Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye zirimo ibyatangijwe na Guverinoma ya Qatar ndetse n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, ariko ko byose bitaragera ku musaruro wifuzwa nubwo hari ibiri gukorwa.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje none tariki 12 Gicurasi mu kiganiro yatangiye i Abidjan muri Côte d’Ivoire, ubwo yabazwaga ku biganiro bihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigamije gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.

Perezida Kagame avuga ko hari intambwe ziri guterwa yaba mu biganiro bya Qatar ndetse n’ibya Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’ibyo ku rwego rwa Afurika, ariko byose bitaragera ku ntambwe yifuzwa.

Ati “Ndetse n’ubu tuvugana yaba ari Qatar cyangwa Leta Zunze Ubumwe za America, ntabwo twavuga ko twageze ahifuzwa, buri wese ari kugerageza.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko nubwo hari ubushake bw’ibi Bihugu birimo gushaka uburyo byakemura ibibazo bihari, ariko ubushake bwa mbere bugomba kuva mu barebwa n’ibyo bibazo.

Uwari uyoboye iki kiganiro yavuze ko akurikije intambwe imaze guterwa kuva Guverinoma ya Qatar n’iya Leta Zunze Ubumwe zakwinjira muri ubu buhuza, hari intambwe yatewe kurusha uko byari bimeze ubwo byari biyobowe n’Imiryango yo ku rwego rw’Umugabane wa Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko hari n’intambwe yatewe ku Mugabane wa Afurika nk’uko n’ubundi hari ibigenda bigerwaho n’uyu Mugabane ubwawo.

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho gutanga urugero rw’ibyo Umugabane wa Afurika ugenda ukora biri mu nyungu zawo, kandi bigenda bitanga umusaruro, ariko byose biva mu bushake bw’abantu baba bumva ko hari ibyo bageraho bibavuyemo.

Ati “N’iyo urebye ibiriho bikorwa ku Mugabane wacu, hari intambwe nyinshi zatewe ndakeka ko tutakwirengagiza ibyakozwe, yaba ari iby’amavugurura, mbona ko Abanyafurika bagenda bashyira hamwe, bagenda bavuga rumwe kandi hari intambwe ishimishije ijyenda iterwa.”

Perezida Kagame yavuze ko iryo terambere ryagiye rigerwaho mu binyacumi bicye bitambutse, binagaragariza Umugabane wa Afurika ko hari byinshi wagakwiye gukora bitari byarakozwe mbere.

Yatanze urugero ry’urwego rw’ubutumwa bw’amahoro n’umutekano ku rwego rwa Afurika Yunze Ubumwe, rwaterwaga inkunga n’amahanga ijana ku ijana, kandi ayo mahanga na yo ubu akaba afite ibyo bibazo agomba guhangana nabyo, bityo ko Umugabane wa Afurika wari ukwiye kwishakamo ubushobozi bwo gutera inkunga ibi bikorwa biba bikenewe, udategereje inkunga z’amahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − four =

Previous Post

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

Next Post

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.