Monday, March 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi

radiotv10by radiotv10
30/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Misiri, Abdel Fattah al-Sisi yasabye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump guhagarika intambara yashoye kuri Iran, kuko ari we wenyine ufite ubwo bushobozi.

Abdel Fattah al-Sisi yabitangaje kuri uyu wa Mbere mu nama yabereye i Cairo ku bijyanye n’ingufu, aho yavuze ko iyi ntambara ya Iran nikomeza ishobora gutuma ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bitumbagira bikarenga $200 ku kagunguru.

Mu butumwa busa n’ubusaba, Sisi yagize ati “Ndakubwira rwose wowe Trump: Ntawundi muntu ushobora guhagarika intambara muri iki Kigobe. Ndakwingize Perezida, ndakwinginze, hagarika iyi ntambara. Ufite ubushobozi bwo kubikora.”

Misiri ni kimwe mu Bihugu bimaze iminsi bihabwa inkunga n’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, kikaba cyaranamaganye ibitero byagabwe kuri Iran, kinasaba ko habaho ibiganiro mu gushaka umuti.

Abdel Fattah al-Sisi yatangaje ko iyi ntambara izateza ibibazo byo mu buryo bubiri, birimo ibura ry’ibikoresho ndetse n’izamuka ry’ibiciro.

Yagize ati “Mfite impungenge ko ibikorwa remezo by’ingufu, bizagirwaho ingaruka zikomeye ku bukungu bw’isi ndetse no ku biciro by’ibikomoka kui peteroli. Igiciro cy’akagunguru ka Peteroli gashobora kurenga $200 kandi ntabwo ari ugukabya.”

Sisi kandi yatanze umuburo ko hashobora no kubaho ikibazo cy’ubwikorezi bw’ibiribwa, ndetse n’ihungabana ry’ubuhinzi nk’ubwikorezi bw’ifumbire, bikazatera izamuka rikabije ry’ibiribwa.

Ati “Ibihugu bikize bishobora kugira uburyo bubyitwaramo, ariko ku bihugu bifite ubukungu buciriritse n’ibikennye cyane, bishobora kuzagura n’ikibazo gikomeye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 2 =

Previous Post

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

Related Posts

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
30/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ibitero byagabwe n’uruhande bahanganye mu gace ka Shanji muri Teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Epfo, byahitanye...

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

by radiotv10
26/03/2026
0

Leta ya Israel yatangaje ko yishe umuyobozi mukuru w’ingabo zirwanira mu mazi za Iran, Alireza Tangsiri, wavugwaga ko ari we...

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

by radiotv10
26/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America,  Donald Trump, yavuze ko Iran ishishikajwe cyane no kugirana n’Igihugu cye amasezerano yo...

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

by radiotv10
26/03/2026
0

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Werurwe 2026, Perezida Paul Kagame yasezeranyije Abayisilamu bo mu Rwanda ko ikibazo cy’ubutaka...

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

by radiotv10
24/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahanganye byumwihariko umutwe wa Wazalendo rwagabye ibitero muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu...

IZIHERUKA

Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi
AMAHANGA

Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi

by radiotv10
30/03/2026
0

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

30/03/2026
Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

30/03/2026
Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

30/03/2026
Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

30/03/2026
Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

30/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.