Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

radiotv10by radiotv10
28/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bakirara mu mirima yabo bacukura amabuye y’amabengeza, ku buryo iyo hagize ubavuga bitamugwa amahoro.

Abo baturage bo mu Mudugudu wa Buramba mu Kagari ka Kavomo mu Murenge wa Nyundo, bavuga ko hashize igihe batangiye guterwa n’itsinda ry’abantu baturuka mu Murenge wa Kivumu baje gucukura amabuye y’amabengeza yitwa Beleri bo bagaragaza ko batari bazi ko ayo masambu yabo arimo ubwo bukungu.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Buramba, Niyigena Jean de Dieu avuga ko bari guhangana n’iryo tsinda ribateje umutekano mucye.

Yagize ati “Byabaye akaduruvayo, tukabona ibitero biturutse muri Kivumu no mu Murenge wa Nyamyumba tugahangana na byo kandi ba nyirimirima nta nyungu babifitemo kuko bari kuza bagacukura bagasiga umurima wabaye ubutayu.”

Bamwe mu batuye kuri aka gasozi n’abahafite amasambu, bagaragaza ko kuva bamenya ko ubutaka bwabo buhishe ubwo bukungu, batakiryama ngo basinzire.

Nyiramagambo Beatrice ati “Twe aya mabuye yatubereye umuvumo kuko ntitugisinzira, nk’ubu twakabaye turi mu mirimo ariko twirirwa aha ntacyo turi buhakure kubera kugira ngo baticanira mu isambu yawe.”

Ntawurengumunsi Leonard na we yagize ati “Bakaza ari igitero cy’abagabo bafite ingufu cyane bakakwirukaho uri nyirisambu bafite imihoro, injonogo n’inkoni bagacukura umurima wawe ngo ntugomba kuvuga.”

Ngezenubwo Ladislas na we ati “Njye bacukuye inzu yanjye none igiye kugwa kandi aya mabuye ataragaragara nari mfite amahoro none hari n’igihe iyi nzu yatugwaho kuko bayinyuze munsi bari gucukura.”

Ni mu gihe abasanzwe bazi iri tsinda bagaragaza ko rimaze igihe kandi rikora ibikorwa nk’ibyo cyane cyane mu birombe by’amabuye y’agaciro bityo rero bagasaba ko aba baturage batabarwa bakimurwa kugira ngo babone amahoro.

Umwe ati “Bishyize hamwe ari nk’ikipe y’Umudugudu wose kandi iyo bakugezeho ni uguterura bakajugunya n’iyo babafashe bakabafunga nk’ejo wumva ngo babafunguye, mbese n’abantu bigize nk’ibyihebe.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco avuga ko iki kibazo atari akizi icyakora ko agiye kugikurikirana akoranye n’izindi nzego z’ibanze.

Baracukura imirima yabo igasigara yasamye
Inzu za bamwe zarangiritse

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 15 =

Previous Post

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Next Post

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.