Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Raporo y’ubushakashatsi bwa PEPFAR igaragaza ko umubare w’abangavu bandura SIDA uzamuka

radiotv10by radiotv10
24/09/2021
in MU RWANDA
0
Raporo y’ubushakashatsi bwa PEPFAR igaragaza ko umubare w’abangavu bandura SIDA uzamuka
Share on FacebookShare on Twitter

 

N’ubwo Leta y’u Rwanda ifite intego yo kuba yaranduye burundu ubwandu bushya bw’icyorezo cya SIDA, ubushakashatsi bugaragaza ko umubare w’abakobwa b’abangavu bandura virus ya SIDA uri hejuru, ugereranije n’ingimbi.

Ibi bikubiye mu bushakashatsi bwakozwe na Leta y’u Rwanda biciye Gahunda ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yo kurwanya SIDA (PEPFAR), Ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gishinzwe kugenzura no gukumira indwara z’ibyorezo (CDC), n’Umushinga wa Kaminuza ya Columbia ushinzwe kurwanya virusi itera SIDA (ICAP), bukamurikwa ku mugaragaro tariki 22 Ukwakira 2019.

Ubu bushakshatsi bwagaragaje ko abangavu bari mu kigero cy’imyaka 20 na 24 bandura virus itera SIDA ari 1.8% bakaba bikubye inshuro zirenga eshatu abahungu kuko bo ari 0.6%.

Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko abantu bari hagati y’imyaka 15 na 64 bafite Virusi itera SIDA umubare wabo utagabanutse kuko ukiri ku gipimo cya 3%,  ibishatse kuvuga ko babarirwa mu bihumbi 210, igipimo kitahindutse kuko no mu mwaka w’2015 bari ku gipimo cya 3%. Ni mu gihe abari hagati y’imyaka 15-49 bari ku gipimo cya 2.6%.

Image

Raporo y’ubushakashatsi bwa PEPFAR igaragaza ko umubare w’abangavu bandura SIDA uzamuka

Mu kiganiro yagejeje ku banyamakuru bibumbiye mu ishyirahamwe ry’abanyamakuru barwanya AIDS “ABASIRWA” bari mu mahugurwa y’iminsi itatu ari kubera mu karere ka Musanze mu ntara y’Amajyaruguru guhera kuwa 22 – 24 Nzeri 2021, Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC” Nyirinkindi Aime Ernest ashingiye kuri ubu bushakashatsi, yavuze ko hari icyizere ko intego u Rwanda rwihaye inahuriweho na gahunda y’umuryango w’abibumbye yo kurwanya SIDA, UNAIDS ya 2020, yo kuba muri uwo mwaka 90% by’abanduye Virus itera SIDA bagomba kuba bazi ko banduye, 90% by’aba bazi ko banduye bakaba bari ku miti igabanya ubukana, n’aba 90% by’abari ku miti bakaba baramanuye virus mu maraso yabo ku buryo batabasha kwanduza abandi, ngo ibi bitanga icyizere ko mu mwaka 2030 SIDA izaba itagifite ubukana ku butaka bw’u Rwanda.

Ati” Niyo mpamvu dukoresha uburyo bwose bushoboka ngo abantu basobanukirwe neza gutandukanya Virus itera SIDA na SIDA ubwayo, kuko binafasha benshi gufunguka nabo ubwabo bakadufasha muri uru rugamba.”

Image

 DR.Nyirinkindi Aime Ernest umukozi mu kigo cy’igihugu kita ku buzima (RBC)

Ashingiye kuri ubu bushakashatsi bwakozwe mu mwaka w’2019, Dr. Nyirinkindi yavuze ko abantu bakuru bari hagati y’imyaka 15-64 bandura Virus itera SIDA ku mwaka bari ku gipimo cya 0.8%, muri iki kigero abagore bandura Virusi itera SIDA ku mwaka mu Rwanda bakaba bari ku gipimo cya 3.7%, abagabo bakaba ku gipimo cya 2.2%, mu gihe abari hagati y’imyaka 10-14 bari ku gipimo cya 0.4%.

Ati:” Mu bakuze bafite virusi itera Sida, 76% bigaragara ko igenda igabanuka mu maraso aho abagore bari ku kigero cya 79.1% naho abagabo kuri 70.5%. Ibi biterwa no kuba  igipimo cy’abafata imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA igenda yiyongera.”

Icyakora n’ubwo imibare igaragaza ko imibare y’abandura Virus itera SIDA igenda imanuka, na none iyo bigeze mu bantu bakuru bari mu kigero cy’imyaka hagati ya 55 na 59, abagabo bandura ku mwaka baza ku gipimo kiri hejuru ugereranyije n’abagore bari muri iyo myaka, kuko abagabo 7.4%.

Image

Igishushanyo kigaragaza uko imibare y’ubwandu yari ihagaze mu 2019

Ibi bituma urugamba rwo guhangana n’icyorezo cya SIDA rurushaho gukomera, kuko abakarurwanye aribo bibasiwe cyane ahubwo.

Ubu bushakashatsi bwakozwe hagati ya Werurwe 2018 na Kanama 2019 ku bantu basaga ibihumbi 30,  bari mu kigero cy’imyaka 16 na 65 n’abarenga ibihumbi icyenda bari hagati y’imyaka 10-14, bukorwa mu ngo zirenga ibihumbi 11.

Image

Igishushanyo kigaragaza uko ubwandu bwa Virusi itera SIDA buhagaze mu bice by’ingenzi bigize u Rwanda

Bwanagaragaje ko ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA bwiganje mu Mujyi wa Kigali ku gipimo cya 4.3%, Intara y’Uburengerazuba iri kuri 3%, Uburasirazuba n’Amajyepfo biri kuri 2.9%  mu gihe Amajyaruguru ari kuri 2.2%. Bivuze ko mu Mijyi buri ku gipimo cya 4.8% naho mu byaro kuri 2.5%.

Inkuru ya Assoumani TWAHIRWA/Radio&TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + fourteen =

Previous Post

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Mozambique

Next Post

UGANDA: Bright Anukani yasinye muri Vipers SC ya Robertinho

Related Posts

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

by radiotv10
08/12/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko batewe impungenge n’icyorezo cy’uburwayi kiri kubibasira, ndetse...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

by radiotv10
08/12/2025
0

Kigali has always been a city of ambition, but over the last decade, a new kind of dream has taken...

IZIHERUKA

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha
MU RWANDA

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UGANDA: Bright Anukani yasinye muri Vipers SC ya Robertinho

UGANDA: Bright Anukani yasinye muri Vipers SC ya Robertinho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.