Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu : Babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo kubera kubura ibiribwa

radiotv10by radiotv10
20/07/2021
in MU RWANDA
0
Rubavu : Babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo kubera kubura ibiribwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Rubavu hari abaturage bazindukiye mu gisa n’imyigaragambyo bavuga ko ikijyanye n’inkunga y’ibiribwa ihabwa abatishoboye bayumva ku maradiyo gusa bityo iwabo batazi impamvu itaratangira. Ubuyobozi bwo bukavuga ko umuti atari ukwigaragambya kuko ufite ikibazo agomba kukigeza kubuyobozi tifashishije umurongo utishyurwa.

Mu masaha ya Satatu za mugitondo hari abaturage bo mu murenge wa Rubavu ahitwa Byahi bazindukiye mu mihanda. Bamwe bafite ibitiyo bavuga ko bagiye ku ndege gushaka akazi abandi bigabije imihanda baravuga ko badashobora ku guma mu rugo ari nko kubajomba ihwa mu rubavu kuko ngo inzara ibamereye nabi.

Umwe muri bo yagizeati :”Nibatumenyere ibyo kurya natwe twicare mu nzu twirinde icyorezo, ntabwo ari uko tuziko kidahari, kirahari. Ariko twicare tukirinde no mu nda hameze neza, nonese turajya kukirinda munda hameze nabi? Ntabwo bishoboka.”

Aba baturage banegura inzego z’ibanze bakavuga ko hashobora kuba hari abatangiye guhabwa ibiryo mu buryo bw’ibanga banavuga ko kandi no mu bihe byahise izi nzego zagiye zikoresha icyenewabo cyangwa ikimenyane mu kugena umuturage uhabwa ubu bufasha.

Umwe muri aba baganiraga n’umunyamakuru wa RADIOTV10 yagize ati ”Bahereza abaturage bazi twebwe bakatwima, wowe kuko mutaziranye akakubwira ngo mpereza amafaranga nanjye nguhereze, agaha umuryango we twebwe akatwima tugapfira mu nzu”

Umunyamakuru amubajije ibyo bakoze niba Atari ugusuzugura ubuyobozi, yasubije agira ati:”Ntabwo ari ukubasuzugura ni inzara. Nonese waguma mu nzu ukicwa n’inzara?”

Ubuyobozi bw’aka karere ka Rubavu  buvuga ko gahunda yo gutanga ibiribwa yatangiye. Gusa aho umunyamakuru wa Radio na TV10 yabashije kugera muri aka kagari, nta rugo na rumwe yabonye rwafashijwe ngo rube rwahabwa ibyo kurya.

Abaturage bo mu karere ka Rubavu ntibumva ukuntu inkunga y’ibiribwa itagera kuri bose

Ishimwe Pacifique umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage avuga ko kwishora mu mihanda atari umuti wakemura ikibazo cyabo.

“Umuturage ushonje ashobora kuduhamagara, inzego z’ibanze zimuri hafi zikamugeraho,….Ariko igisubizo ntabwo ari ukujya mu muhanda”

Kugeza ubu, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko imiryango biteganijwe ko izahabwa ibiribwa igera ku bihumbi 13 n’ubwo ishobora no kwiyongera.

Inkuru ya : Danton Gasigwa/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 1 =

Previous Post

Kigali: Ingo zigera ku bihumbi 210 nizo zigomba guhabwa ibyo kurya

Next Post

Uburezi: Mu banyeshuri barenga ibihumbi 100 batangiye ibizamini, 100 muri bo barwaya COVID-19

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uburezi: Mu banyeshuri barenga ibihumbi 100 batangiye ibizamini, 100 muri bo barwaya COVID-19

Uburezi: Mu banyeshuri barenga ibihumbi 100 batangiye ibizamini, 100 muri bo barwaya COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.