Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Raporo y’imikoreshereze y’inguzanyo za IMF igeze he?

radiotv10by radiotv10
02/09/2021
in MU RWANDA
0
Raporo y’imikoreshereze y’inguzanyo za IMF igeze he?
Share on FacebookShare on Twitter

N’ubwo hashize amezi atatu (3) ku gihe ntarengwa ngo u Rwanda na IMF bemeranije ko bagomba kugaragaza raporo ku mikoreshereze y’amafaranga asaga miliyoni 200 z’amadolari ya Amerika u Rwanda rwahawe mu mujyo wo kurwanya COVID-19, umugenzuzi mukuru w’imari ya leta avuga ko atigeze asabwa gukora iyi raporo.

Umwaka wa 2020 warangiye  ikigenga mpuzamahanga cy’imari (IMF) gihaye u Rwanda miliyoni 220.06 z’amadolari ya Amerika, angana na miliyari 216,453,216,000.

Aka kayabo kinjiye mu Rwanda mu mujyo wo guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ku mibereho y’abaturage. Gusa mu kwezi k’Ukuboza 2020, IMF yagaragaje ko u Rwanda rwabemereye ko aya mafaranga azakoreshwa neza kubera ko ngo amasoko ya leta asigaye atangirwa ku ikoranabuhanga. Ndetse ngo n’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta azakoresha ubwigenge bwe akora igenzura ry’imikoreshereze yayo ndetse bemeranya ko igomba gutangwa bitarenze ukwezi kwa Gicurasi 2021.

Nyuma y’amezi atatu arenze ku gihe ntarengwa cyo kugaragaza iyi raporo, Obadiah Biraro, umugenzuzi mukuru w’imari n’umutungo bya leta yabwiye RadioTV10 ko abafite inyungu muri iyo raporo ari IMF na Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN).

Abajijwe niba hari urwego rwaba rwarigeze rumusaba gukora iryo genzura yavuze ko yakoze raporo y’imikoreshereze y’umutungo wa leta muri rusange.

“Tariki 11 Gicurasi 2021, umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yatanze raporo mu nteko ( inteko ishingamategeko) bayijyaho impaka amasaha atatu. Igisubizo cyoroshye ni uko umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yatanze raporo y’ingengo y’imari ya leta yose yakoreshejwe.” Biraro

Obadiah Biraro umugenzuzi mukuru w’imari n’umutungo bya leta 

Obadiah Biraro abajijwe niba raporo kuri iyi mikoreshereze y’inguzanyo u Rwanda rwahawe na IMF ishobora gukorwa mu buryo butandukanye n’iyatanzwe ku ngengo y’imari y’igihugu, yavuze ko ibyo bigomba kubazwa Minisiteri y’imari n’igenamigambi kubera ko ari yo yiyemeje icyo gikorwa.

N’ubwo bagaragaza ko raporo y’aya mafaranga ishobora kuba ikubiye mu yatanzwe mu mikoreshereze y’imari n’umutungo bya leta y’umwaka wa 2020/2021, umwaka wanarangiranye n’itariki ya 31 Kamena 2020.

Icyiciro cya nyuma cy’amafaranga angana na miliyoni 111.06 z’amadolari ya Amerika IMF yahaye u Rwanda yatanzwe kuya 11 Kamena 2020 kandi umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yivugira ko raporo y’imikoreshereze y’imari ya leta yayitanze kuya 11 Gicurasi 2021.

Ibi bivuze ko ishobora kuba itarimo aya mafaranga yakiriwe mu kwezi kwa Kamena. Kuri iyi ngingo twagerageje kubaza Minisiteri y’imari n’igenamigambi, niba ibyo bemereye IMF bikubiye muri iyi raporo ariko ntibyakunze nka RadioTv10 tubibonera igisubizo.

Inkuru ya Nzabonimpa David/RadioTv10 Rwanda

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 2 =

Previous Post

DR CONGO: Igisasu cyaturikiye rwagati mu baturage umwe ahasiga ubuzima abandi 6 barakomereka

Next Post

10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.