Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana no guteza imbere umubano n’Igihugu cye.
Ni mu butumwa Umukuru w’u Rwanda yatanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Mutarama 2026, nyuma y’iminsi micye Mamadi Doumbouya atsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu.
Perezida Kagame yagize ati “Ndashimira umuvandimwe wanjye, Perezida Mamadi Doumbouya ku bwo gutorwa nka Perezida wa Repubulika ya Guinea.”
Umukuru w’Igihugu yizeje mugenzi we wa Guinea ko u Rwanda rwiteguye gukomeza gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’Ibihugu byombi ndetse guteza imbere imikoranire, mu rwego rwo guteza imbere ubukungu bw’Ibihugu byombi.
Perezida Kagame na mugenzi we Mamadi Doumbouya basanzwe bafitanye ubucuti bwihariye, aho bombi buri umwe yagiye agirira ingendo muri buri Gihugu mu rwego rwo guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi n’ubucuti bwabo.
Mu ntangiro za Gicurasi umwaka ushize wa 2025, Perezida Mamadi Doumbouya na Madamu we Lauriane Doumbouya, bagiriye uruzinduko mu Rwanda, banakiriwemo na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame mu rwuri rwabo ruherereye i Kibugabuga mu Karere ka Bugesera.
Muri Gicurasi 2024, Perezida Kagame na we yakiriwe na mugenzi we Mamadi Doumbouya, na we ukunze kumwita umuvandimwe akaba n’inshuti ye.
Muri Kanama 2024, ubwo Perezida Kagame yarahiriraga kongera kuyobora u Rwanda nyuma yo gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu, Perezida Mamadi Doumbouya yari umwe mu banyacyubahiro baje kwifatanya na we n’Abanyarwanda muri biriya birori.




RADIOTV10










