Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Hashyizwe hanze ukuri ku byagwaga ko Umuyobozi mu z’ibanze afungiye mu nzererezi

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in MU RWANDA
0
Ruhango: Hashyizwe hanze ukuri ku byagwaga ko Umuyobozi mu z’ibanze afungiye mu nzererezi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwagize icyo buvuga ku makuru yavugwaga ko SEDO w’Akagari ka Bihembe mu Murenge wa Kabagari, agiye kumara ukwezi afungiye mu kigo cy’Inzererezi, buvuga ko aya makuru atari ukuri, gusa bwemera ko afite ibyo akurikiranyweho by’imyitwarire.

Aya makuru y’ifungwa rya Ndagijimana Marc, Umukozi Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Kagari ka Bihembe, yasakaye kuri uyu wa Mbere, yanatambutse muri bimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda.

Aya makuru yavugaga ko Ndagijimana yafashwe mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Nzeri 2024, agahita ajyanwa mu kigo cy’inzerereze cya Kebero mu Murenge wa Ntongwe.

Bamwe mu baturage bari batanze aya makuru, bavugaga ko yajyanywe mu kigo cy’inzererezi nyuma yo gukora amakosa, ariko bakavuga ko niba ari n’amakosa agize ibyaha, yagombye kuyakurikiranwaho n’inzego z’Ubugenzacyaha.

Amakuru avuga ko uyu mukozi akunze kugaragara mu myitwarire idakwiye umuntu ugomba kubera abandi urugero, irimo gusinda, ndetse bijya binatuma atuzuza neza inshingano ze.

Habarurema Valens uyobora Akarere ka Ruhango, yahakanye aya makuru yo kuba uyu mukozi w’Akagari afungiye mu kigo cy’inzererezi, avuga ko atari ukuri, ndetse ko ari no mu kazi bisanzwe.

Yagize ati “Ibyo bavuga ntabwo ari byo, ahubwo kubera imyitwarire ye itari myiza, no mu kazi abonekayo gakeya, ari na yo mpamvu arimo gukurikiranwa ku makosa asanzwe y’akazi. Nta kindi cyaha tumuziho.’’

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, yatangaje ko Komite ishinzwe imyirwarire y’Abakozi b’Akarere iri gukurikirana uyu mukozi, inacukumbura iby’amakosa yakoze kugira ngo abibazweho inshingano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Amakuru mashya ku gatsiko k’abakurikiranyweho ubujura bw’imodoka baherutse kwerekanwa

Next Post

Mu mwiherero w’Amavubi y’amasura mashya hagaragayemo umukinnyi wawujemo bitunguranye (AMAFOTO)

Related Posts

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

IZIHERUKA

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume
MU RWANDA

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mwiherero w’Amavubi y’amasura mashya hagaragayemo umukinnyi wawujemo bitunguranye (AMAFOTO)

Mu mwiherero w’Amavubi y'amasura mashya hagaragayemo umukinnyi wawujemo bitunguranye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.