Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Raporo y’imikoreshereze y’inguzanyo za IMF igeze he?

radiotv10by radiotv10
02/09/2021
in MU RWANDA
0
Raporo y’imikoreshereze y’inguzanyo za IMF igeze he?
Share on FacebookShare on Twitter

N’ubwo hashize amezi atatu (3) ku gihe ntarengwa ngo u Rwanda na IMF bemeranije ko bagomba kugaragaza raporo ku mikoreshereze y’amafaranga asaga miliyoni 200 z’amadolari ya Amerika u Rwanda rwahawe mu mujyo wo kurwanya COVID-19, umugenzuzi mukuru w’imari ya leta avuga ko atigeze asabwa gukora iyi raporo.

Umwaka wa 2020 warangiye  ikigenga mpuzamahanga cy’imari (IMF) gihaye u Rwanda miliyoni 220.06 z’amadolari ya Amerika, angana na miliyari 216,453,216,000.

Aka kayabo kinjiye mu Rwanda mu mujyo wo guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ku mibereho y’abaturage. Gusa mu kwezi k’Ukuboza 2020, IMF yagaragaje ko u Rwanda rwabemereye ko aya mafaranga azakoreshwa neza kubera ko ngo amasoko ya leta asigaye atangirwa ku ikoranabuhanga. Ndetse ngo n’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta azakoresha ubwigenge bwe akora igenzura ry’imikoreshereze yayo ndetse bemeranya ko igomba gutangwa bitarenze ukwezi kwa Gicurasi 2021.

Nyuma y’amezi atatu arenze ku gihe ntarengwa cyo kugaragaza iyi raporo, Obadiah Biraro, umugenzuzi mukuru w’imari n’umutungo bya leta yabwiye RadioTV10 ko abafite inyungu muri iyo raporo ari IMF na Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN).

Abajijwe niba hari urwego rwaba rwarigeze rumusaba gukora iryo genzura yavuze ko yakoze raporo y’imikoreshereze y’umutungo wa leta muri rusange.

“Tariki 11 Gicurasi 2021, umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yatanze raporo mu nteko ( inteko ishingamategeko) bayijyaho impaka amasaha atatu. Igisubizo cyoroshye ni uko umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yatanze raporo y’ingengo y’imari ya leta yose yakoreshejwe.” Biraro

Obadiah Biraro umugenzuzi mukuru w’imari n’umutungo bya leta 

Obadiah Biraro abajijwe niba raporo kuri iyi mikoreshereze y’inguzanyo u Rwanda rwahawe na IMF ishobora gukorwa mu buryo butandukanye n’iyatanzwe ku ngengo y’imari y’igihugu, yavuze ko ibyo bigomba kubazwa Minisiteri y’imari n’igenamigambi kubera ko ari yo yiyemeje icyo gikorwa.

N’ubwo bagaragaza ko raporo y’aya mafaranga ishobora kuba ikubiye mu yatanzwe mu mikoreshereze y’imari n’umutungo bya leta y’umwaka wa 2020/2021, umwaka wanarangiranye n’itariki ya 31 Kamena 2020.

Icyiciro cya nyuma cy’amafaranga angana na miliyoni 111.06 z’amadolari ya Amerika IMF yahaye u Rwanda yatanzwe kuya 11 Kamena 2020 kandi umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yivugira ko raporo y’imikoreshereze y’imari ya leta yayitanze kuya 11 Gicurasi 2021.

Ibi bivuze ko ishobora kuba itarimo aya mafaranga yakiriwe mu kwezi kwa Kamena. Kuri iyi ngingo twagerageje kubaza Minisiteri y’imari n’igenamigambi, niba ibyo bemereye IMF bikubiye muri iyi raporo ariko ntibyakunze nka RadioTv10 tubibonera igisubizo.

Inkuru ya Nzabonimpa David/RadioTv10 Rwanda

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

DR CONGO: Igisasu cyaturikiye rwagati mu baturage umwe ahasiga ubuzima abandi 6 barakomereka

Next Post

10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.