Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Yanamwakiriye ku meza

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda wakiriye mugenzi we Paul Kagame ku meza bakanagirana ibiganiro, yamushimiye kuba yitabiriye ubutumire bw’umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba wizihije isabukuru y’amavuko.

Kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022, Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’amateka muri Uganda nyuma y’imyaka ine adaheruka muri iki Gihugu cyari kimaze igihe kitabanye neza n’u Rwanda kubera ibikorwa bibi cyarukoreraga birimo gushyigikira abarwanya ubuyobozi bwarwo.

Perezida Kagame wagiye muri Uganda yitabiriye ibirori by’isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yakiriwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wari kumwe na Madamu we Janet Museveni ndetse na Muhoozi, bagirana ibiganiro.

Museveni yashimiye Perezida Paul Kagame kuba yagendereye Uganda, akaza no mu birori bya Muhoozi.

Mu butumwa bwe, Museveni yagize ati “Nakiriye nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku meza mu birori bya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba. Ndifuza gushimira Nyakubahwa Kagame kuba yaremeye ubutumire bwa Lt Gen Muhoozi kandi akaza gusura Uganda nyuma y’imyaka ataza.”

Museveni kandi yatangaje ko we na Perezida Kagame bagiranye ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo iby’umutekano mu karere ndetse n’imikoranire y’Ibihugu byombi.

Perezida Paul Kagame yaherukaga guhurira na Museveni muri Kenya tariki 08 z’uku kwezi ubwo bombi bitabiraga isinywa ry’amasezerano yo kwakira byeruye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Bahuye nyuma y’igihe gito Ibihugu byubuye ubucuti nyuma y’uko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agiriye uruzinduko mu Rwanda, akagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame byatanze umusaruro mu kuzahura umubano w’ibi Bihugu wari umaze igihe urimo igitotsi.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wagize uruhare rukomeye ku ruhande rwa Uganda mu kuzahura uyu mubano, yagendereye u Rwanda inshuro ebyiri aho ubwo aheruka mu Rwanda mu kwezi gushize, yanagabiwe Inka na Perezida Paul Kagame akunze kwita “my uncle”.

Muhoozi usanzwe ari umwe mu basirikare bakomeye muri Uganda, wanatumiye Perezida Paul Kagame muri ibi birori yitabiriye, yujuje imyaka 48 y’amavuko, akaba yatangaje ko impamvu yagize iyi sabukuru iy’agatangaza ari uko ibaye mu gihe Uganda n’u Rwanda bifitanye umubano mwiza.

Perezida Museveni ari kumwe na Madamu bakiriye Perezida Kagame
Yamushimiye kuba yagendereye Uganda nyuma y’imyaka

Bagiranye ibiganiro
Yanamwakiriye ku meza
Ni mu isabukuru ya Muhoozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yageze muri Uganda mu ruzinduko rw’amateka no mu isabukuru ya Muhoozi

Next Post

Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.