Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ubuyobozi bwihaye umuhigo ku kibazo buvuga ko kigayitse kikigaragara mu baturage bamwe

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ubuyobozi bwihaye umuhigo ku kibazo buvuga ko kigayitse kikigaragara mu baturage bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hari bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bakiherera ku gasozi bavuga ko badafite ubushobozi bwo kwiyubakira ubwiherero, Ubuyobozi bw’aka Karere buravuga ko ibi bigayitse ariko ko mu kwezi kumwe iki kibazo kiba cyabaye amateka.

Bamwe muri aba baturage ni abo mu Mudugudu wa Kabere mu Kagari ka Nyaruteme, aho umunyamakuru yasanze zimwe mu ngo zaho zitagira ubwiherero, ndetse bamwe bamwerurira ko hari abakijya kwiherera mu bisambu.

Icyimanimpaye Chantal ati “Baba bafite ibyo byobo bidapfutse ariko babijyamo. Gusa ni nko ku gasozi kuko amasazi aratuma agatumuka.”

Nyiransabimana Martine na we avuga ko abaturanyi babo, babangamye kuko kuba badafite ubwiherero bitari bikwiye muri iki gihe isi igezemo.

Ati “Hari abajya mu gasozi bakajya mu misambya y’imirima bakabatereramo n’amabuye, none se wagize ngo wajya mu bwiherero bw’undi kabiri, gatatu ntakwibazeho.”

Aba baturage bagaya bagenzi babo, bakavuga ko atari ubushobozi bwabuze nk’uko babivuga, ahubwo ko atari ukumva uburemere bwabyo.

Uwiduhaye Francoise ati “Hari bacye babishyiramo umwete, ariko abandi ntibawushyiremo bakabona ko nta kamaro bibamariye kugira ubwiherero, mbese ni ukutabyitaho.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Uwizeyimana Josianne, yanga kugira icyo amubwira kuri iki kibazo ubwo yamusangaga ku Biro bye, aho kukimubwiraho, ahita yiyinjirira mu modoka yamusuzuguye.

Ni mu gihe Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper usanzwe avugana n’itangazamakuru atarigoye, yabwiye umunyamakuru ko iki kibazo bagiye kugishakira umuti wihuse.

Ati “Biragayitse guhora tuvuga ubwiherero imyaka icumi igashira! Tugomba kubirangiza tukajya mu zindi gahunda z’iterambere. Kanzenze turi gupanga imiganda idasanzwe abaturage bafite amikoro macye tukabafasha kubaka ubwo bwiherero, naho abafite ubushobozi tukabategeka kubwubaka mu gihe gitoya kandi twatanze standard ntabwo umuntu yemerewe kubaka ubwiherero umuntu atakwinjiramo ahagaze kandi bukaba ari ubwiherero busa neza imbere n’inyuma.”

Mulindwa Prosper akomeza agaragaza ko gahunda y’Umuyobozi mu Isibo igamije kohereza abayobozi ku rwego rw’Akarere, Umurenge n’abafatanyabikorwa mu iterambere mu Masibo atandukanye kugira ngo bifashe gukemura mu buryo bwihuse iki kibazo cy’ubwiherero kimwe n’ibindi bibangamiye imibereho myiza y’abaturage.

Ntibatinya gukoresha ubwiherero bushobora kubashyira mu kaga

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 8 =

Previous Post

Menya Abasenateri bahagarariye Intara zose muri Sena y’u Rwanda biganjemo abasanzwemo

Next Post

Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye

Related Posts

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

by radiotv10
01/12/2025
0

Turning 25 is a special milestone. It is an age where life starts to take shape, choices begin to matter...

IZIHERUKA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

30/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye

Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.