Perezida wa Misiri, Abdel Fattah al-Sisi yasabye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump guhagarika intambara yashoye kuri Iran, kuko ari we wenyine ufite ubwo bushobozi.
Abdel Fattah al-Sisi yabitangaje kuri uyu wa Mbere mu nama yabereye i Cairo ku bijyanye n’ingufu, aho yavuze ko iyi ntambara ya Iran nikomeza ishobora gutuma ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bitumbagira bikarenga $200 ku kagunguru.
Mu butumwa busa n’ubusaba, Sisi yagize ati “Ndakubwira rwose wowe Trump: Ntawundi muntu ushobora guhagarika intambara muri iki Kigobe. Ndakwingize Perezida, ndakwinginze, hagarika iyi ntambara. Ufite ubushobozi bwo kubikora.”
Misiri ni kimwe mu Bihugu bimaze iminsi bihabwa inkunga n’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, kikaba cyaranamaganye ibitero byagabwe kuri Iran, kinasaba ko habaho ibiganiro mu gushaka umuti.
Abdel Fattah al-Sisi yatangaje ko iyi ntambara izateza ibibazo byo mu buryo bubiri, birimo ibura ry’ibikoresho ndetse n’izamuka ry’ibiciro.
Yagize ati “Mfite impungenge ko ibikorwa remezo by’ingufu, bizagirwaho ingaruka zikomeye ku bukungu bw’isi ndetse no ku biciro by’ibikomoka kui peteroli. Igiciro cy’akagunguru ka Peteroli gashobora kurenga $200 kandi ntabwo ari ugukabya.”
Sisi kandi yatanze umuburo ko hashobora no kubaho ikibazo cy’ubwikorezi bw’ibiribwa, ndetse n’ihungabana ry’ubuhinzi nk’ubwikorezi bw’ifumbire, bikazatera izamuka rikabije ry’ibiribwa.
Ati “Ibihugu bikize bishobora kugira uburyo bubyitwaramo, ariko ku bihugu bifite ubukungu buciriritse n’ibikennye cyane, bishobora kuzagura n’ikibazo gikomeye.”
RADIOTV10










