Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rutahizamu w’Amavubi yatangiranye amahirwe mu ikipe ye nshya muri America

radiotv10by radiotv10
26/02/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rutahizamu w’Amavubi yatangiranye amahirwe mu ikipe ye nshya muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Amavubi, Nshuti Innocent uherutse kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America gukinira ikipe yo muri iki Gihugu, mu mukino we wa mbere, yawutsinzemo igitego.

Nshuti Innocent wakiniraga ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, ikaba iherutse kumusezerako, yerecyeje muri Leta Zunze Ubumwe za America mu cyumweru gishize gukinira ikipe ya One Knoxville FC yo mu cyiciro cya gatatu.

Yakinnye umukino we wa mbere, ukaba uwa gicuti wahuzaga iyi kipe na Chattanooga Red Wolves, warangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2 birimo icya Nshuti Innocent.

Uyu rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, anaherutse gutsindira iyi kipe y’Igihugu, mu mukino wahuje Amavubi na Afurika y’Epfo mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, aho yabonye igitego ku munota wa 12’, ndetse kikaza kuba mu bitego 2 u Rwanda rwatsinze Afurika y’Epfo.

Nshuti Innocent yabonye igitego cye cya mbere mu ikipe yo muri America

Undi mukinnyi w’Umunyarwanda yahiriwe

Myugariro w’Amavubi, Rwatubyaye Abdul na we ni undi mukinnyi w’Umunyarwanda wanyeganyeje incundura ndetse bifasha ikipe ye ya FC Shkupi muri Macedonia kuguma ku mwanya wa mbere.

Hari mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Macedonia, aho ikipe ye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 24 Gashyantare 2024 yanganyije FC Struga 2-2.

Rwatubyaye ni we watsindiye FC Shkupi igitego cya kabiri cyatumye ikipe ye ibona inota rimwe, bituma ikomeza kuyobora urutonde n’amanota 42.

Rutahizamu Nshuti yatangiranye amahirwe

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye bahuriye mu biganiro byabaye mu bihe by’itabaro

Next Post

Polisi y’u Rwanda iri gushaka abakozi bita ku isuku y’imbwa

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya byinshi ku buzima bwihariye n’ibiteye amatsiko ku mbwa zifashishwa na Polisi

Polisi y’u Rwanda iri gushaka abakozi bita ku isuku y’imbwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.