Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ibyo bakunze gusabwa gucikaho baracyabikora ariko nabo ngo ni amaburakindi

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ibyo bakunze gusabwa gucikaho baracyabikora ariko nabo ngo ni amaburakindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu, bararana n’amatungo magufi mu nzu arimo n’azwiho kugira umwanda ukabije nk’ingurube, mu gihe Inzego z’ubuyobozi zidahwema gusaba abantu kubicikaho, ariko bo bakavuga ko na bo bitabanezeza ahubwo ko ari ukubera ubujura bw’aya matungo bwakajije umurego.

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Nyamyumba na Nyundo, babwiye RADIOTV10 ko na bo bataba bishimiye kurarana n’amatungo mu nzu kuko babizi ko bitera umwanda ndetse byanavamo indwara zinyuranye, ariko ko babona nta kundi babigenza.

Umuturage witwa Maombi utuye mu Murenge wa Nyundo, avuga ko afite itungo yaragijwe n’umugiraneza kugira ngo niribyara bazagabane, bityo ko atatinyuka kuriraza hanze, kuko bahita baritwara.

Yagize ati “None se ninkaraza hanze bakakajyana nzamwishyura ibyo nkuye he? Iyi nzu ya Leta bampaye se ni yo nzamubwira ngo ayijyane?”

Undi muturage wo mu Murenge wa Nyamyumva, na we yagize ati “Aho uryamye ni ho ukaraza, none se wajya kurara mu mwanda ufite amahoro? Uvuze ngo nayubakiye iiikoni ntabwo wayitunga baraza bakayitwara.”

Aba baturage bavuga ko n’iyi itungo wariraza mu yindi nzu batararamo, abajura baza bakayitobora, ku buryo babona ntakindi bari gukora uretse kujya bararana na yo mu nzu, gusa bakagira icyo basaba Leta.

Umwe ati “Turasaba ko Leta yakurikirana ibyo bisambo nk’abo basore bakabashakira n’imyuga abaturage bakabona icyo kurya cyabo.”

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko bagiye kurushaho gufatanya n’aba baturage kugira ngo icyo kibazo kibatera kurarana n’amatungo gicike burundu.

Ati “Ntabwo ari igisubizo kiva ku buyobozi gusa, ahubwo tugifatanya n’abo baturage kuko igisubizo kiri ku marondo kandi abaturage ubwabo ni bo barara amarondo, nibo bafite ayo matungo, ni na bo bicara ubwabo bagapanga uko barahagarika ubwo bujura cyangwa bakabukumira, naho ubundi niba bibwa bafite ukuri ariko nanone bamenye y’uko ikibazo kiri hafi yabo kandi bagifite mu bushobozi.”

Ingingo y’umutekano w’ibintu n’abantu iri mu byagarutsweho na raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB yo mu kwezi k’Ukwakira 2023 igaragaza ko urwego rw’umutekano rukiri ku isonga mu kwizerwa n’abaturage ku manota 93,63% mu gihe rwari kuri 95.53% umwaka umwe mbere yaho bivuze ko rwasubiye inyuma 1.90%.

Iyi raporo igaragaza ko uku gusubira inyuma gukomoka ku mutekano w’ibintu wizewe n’abaturage ku kigero cya 69.80% bivuye kuri 86.61%.

N’ingurube izwiho kugira umwanda mwinshi bayiraza mu nzu
Bavuga ko na bo ari amaburakindi

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + five =

Previous Post

Ntimugatinye ibitumbaraye- Perezida Kagame yahumurije Abanyarwanda ku bimaze iminsi biriho

Next Post

Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.