Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Yanamwakiriye ku meza

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda wakiriye mugenzi we Paul Kagame ku meza bakanagirana ibiganiro, yamushimiye kuba yitabiriye ubutumire bw’umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba wizihije isabukuru y’amavuko.

Kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022, Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’amateka muri Uganda nyuma y’imyaka ine adaheruka muri iki Gihugu cyari kimaze igihe kitabanye neza n’u Rwanda kubera ibikorwa bibi cyarukoreraga birimo gushyigikira abarwanya ubuyobozi bwarwo.

Perezida Kagame wagiye muri Uganda yitabiriye ibirori by’isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yakiriwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wari kumwe na Madamu we Janet Museveni ndetse na Muhoozi, bagirana ibiganiro.

Museveni yashimiye Perezida Paul Kagame kuba yagendereye Uganda, akaza no mu birori bya Muhoozi.

Mu butumwa bwe, Museveni yagize ati “Nakiriye nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku meza mu birori bya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba. Ndifuza gushimira Nyakubahwa Kagame kuba yaremeye ubutumire bwa Lt Gen Muhoozi kandi akaza gusura Uganda nyuma y’imyaka ataza.”

Museveni kandi yatangaje ko we na Perezida Kagame bagiranye ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo iby’umutekano mu karere ndetse n’imikoranire y’Ibihugu byombi.

Perezida Paul Kagame yaherukaga guhurira na Museveni muri Kenya tariki 08 z’uku kwezi ubwo bombi bitabiraga isinywa ry’amasezerano yo kwakira byeruye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Bahuye nyuma y’igihe gito Ibihugu byubuye ubucuti nyuma y’uko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agiriye uruzinduko mu Rwanda, akagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame byatanze umusaruro mu kuzahura umubano w’ibi Bihugu wari umaze igihe urimo igitotsi.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wagize uruhare rukomeye ku ruhande rwa Uganda mu kuzahura uyu mubano, yagendereye u Rwanda inshuro ebyiri aho ubwo aheruka mu Rwanda mu kwezi gushize, yanagabiwe Inka na Perezida Paul Kagame akunze kwita “my uncle”.

Muhoozi usanzwe ari umwe mu basirikare bakomeye muri Uganda, wanatumiye Perezida Paul Kagame muri ibi birori yitabiriye, yujuje imyaka 48 y’amavuko, akaba yatangaje ko impamvu yagize iyi sabukuru iy’agatangaza ari uko ibaye mu gihe Uganda n’u Rwanda bifitanye umubano mwiza.

Perezida Museveni ari kumwe na Madamu bakiriye Perezida Kagame
Yamushimiye kuba yagendereye Uganda nyuma y’imyaka

Bagiranye ibiganiro
Yanamwakiriye ku meza
Ni mu isabukuru ya Muhoozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + fourteen =

Previous Post

Perezida Kagame yageze muri Uganda mu ruzinduko rw’amateka no mu isabukuru ya Muhoozi

Next Post

Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.