Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Yanamwakiriye ku meza

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda wakiriye mugenzi we Paul Kagame ku meza bakanagirana ibiganiro, yamushimiye kuba yitabiriye ubutumire bw’umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba wizihije isabukuru y’amavuko.

Kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022, Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’amateka muri Uganda nyuma y’imyaka ine adaheruka muri iki Gihugu cyari kimaze igihe kitabanye neza n’u Rwanda kubera ibikorwa bibi cyarukoreraga birimo gushyigikira abarwanya ubuyobozi bwarwo.

Perezida Kagame wagiye muri Uganda yitabiriye ibirori by’isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yakiriwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wari kumwe na Madamu we Janet Museveni ndetse na Muhoozi, bagirana ibiganiro.

Museveni yashimiye Perezida Paul Kagame kuba yagendereye Uganda, akaza no mu birori bya Muhoozi.

Mu butumwa bwe, Museveni yagize ati “Nakiriye nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku meza mu birori bya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba. Ndifuza gushimira Nyakubahwa Kagame kuba yaremeye ubutumire bwa Lt Gen Muhoozi kandi akaza gusura Uganda nyuma y’imyaka ataza.”

Museveni kandi yatangaje ko we na Perezida Kagame bagiranye ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo iby’umutekano mu karere ndetse n’imikoranire y’Ibihugu byombi.

Perezida Paul Kagame yaherukaga guhurira na Museveni muri Kenya tariki 08 z’uku kwezi ubwo bombi bitabiraga isinywa ry’amasezerano yo kwakira byeruye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Bahuye nyuma y’igihe gito Ibihugu byubuye ubucuti nyuma y’uko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agiriye uruzinduko mu Rwanda, akagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame byatanze umusaruro mu kuzahura umubano w’ibi Bihugu wari umaze igihe urimo igitotsi.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wagize uruhare rukomeye ku ruhande rwa Uganda mu kuzahura uyu mubano, yagendereye u Rwanda inshuro ebyiri aho ubwo aheruka mu Rwanda mu kwezi gushize, yanagabiwe Inka na Perezida Paul Kagame akunze kwita “my uncle”.

Muhoozi usanzwe ari umwe mu basirikare bakomeye muri Uganda, wanatumiye Perezida Paul Kagame muri ibi birori yitabiriye, yujuje imyaka 48 y’amavuko, akaba yatangaje ko impamvu yagize iyi sabukuru iy’agatangaza ari uko ibaye mu gihe Uganda n’u Rwanda bifitanye umubano mwiza.

Perezida Museveni ari kumwe na Madamu bakiriye Perezida Kagame
Yamushimiye kuba yagendereye Uganda nyuma y’imyaka

Bagiranye ibiganiro
Yanamwakiriye ku meza
Ni mu isabukuru ya Muhoozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + nine =

Previous Post

Perezida Kagame yageze muri Uganda mu ruzinduko rw’amateka no mu isabukuru ya Muhoozi

Next Post

Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

Related Posts

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

IZIHERUKA

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm
IMYIDAGADURO

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

09/12/2025
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.