Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ibyo bakunze gusabwa gucikaho baracyabikora ariko nabo ngo ni amaburakindi

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ibyo bakunze gusabwa gucikaho baracyabikora ariko nabo ngo ni amaburakindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu, bararana n’amatungo magufi mu nzu arimo n’azwiho kugira umwanda ukabije nk’ingurube, mu gihe Inzego z’ubuyobozi zidahwema gusaba abantu kubicikaho, ariko bo bakavuga ko na bo bitabanezeza ahubwo ko ari ukubera ubujura bw’aya matungo bwakajije umurego.

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Nyamyumba na Nyundo, babwiye RADIOTV10 ko na bo bataba bishimiye kurarana n’amatungo mu nzu kuko babizi ko bitera umwanda ndetse byanavamo indwara zinyuranye, ariko ko babona nta kundi babigenza.

Umuturage witwa Maombi utuye mu Murenge wa Nyundo, avuga ko afite itungo yaragijwe n’umugiraneza kugira ngo niribyara bazagabane, bityo ko atatinyuka kuriraza hanze, kuko bahita baritwara.

Yagize ati “None se ninkaraza hanze bakakajyana nzamwishyura ibyo nkuye he? Iyi nzu ya Leta bampaye se ni yo nzamubwira ngo ayijyane?”

Undi muturage wo mu Murenge wa Nyamyumva, na we yagize ati “Aho uryamye ni ho ukaraza, none se wajya kurara mu mwanda ufite amahoro? Uvuze ngo nayubakiye iiikoni ntabwo wayitunga baraza bakayitwara.”

Aba baturage bavuga ko n’iyi itungo wariraza mu yindi nzu batararamo, abajura baza bakayitobora, ku buryo babona ntakindi bari gukora uretse kujya bararana na yo mu nzu, gusa bakagira icyo basaba Leta.

Umwe ati “Turasaba ko Leta yakurikirana ibyo bisambo nk’abo basore bakabashakira n’imyuga abaturage bakabona icyo kurya cyabo.”

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko bagiye kurushaho gufatanya n’aba baturage kugira ngo icyo kibazo kibatera kurarana n’amatungo gicike burundu.

Ati “Ntabwo ari igisubizo kiva ku buyobozi gusa, ahubwo tugifatanya n’abo baturage kuko igisubizo kiri ku marondo kandi abaturage ubwabo ni bo barara amarondo, nibo bafite ayo matungo, ni na bo bicara ubwabo bagapanga uko barahagarika ubwo bujura cyangwa bakabukumira, naho ubundi niba bibwa bafite ukuri ariko nanone bamenye y’uko ikibazo kiri hafi yabo kandi bagifite mu bushobozi.”

Ingingo y’umutekano w’ibintu n’abantu iri mu byagarutsweho na raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB yo mu kwezi k’Ukwakira 2023 igaragaza ko urwego rw’umutekano rukiri ku isonga mu kwizerwa n’abaturage ku manota 93,63% mu gihe rwari kuri 95.53% umwaka umwe mbere yaho bivuze ko rwasubiye inyuma 1.90%.

Iyi raporo igaragaza ko uku gusubira inyuma gukomoka ku mutekano w’ibintu wizewe n’abaturage ku kigero cya 69.80% bivuye kuri 86.61%.

N’ingurube izwiho kugira umwanda mwinshi bayiraza mu nzu
Bavuga ko na bo ari amaburakindi

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Ntimugatinye ibitumbaraye- Perezida Kagame yahumurije Abanyarwanda ku bimaze iminsi biriho

Next Post

Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

Related Posts

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

IZIHERUKA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore
IMIBEREHO MYIZA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.