Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

radiotv10by radiotv10
07/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, avuga ko yishinganisha kubera amakuru yatanze yanatumye bamwe mu bayobozi b’inzego z’Umudugudu wabo bahagarikwa, bigakurikirwa no kwitwa uwigometse.

Mu mwaka ushize wa 2024, RADIOTV10 yaganiriye n’abaturage batuye mu Midugudu ya Runaba na Gisangani mu Kagari ka Bisizi, mu Murenge wa Nyakiliba mu Karere ka Rubavu ku kibazo cy’uko bakwagwa ruswa n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze kugira ngo bubake ariko nabwo ngo bikarangira zimwe nzu zisenywe.

Nyuma y’aho gato bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze barimo n’Umukuru w’Umudugudu wa Runaba barahagaritswe.

Munyentwari Alphonse ni umwe muri abo baturage utuye mu Mudugudu wa Runaba, ushinja uwahoze ari Umukuru w’Umudugudu kumuteranya ku buyobozi bushya ngo akitwa igihazi [umuntu wananiranye] mu buryo we afata nko kumwihimuraho kubera amakuru yatanze.

Ati “Bashyizeho abashya turabishima ariko uwo wavuyeho akomeza kumpiga akagenda anteranya mu Mudugudu ngo ndi igihazi, rero mwankorera ubuvugizi ntazapfa ntazi icyo nzira kuko nk’ubu polisi yaza ishaka abanditswe mu bihazi ugasanga barantwaye kandi ntari igihazi.”

Abaturanyi b’uyu muturage bahamya ko nta myitwarire yo kunanirana bamuziho. Havuginote Evariste ati “Nk’umuturanyi nta by’ubuhazi tumuziho kuko akorera abaturage bakamuhemba bakurikije ibyo yabakoreye kubera ko atunzwe n’akazi ko gucukura amabuye.”

Sebishyimbo Cyprien wahoze ayobora Umudugudu wa Runaba utuwemo n’uyu muturage, yahakanye ibyo amushinja anavuga ko yaba ashaka kumuharabika.

Ati “Izo nkuru aho azivana simpazi rwose ni ugushaka kumparabika kandi turaturanye nta n’icyo twapfaga gusa yaraje arandeba, nako ni miturire wampamagaye ngo ari kwa Munyentwari ndamubwira nti ‘niba ariho uri rero mumushakire akarima k’igikoni’, ubwo rero niba hari ibyo batumvikanyeho nibyo ari guheraho avuga ko namwise igihazi kandi ntiyiba sinabeshya.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiliba, Tuyishime Jean Bosco Naho yasabye uyu muturage kwegera inzego akazigaragariza iki kibazo.

Ati “Ntabwo igihazi cyemezwa n’umuntu umwe ahubwo we niba afite ikibazo azaze tumufashe kuko ubuyobozi bw’u Rwanda ntabwo burangirira mu Mudugudu.”

Munyentwari Alphonse avuga ko amakuru yatanze akomeje kumugiraho ingaruka
Abaturanyi be bavuga ko nta ngeso mbi bamuziho

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + seven =

Previous Post

Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe

Next Post

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Related Posts

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

by radiotv10
11/07/2025
0

Itsinda ry’intumwa 18 ziturutse muri Uganda zoherejwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kampala, zasuye Polisi y’u Rwanda, zishima ikoranabuhanga ryifashishwa n’uru rwego...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Rwanda n’uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari i Doha muri Qatar ahabera ibiganiro bihuza Guverinoma ya...

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

by radiotv10
11/07/2025
0

President Paul Kagame has been honored with an award by the World Health Organization (WHO) for his leadership in advocating...

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

IZIHERUKA

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha
MU RWANDA

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

11/07/2025
BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

11/07/2025
Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

11/07/2025
Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

11/07/2025
Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.