Nyuma y’uko mu kagari ka Gakoni ko mu murenge wa Muganza mu bihe bikurikiranye mu mudugudu umwe habonetse imibiri ibiri y’ababazize jonoside yakorewe abatutsi ariko abahoze ari ba nyiri ubutaka bwabonetsemo umwe muri yo bakavuga ko ari umwana wabo bahashyinguye mu 1982 kandi atari byo, Komite ya ibuka muri uyu murenge iravuga ko yababajwe no kuba yarabitangiye ikirego ariko ntibigire icyo bifata.
Muri Kamena 2025 ni bwo mu mudugudu wa Rugaragara ku muharuro w’urugo rwa Rutarindwa Felicien habonetse umubiri wa mbere nyuma y’uko hari uwatambukaga wasitaye ku gice cyawo, yasubira inyuma akabona ari umubiri w’umuntu .
Nyiri ubutaka uyu mubiri wabonetsemo avuga ko yabuguze n’uwari warabuguze mbere mu buryo yumvikanisha ko nta makuru yari afite ko haba hari umuntu wahiciwe cyangwa wahashyinguwe.
Rutarindwa agira ati “Ni umuntu wahatambutse asitara ku kantu kameze nk’ibuye, akurikiranye asanga ari umutwe w’umuntu. Nta makuru nari mfite kubera ko mpagura nahaguze hubatse”.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’umurenge wa Muganza Niringiyimana Patrick avuga ko abahoze ari bene ubutaka uyu mubiri wabonetsemo babanje kugora ubuyobozi mu gutanga amakuru bavuga ko ari umwana wabo bahashyinguye mu 1982, bigaragaye ko atari byo baza kuvuga ko bari batanze amakuru atari yo.
Agira ati “Babanje kuturushya batubwira ko ari umwana wabo wahashyinguwe mu 1982, ariko mu kureba uko umubiri umeze tukabona atarashyinguwe nk’uko bisanzwe bigenda , bo bavugaga ko ari umwana kandi twasanze ari umuntu mukuru, Ariko nyuma yaho baza kuvuga ko amakuru batanze atari yo”.
Mu mpera za Ukuboza 2025 muri uyu mudugudu hongeye kuboneka undi muburi mu nzira nyabagendwa mu buryo busa n’ubw’uwa mbere wabonetsemo ndeste biza kumenyekana ko uwo muntu yari uw’ahitwa i Muhehwe ho mu murenge wa Rwimbogo mu gihe cya jenoside ngo akaba yarabonywe bwa nyuma ashorewe n’uwari resiponsabure amujyanye kuri komine ya Bugarama.
Ubuyobozi bwa Ibuka mu murenge wa Muganza buvuga ko butakiriye neza kuba bwarahise butanga ikirego ngo hagire abakurikiranwa bakekwaho kugira amakuru cyangwa uruhare mu rupfu rw’uwo muntu wabonywe bwa kabiri byiyongeraho ko hari abari bagerageje kuyobya ubuyobozi ku mubiri wa mbere, ariko ngo ntibigire icyo bitanga nk’uko visi perezida wa kabiri wa ibuka ya Muganza Ntakirutimana Alfred abivuga.
Ati “ Rwose biratubabaza, Hari abantu hariya bavugwa mu rupfu rw’umuntu wacu , harimo nk’uwitwa Pare uretse ko we afungiye ingengabitekerezo ya Jenoside ariko ntiyigeze avuga aho uwo muntu bamushyize. Twatanze ikirego twumva ko hagomba gufatwa Phenias (uwabeshye ko umubiri wa mbere ari uw’umwana washyinguwe mu 1982), n’uwitwa Bayingana Selemani wari resiponsabure kandi arahari,, ari nawe wari ucumbikiye iyo nterahamwe yishe uriya muntu, ni ibintu biduca intege cyane no gutanga amakuru ni uko umbwiye ko wavuganye na gitifu ubundi sinari kukuvugisha. Ikirego nagitanze umubiri ukiboneka. Nta muntu n’umwe wigeze ahamagarwa ngo twumve ko ari kubazwa , tukibaza tuti ubundi tuba turuhira iki dutanga ibirego?”.
Umubiri wabonetse muri Kamena 2025 byamaze kwemezwa ko ari uw’uwazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ndeste biteganyijwe ko uzashyingurwa mu cyubahiro muri uyu mwaka naho uheruka kuboneka n’ubwo amakuru ubuyobozi bw’umurenge bufite kugeza ubu agaragaza ko ari uw’umusaza wishwe muri jenoside agerageza guhungira i Burundi, haracyategerejwe ko byemezwa ko ari uwazize jenoside.
Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10











