Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

radiotv10by radiotv10
05/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye ku iterambere rihuriweho.

Ibi Perezida w’agateganyo Delcy Rodriguez yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki ya 04 Mutarama 2026, agaragaza imvugo y’ubwiyunge kuva ingabo za America zafata Nicolas Maduro, Perezida w’iki Gihugu gikungahaye ku mavuta.

Mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Perezida w’agateganyo Delcy Rodriguez yavuze ko guverinoma ayoboye iri gushyira imbere intambwe iganisha ku mubano ushingiye ku bwubahane na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, n’ubwo mbere yari yanenze igitero cyabaye ku wa Gatandatu, agaragaza ko icyo gikorwa kinyuranyije n’amategeko kigamije kwigarurira umutungo kamere w’igihugu.

Rodriguez yagize ati: “Turahamagarira guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukorana natwe ku murongo w’ubufatanye ugamije iterambere rihuriweho, hubahirijwe amategeko mpuzamahanga, hagamijwe gushimangira imibereho ihamye n’imibanire myiza y’abaturage.”

Yakomeje agira ati: “Perezida Donald Trump, abaturage bacu n’akarere kacu bakeneye amahoro n’ibiganiro aho gukenera intambara.”

Ibyo Rodriguez yabivuze nyuma y’uko kuri iki Cyumweru na bwo Trump abwiye abanyamakuru ko ashobora gutegeka ikindi gitero, mu gihe Venezuela yaba itemeye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bikorwa byo gufungura urwego rw’inganda z’amavuta no guhagarika icuruzwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge.

Aya magambo ya Trump yayatangaje mu gihe kuri uyu wa Mbere biteganyijwe ko Nicolas Maduro aza kwitaba urukiko rwa Leta ya Amerika i New York.

Maduro yatawe muri yombi mu gitero cy’ingabo za Amerika cyabaye ku wa Gatandatu i Caracas, cyateje impungenge ku rwego mpuzamahanga kandi gisiga Venezuela mu bihe by’ubwoba n’igihirahiro ku kigiye gukurikiraho.

Abayobozi buyobowe na Trump bagaragaje ko ifatwa rya Maduro ryakozwe nk’igikorwa cy’ubutabera kigamije kumubaza ku byaha ashinjwa, hashingiwe ku birego byatanzwe mu 2020 bimushinja kugira umugambi w’iterabwoba rishingiye ku icuruzwa ry’ibiyobyabwenge (narco-terrorism).

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Next Post

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

Related Posts

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

by radiotv10
05/01/2026
0

Hagaragaye amashusho agaragaza Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro n'umugore we Cilia Flores bacungiwe umutekano n’abapolisi bajyanywe mu Rukiko rw’i New...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

by radiotv10
05/01/2026
0

Amakuru dukesha kimwe mu binyamakuru byo mu Burundi, aravuga ko iki Gihugu kimaze kohereza abasirikare bakabakaba ibihumbi 30 muri Repubulika...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

IZIHERUKA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko
AMAHANGA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

05/01/2026
Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

05/01/2026
Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.