Thursday, February 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

radiotv10by radiotv10
30/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi mabi nyamara barahoranye ameza, yaje kubura bitewe n’iyangirika ry’umuyoboro ryatewe n’ikorwa ry’umuhanda.

Kugira ngo umuturage w’aha muri Kagara wari usanzwe afite amazi mu rugo iwe abashe kubona ayo kunywa meza, bimusaba kujya kuvoma mu kandi kagari aho bamwe bavuga ko bakoresha isaha bitewe n’ibura ry’amazi rimaze igihe muri aka gace.

Ndayambaje Donatien ati “Twese mu Kagari ka Kagara nta mazi dufite. Hari gushira umwaka amazi meza yaragiye. Amazi meza tuyakura mu Murenge wa Nkanka aho dukoresha isaha irenga.”

Ibyo bituma abadashoboye gukora urwo rugendo ntibanabone amafaranga yo kwishyura abayabazinira bajya kuvoma amazi mabi mu gishanga na yo akabagira ho ingaruka zirimo nko kurwara inzoka.

Mukamanzi Thacienne ati “Mvuye mu kabande ndatagangaye. Amazi yaragiye ni yo mpamvu mvuye kuvoma epfo iriya mu gishanga. Hari igihe tuyashyira ku ziko tukayatekesha tukabonamo ibisimba nyine nta kundi. Inzoka zo turazirwara n’ubu buri gihe njya kwa muganga kubera zo.”

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura WASAC ishami rya Rusizi Ngamije Alexandre avuga ko kuba aka gace kadaheruka amazi byaturutse ku kwangirika k’umuyoboro kwatewe n’ikorwa ry’umuhanda Gihundwe-Rwahi-Busekanka, ubu imirimo yo kuwuvugurura ikaba yenda kurangira.

Ati “Ikorwa ry’umuhanda aho ryatangiriye habayeho gucika kw’amatiyo kubera imashini zakoraga umuhanda. Hagombaga kwimura amatiyo ariko ntibirarangira, ariko ku butafanye n’Akarere na Rwiyemezamirimo twari twumvikanye ko byakwihutishwa kugira ngo abaturage bongere babone amazi.”

Nubwo abaturage bo muri aka Kagara bamaze icyo gihe cyose batabona amazi meza, imibare itangwa na WASAC ivuga ko kugeza ubu kwegereza amazi meza abaturage mu Karere ka Rusizi biri hejuru ya 84%.

Hashize hafi umwaka robine zitageramo amazi

Bajya kuvoma ibishanga by’amazi mabi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    7 months ago

    mubwire wasac isane imiyoboro ni ibintu byumvikana amazi ni ubuzima. ubwo kandi mu karere wasac irahari ntibisaba ibirenze. murakoze
    abaturage nabo bakarinda ibikorwaremezo lbabagezaho. murakoze cyane. inkuru nk’izi ziremya imibereho myiza y’abaturage.

    Reply

Leave a Reply to ka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − four =

Previous Post

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Next Post

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

by radiotv10
05/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b'Abanyamulenge bahuriye na Patrick Muyaya-Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC i...

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi REB, bwavuze ko umunyeshuri wigaga mu Ishuri ryisumbuye ryigamo abakobwa ryo mu Murenge wa Rusiga mu...

RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Abayobozi batatu mu Karere ka Rubavu banditse basezera ku mpamvu zabo bwite

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwemeje ko abakozi bako batatu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, banditse basezera akazi, gusa buvuga...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Umwarimu wa Kaminuza ukurikiranyweho gusambanya abana biga mu yisumbuye yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
05/02/2026
0

Dr Manirakiza Benjamin wigisha muri Kaminuza, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge nyuma yo kubisabwa n’Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho...

Supporting young talents: Why we should invest in the future not just the famous

Supporting young talents: Why we should invest in the future not just the famous

by radiotv10
05/02/2026
0

Every day, we see big stars and well-known names getting most of the attention and support. Whether it’s in music,...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

by radiotv10
05/02/2026
0

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

05/02/2026
RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Abayobozi batatu mu Karere ka Rubavu banditse basezera ku mpamvu zabo bwite

05/02/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Umwarimu wa Kaminuza ukurikiranyweho gusambanya abana biga mu yisumbuye yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

05/02/2026
Supporting young talents: Why we should invest in the future not just the famous

Supporting young talents: Why we should invest in the future not just the famous

05/02/2026
Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

04/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

Abayobozi batatu mu Karere ka Rubavu banditse basezera ku mpamvu zabo bwite

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.