Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Gahunda yashyiriweho abatishoboye bo bayibona nk’iyo kuzamura abayobozi mu z’Ibanze

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rutsiro: Gahunda yashyiriweho abatishoboye bo bayibona nk’iyo kuzamura abayobozi mu z’Ibanze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko gahunda ya Girinka Munyarwanda yaje ije kuzamura abatishoboye yabaye nk’iturufu yitwazwa na bamwe mu bayobozi mu nzengo z’ibanze, kugira ngo babakuremo amafaranga.

Aba baturage bavuga ko hari benshi bari abagenerwabikorwa b’iyi gahunda ya Girinka, baje kwamburwa amatungo bari borojwe mu buryo budasobanutse.

Mutabazi Jean Damascene utuye mu Mudugudu wa Kanyempanga mu Kagari ka Bunyoni wambuwe inka amaze imyaka 5 ayiragira kuva kimasa gito kugera ku mbyeyi ikamwa, avuga ko ubwo yari agiye kugurisha Inka ye, Umuyobozi w’Umudugudu yamwatse hafi 1/2 cy’amafaranga yari agiye kuyigurisha kugira ngo abone kumuha uburenganzira.

Ati “Mudugudu nabimubwiraga ko ndayigurisha ibihumbi magana arindwi inka ikiri mu kiraro aravuga ati ‘ugomba kugaba kabiri ukagura inka ya y’ibihumbi mana ane. Ubwo uguze iya Magana atandatu njye n’abankuriye twaryamo iki?’ Nanjye nnavuga ngo uko byagenda kose ntabwo inka maze imyaka itanu nyivunikira ntabwo nayigurisha ngo nguremo agatavu.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu mugabo barimo n’abagenerwabikorwa b’iyi gahunda ya Girinka, bagaragaza ko nubwo yari nziza, igenda yangizwa na bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze bareba gusa inyungu zabo kurusha iterambere ry’umugenerwabikorwa wayo.

Benda Fidele ati “Baduha utumasa kandi ari gato ukondora wakagurisha ukagerekaho n’andi ukagura imbyeyi ariko iyo umaze kubagurira imbyeyi baba babonye irabu kandi baba barayiguhaye ari uko washoyemo amafaranga. Ku mugani tugiye tubimenya mbere n’iyo nka ntawayifata.”

Kamenyero Innocent na we yagize ati “Ntabwo zikiri Girinka ahubwo ni iz’abayobozi zibateza imbere, kuko ubu Mudugudu ararya, Mutwarasibo Social akarya, Gitifu akarya na Veterineri w’Umurenge, none buri wese iyo avuze ngo arayiryaho aya n’aya, baba barayiguhaye ngo iguteze imbere cyangwa ni iyo kugusubiza inyuma?”

Kamenyero Innocent ni umuturage utuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, ariko akaba umuturanyi w’uyu Mutabazi wambuwe inka kuko atuye mu rugabaniro rw’Akarere ka Rubavu na Rutsiro.

Uyu mugabo wari usanzwe afite imfizi ikodeshwa, na we arasobanura icyo ashingiraho avuga ko iyo nka y’uyu muturage yari yarabaye ingumba.

Ati “Yari asanzwe azana iwanjye kuko ubwa mbere yarimye ibyaye kirapfa nyuma ayizana iwanjye nka gatanu yaranze kwima.”

Umukuru w’umudugudu wa Kanyempanga, Nzabonimpa Jean de Dieu we ahakana ibivugwa n’uyu muturage ko intandaro yo kwamburwa inka yari amaze kugurana ari amafaranga yagurishijwe iya mbere batasangiye nk’uko yabyifuzaga ahubwo ko uyu muturage yagaragaje imyumvire mibi agakora ibyo yishakiye.

Ati “Ntakibazo mfitanye na we ahubwo ni imyumvire ye afite ku giti cye kuko yagiye kwa Gitifu aramunyohereza aho kugira ngo angane yikorera ibye! Namenye amakuru ko yaguranye inka rero bigera kwa veterineri ubifitiye ububasha nibo bayimwambuye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa avuga ko mu isesengura ry’Akarere kuri iyi gahunda ya Girinka ngo basanze hari amanyanga akorwa n’abaturage bazihawe ariko ko haramutse hari ibimenyetso by’abayobozi bafatanyije babihanirwa bikomeye.

Ati “Rero iyo akoze ibyo bintu arabihanirwa kandi na ya nka akayamburwa. Naho rero icyo kugabana, nta bimenyetso bihari ariko aramutse afite ibigaragara ko yayamuhaye mu buryo bumwe cyangwa ubundi ariko azi ko ibyo bintu ari ukuri kubera ko niba uzi ko ibintu ari amanyanga na we ukabikora uba uri umufatanyacyaha.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko umugenerwabikorwa ugaragaweho n’amanyanga, ajyanwa mu Kigo Ngororamuco kwibutswa igihango afitanye na Perezida wamugabiye.

Bavuga ko baba biyushye akuya ngo amatungo yabo amere neza ariko bajya kugurisha bagasabwa kugabana

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ByiringiroAlbert says:
    1 year ago

    Murebere nko mu gika kibanziriza icya nyuma, ntago byumvikana ibyanditswe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + fourteen =

Previous Post

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Next Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mwana ukurikiranyweho gusambanya abandi bana b’abahungu bato

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mwana ukurikiranyweho gusambanya abandi bana b’abahungu bato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.