Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ibyo bakunze gusabwa gucikaho baracyabikora ariko nabo ngo ni amaburakindi

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ibyo bakunze gusabwa gucikaho baracyabikora ariko nabo ngo ni amaburakindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu, bararana n’amatungo magufi mu nzu arimo n’azwiho kugira umwanda ukabije nk’ingurube, mu gihe Inzego z’ubuyobozi zidahwema gusaba abantu kubicikaho, ariko bo bakavuga ko na bo bitabanezeza ahubwo ko ari ukubera ubujura bw’aya matungo bwakajije umurego.

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Nyamyumba na Nyundo, babwiye RADIOTV10 ko na bo bataba bishimiye kurarana n’amatungo mu nzu kuko babizi ko bitera umwanda ndetse byanavamo indwara zinyuranye, ariko ko babona nta kundi babigenza.

Umuturage witwa Maombi utuye mu Murenge wa Nyundo, avuga ko afite itungo yaragijwe n’umugiraneza kugira ngo niribyara bazagabane, bityo ko atatinyuka kuriraza hanze, kuko bahita baritwara.

Yagize ati “None se ninkaraza hanze bakakajyana nzamwishyura ibyo nkuye he? Iyi nzu ya Leta bampaye se ni yo nzamubwira ngo ayijyane?”

Undi muturage wo mu Murenge wa Nyamyumva, na we yagize ati “Aho uryamye ni ho ukaraza, none se wajya kurara mu mwanda ufite amahoro? Uvuze ngo nayubakiye iiikoni ntabwo wayitunga baraza bakayitwara.”

Aba baturage bavuga ko n’iyi itungo wariraza mu yindi nzu batararamo, abajura baza bakayitobora, ku buryo babona ntakindi bari gukora uretse kujya bararana na yo mu nzu, gusa bakagira icyo basaba Leta.

Umwe ati “Turasaba ko Leta yakurikirana ibyo bisambo nk’abo basore bakabashakira n’imyuga abaturage bakabona icyo kurya cyabo.”

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko bagiye kurushaho gufatanya n’aba baturage kugira ngo icyo kibazo kibatera kurarana n’amatungo gicike burundu.

Ati “Ntabwo ari igisubizo kiva ku buyobozi gusa, ahubwo tugifatanya n’abo baturage kuko igisubizo kiri ku marondo kandi abaturage ubwabo ni bo barara amarondo, nibo bafite ayo matungo, ni na bo bicara ubwabo bagapanga uko barahagarika ubwo bujura cyangwa bakabukumira, naho ubundi niba bibwa bafite ukuri ariko nanone bamenye y’uko ikibazo kiri hafi yabo kandi bagifite mu bushobozi.”

Ingingo y’umutekano w’ibintu n’abantu iri mu byagarutsweho na raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB yo mu kwezi k’Ukwakira 2023 igaragaza ko urwego rw’umutekano rukiri ku isonga mu kwizerwa n’abaturage ku manota 93,63% mu gihe rwari kuri 95.53% umwaka umwe mbere yaho bivuze ko rwasubiye inyuma 1.90%.

Iyi raporo igaragaza ko uku gusubira inyuma gukomoka ku mutekano w’ibintu wizewe n’abaturage ku kigero cya 69.80% bivuye kuri 86.61%.

N’ingurube izwiho kugira umwanda mwinshi bayiraza mu nzu
Bavuga ko na bo ari amaburakindi

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Ntimugatinye ibitumbaraye- Perezida Kagame yahumurije Abanyarwanda ku bimaze iminsi biriho

Next Post

Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.