Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

radiotv10by radiotv10
05/01/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana no guteza imbere umubano n’Igihugu cye.

Ni mu butumwa Umukuru w’u Rwanda yatanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Mutarama 2026, nyuma y’iminsi micye Mamadi Doumbouya atsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Perezida Kagame yagize ati “Ndashimira umuvandimwe wanjye, Perezida Mamadi Doumbouya ku bwo gutorwa nka Perezida wa Repubulika ya Guinea.”

Umukuru w’Igihugu yizeje mugenzi we wa Guinea ko u Rwanda rwiteguye gukomeza gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’Ibihugu byombi ndetse guteza imbere imikoranire, mu rwego rwo guteza imbere ubukungu bw’Ibihugu byombi.

Perezida Kagame na mugenzi we Mamadi Doumbouya basanzwe bafitanye ubucuti bwihariye, aho bombi buri umwe yagiye agirira ingendo muri buri Gihugu mu rwego rwo guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi n’ubucuti bwabo.

Mu ntangiro za Gicurasi umwaka ushize wa 2025, Perezida Mamadi Doumbouya  na Madamu we Lauriane Doumbouya, bagiriye uruzinduko mu Rwanda, banakiriwemo na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame mu rwuri rwabo ruherereye i Kibugabuga mu Karere ka Bugesera.

Muri Gicurasi 2024, Perezida Kagame na we yakiriwe na mugenzi we Mamadi Doumbouya, na we ukunze kumwita umuvandimwe akaba n’inshuti ye.

Muri Kanama 2024, ubwo Perezida Kagame yarahiriraga kongera kuyobora u Rwanda nyuma yo gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu, Perezida Mamadi Doumbouya yari umwe mu banyacyubahiro baje kwifatanya na we n’Abanyarwanda muri biriya birori.

Mamadi Doumbouya muri 2024 yitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Kagame

Umwaka ushize kandi Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye Mamadi Doumbouya na Madamu we mu rwuri rwabo mu Bugesera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + ten =

Previous Post

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Next Post

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.