Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu : Babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo kubera kubura ibiribwa

radiotv10by radiotv10
20/07/2021
in MU RWANDA
0
Rubavu : Babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo kubera kubura ibiribwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Rubavu hari abaturage bazindukiye mu gisa n’imyigaragambyo bavuga ko ikijyanye n’inkunga y’ibiribwa ihabwa abatishoboye bayumva ku maradiyo gusa bityo iwabo batazi impamvu itaratangira. Ubuyobozi bwo bukavuga ko umuti atari ukwigaragambya kuko ufite ikibazo agomba kukigeza kubuyobozi tifashishije umurongo utishyurwa.

Mu masaha ya Satatu za mugitondo hari abaturage bo mu murenge wa Rubavu ahitwa Byahi bazindukiye mu mihanda. Bamwe bafite ibitiyo bavuga ko bagiye ku ndege gushaka akazi abandi bigabije imihanda baravuga ko badashobora ku guma mu rugo ari nko kubajomba ihwa mu rubavu kuko ngo inzara ibamereye nabi.

Umwe muri bo yagizeati :”Nibatumenyere ibyo kurya natwe twicare mu nzu twirinde icyorezo, ntabwo ari uko tuziko kidahari, kirahari. Ariko twicare tukirinde no mu nda hameze neza, nonese turajya kukirinda munda hameze nabi? Ntabwo bishoboka.”

Aba baturage banegura inzego z’ibanze bakavuga ko hashobora kuba hari abatangiye guhabwa ibiryo mu buryo bw’ibanga banavuga ko kandi no mu bihe byahise izi nzego zagiye zikoresha icyenewabo cyangwa ikimenyane mu kugena umuturage uhabwa ubu bufasha.

Umwe muri aba baganiraga n’umunyamakuru wa RADIOTV10 yagize ati ”Bahereza abaturage bazi twebwe bakatwima, wowe kuko mutaziranye akakubwira ngo mpereza amafaranga nanjye nguhereze, agaha umuryango we twebwe akatwima tugapfira mu nzu”

Umunyamakuru amubajije ibyo bakoze niba Atari ugusuzugura ubuyobozi, yasubije agira ati:”Ntabwo ari ukubasuzugura ni inzara. Nonese waguma mu nzu ukicwa n’inzara?”

Ubuyobozi bw’aka karere ka Rubavu  buvuga ko gahunda yo gutanga ibiribwa yatangiye. Gusa aho umunyamakuru wa Radio na TV10 yabashije kugera muri aka kagari, nta rugo na rumwe yabonye rwafashijwe ngo rube rwahabwa ibyo kurya.

Abaturage bo mu karere ka Rubavu ntibumva ukuntu inkunga y’ibiribwa itagera kuri bose

Ishimwe Pacifique umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage avuga ko kwishora mu mihanda atari umuti wakemura ikibazo cyabo.

“Umuturage ushonje ashobora kuduhamagara, inzego z’ibanze zimuri hafi zikamugeraho,….Ariko igisubizo ntabwo ari ukujya mu muhanda”

Kugeza ubu, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko imiryango biteganijwe ko izahabwa ibiribwa igera ku bihumbi 13 n’ubwo ishobora no kwiyongera.

Inkuru ya : Danton Gasigwa/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − two =

Previous Post

Kigali: Ingo zigera ku bihumbi 210 nizo zigomba guhabwa ibyo kurya

Next Post

Uburezi: Mu banyeshuri barenga ibihumbi 100 batangiye ibizamini, 100 muri bo barwaya COVID-19

Related Posts

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya
FOOTBALL

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uburezi: Mu banyeshuri barenga ibihumbi 100 batangiye ibizamini, 100 muri bo barwaya COVID-19

Uburezi: Mu banyeshuri barenga ibihumbi 100 batangiye ibizamini, 100 muri bo barwaya COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.