Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Gahunda yashyiriweho abatishoboye bo bayibona nk’iyo kuzamura abayobozi mu z’Ibanze

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rutsiro: Gahunda yashyiriweho abatishoboye bo bayibona nk’iyo kuzamura abayobozi mu z’Ibanze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko gahunda ya Girinka Munyarwanda yaje ije kuzamura abatishoboye yabaye nk’iturufu yitwazwa na bamwe mu bayobozi mu nzengo z’ibanze, kugira ngo babakuremo amafaranga.

Aba baturage bavuga ko hari benshi bari abagenerwabikorwa b’iyi gahunda ya Girinka, baje kwamburwa amatungo bari borojwe mu buryo budasobanutse.

Mutabazi Jean Damascene utuye mu Mudugudu wa Kanyempanga mu Kagari ka Bunyoni wambuwe inka amaze imyaka 5 ayiragira kuva kimasa gito kugera ku mbyeyi ikamwa, avuga ko ubwo yari agiye kugurisha Inka ye, Umuyobozi w’Umudugudu yamwatse hafi 1/2 cy’amafaranga yari agiye kuyigurisha kugira ngo abone kumuha uburenganzira.

Ati “Mudugudu nabimubwiraga ko ndayigurisha ibihumbi magana arindwi inka ikiri mu kiraro aravuga ati ‘ugomba kugaba kabiri ukagura inka ya y’ibihumbi mana ane. Ubwo uguze iya Magana atandatu njye n’abankuriye twaryamo iki?’ Nanjye nnavuga ngo uko byagenda kose ntabwo inka maze imyaka itanu nyivunikira ntabwo nayigurisha ngo nguremo agatavu.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu mugabo barimo n’abagenerwabikorwa b’iyi gahunda ya Girinka, bagaragaza ko nubwo yari nziza, igenda yangizwa na bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze bareba gusa inyungu zabo kurusha iterambere ry’umugenerwabikorwa wayo.

Benda Fidele ati “Baduha utumasa kandi ari gato ukondora wakagurisha ukagerekaho n’andi ukagura imbyeyi ariko iyo umaze kubagurira imbyeyi baba babonye irabu kandi baba barayiguhaye ari uko washoyemo amafaranga. Ku mugani tugiye tubimenya mbere n’iyo nka ntawayifata.”

Kamenyero Innocent na we yagize ati “Ntabwo zikiri Girinka ahubwo ni iz’abayobozi zibateza imbere, kuko ubu Mudugudu ararya, Mutwarasibo Social akarya, Gitifu akarya na Veterineri w’Umurenge, none buri wese iyo avuze ngo arayiryaho aya n’aya, baba barayiguhaye ngo iguteze imbere cyangwa ni iyo kugusubiza inyuma?”

Kamenyero Innocent ni umuturage utuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, ariko akaba umuturanyi w’uyu Mutabazi wambuwe inka kuko atuye mu rugabaniro rw’Akarere ka Rubavu na Rutsiro.

Uyu mugabo wari usanzwe afite imfizi ikodeshwa, na we arasobanura icyo ashingiraho avuga ko iyo nka y’uyu muturage yari yarabaye ingumba.

Ati “Yari asanzwe azana iwanjye kuko ubwa mbere yarimye ibyaye kirapfa nyuma ayizana iwanjye nka gatanu yaranze kwima.”

Umukuru w’umudugudu wa Kanyempanga, Nzabonimpa Jean de Dieu we ahakana ibivugwa n’uyu muturage ko intandaro yo kwamburwa inka yari amaze kugurana ari amafaranga yagurishijwe iya mbere batasangiye nk’uko yabyifuzaga ahubwo ko uyu muturage yagaragaje imyumvire mibi agakora ibyo yishakiye.

Ati “Ntakibazo mfitanye na we ahubwo ni imyumvire ye afite ku giti cye kuko yagiye kwa Gitifu aramunyohereza aho kugira ngo angane yikorera ibye! Namenye amakuru ko yaguranye inka rero bigera kwa veterineri ubifitiye ububasha nibo bayimwambuye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa avuga ko mu isesengura ry’Akarere kuri iyi gahunda ya Girinka ngo basanze hari amanyanga akorwa n’abaturage bazihawe ariko ko haramutse hari ibimenyetso by’abayobozi bafatanyije babihanirwa bikomeye.

Ati “Rero iyo akoze ibyo bintu arabihanirwa kandi na ya nka akayamburwa. Naho rero icyo kugabana, nta bimenyetso bihari ariko aramutse afite ibigaragara ko yayamuhaye mu buryo bumwe cyangwa ubundi ariko azi ko ibyo bintu ari ukuri kubera ko niba uzi ko ibintu ari amanyanga na we ukabikora uba uri umufatanyacyaha.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko umugenerwabikorwa ugaragaweho n’amanyanga, ajyanwa mu Kigo Ngororamuco kwibutswa igihango afitanye na Perezida wamugabiye.

Bavuga ko baba biyushye akuya ngo amatungo yabo amere neza ariko bajya kugurisha bagasabwa kugabana

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ByiringiroAlbert says:
    1 year ago

    Murebere nko mu gika kibanziriza icya nyuma, ntago byumvikana ibyanditswe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + one =

Previous Post

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Next Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mwana ukurikiranyweho gusambanya abandi bana b’abahungu bato

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mwana ukurikiranyweho gusambanya abandi bana b’abahungu bato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.