Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ubuyobozi bwihaye umuhigo ku kibazo buvuga ko kigayitse kikigaragara mu baturage bamwe

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ubuyobozi bwihaye umuhigo ku kibazo buvuga ko kigayitse kikigaragara mu baturage bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hari bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bakiherera ku gasozi bavuga ko badafite ubushobozi bwo kwiyubakira ubwiherero, Ubuyobozi bw’aka Karere buravuga ko ibi bigayitse ariko ko mu kwezi kumwe iki kibazo kiba cyabaye amateka.

Bamwe muri aba baturage ni abo mu Mudugudu wa Kabere mu Kagari ka Nyaruteme, aho umunyamakuru yasanze zimwe mu ngo zaho zitagira ubwiherero, ndetse bamwe bamwerurira ko hari abakijya kwiherera mu bisambu.

Icyimanimpaye Chantal ati “Baba bafite ibyo byobo bidapfutse ariko babijyamo. Gusa ni nko ku gasozi kuko amasazi aratuma agatumuka.”

Nyiransabimana Martine na we avuga ko abaturanyi babo, babangamye kuko kuba badafite ubwiherero bitari bikwiye muri iki gihe isi igezemo.

Ati “Hari abajya mu gasozi bakajya mu misambya y’imirima bakabatereramo n’amabuye, none se wagize ngo wajya mu bwiherero bw’undi kabiri, gatatu ntakwibazeho.”

Aba baturage bagaya bagenzi babo, bakavuga ko atari ubushobozi bwabuze nk’uko babivuga, ahubwo ko atari ukumva uburemere bwabyo.

Uwiduhaye Francoise ati “Hari bacye babishyiramo umwete, ariko abandi ntibawushyiremo bakabona ko nta kamaro bibamariye kugira ubwiherero, mbese ni ukutabyitaho.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Uwizeyimana Josianne, yanga kugira icyo amubwira kuri iki kibazo ubwo yamusangaga ku Biro bye, aho kukimubwiraho, ahita yiyinjirira mu modoka yamusuzuguye.

Ni mu gihe Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper usanzwe avugana n’itangazamakuru atarigoye, yabwiye umunyamakuru ko iki kibazo bagiye kugishakira umuti wihuse.

Ati “Biragayitse guhora tuvuga ubwiherero imyaka icumi igashira! Tugomba kubirangiza tukajya mu zindi gahunda z’iterambere. Kanzenze turi gupanga imiganda idasanzwe abaturage bafite amikoro macye tukabafasha kubaka ubwo bwiherero, naho abafite ubushobozi tukabategeka kubwubaka mu gihe gitoya kandi twatanze standard ntabwo umuntu yemerewe kubaka ubwiherero umuntu atakwinjiramo ahagaze kandi bukaba ari ubwiherero busa neza imbere n’inyuma.”

Mulindwa Prosper akomeza agaragaza ko gahunda y’Umuyobozi mu Isibo igamije kohereza abayobozi ku rwego rw’Akarere, Umurenge n’abafatanyabikorwa mu iterambere mu Masibo atandukanye kugira ngo bifashe gukemura mu buryo bwihuse iki kibazo cy’ubwiherero kimwe n’ibindi bibangamiye imibereho myiza y’abaturage.

Ntibatinya gukoresha ubwiherero bushobora kubashyira mu kaga

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + thirteen =

Previous Post

Menya Abasenateri bahagarariye Intara zose muri Sena y’u Rwanda biganjemo abasanzwemo

Next Post

Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye

Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.