

Abamaze kwitaba Imana bazize Marburg mu Rwanda biyongereye: Menya uko indi mibare iteye

Related Posts

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda announces that the Democratic Republic of Congo (DRC) should not attribute to Rwanda any cross-border violations...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda
MU RWANDA

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

10/12/2025
U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamaze kwitaba Imana bazize Marburg mu Rwanda biyongereye: Menya uko indi mibare iteye

Abamaze kwitaba Imana bazize Marburg mu Rwanda biyongereye: Menya uko indi mibare iteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.