Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Gahunda yashyiriweho abatishoboye bo bayibona nk’iyo kuzamura abayobozi mu z’Ibanze

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rutsiro: Gahunda yashyiriweho abatishoboye bo bayibona nk’iyo kuzamura abayobozi mu z’Ibanze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko gahunda ya Girinka Munyarwanda yaje ije kuzamura abatishoboye yabaye nk’iturufu yitwazwa na bamwe mu bayobozi mu nzengo z’ibanze, kugira ngo babakuremo amafaranga.

Aba baturage bavuga ko hari benshi bari abagenerwabikorwa b’iyi gahunda ya Girinka, baje kwamburwa amatungo bari borojwe mu buryo budasobanutse.

Mutabazi Jean Damascene utuye mu Mudugudu wa Kanyempanga mu Kagari ka Bunyoni wambuwe inka amaze imyaka 5 ayiragira kuva kimasa gito kugera ku mbyeyi ikamwa, avuga ko ubwo yari agiye kugurisha Inka ye, Umuyobozi w’Umudugudu yamwatse hafi 1/2 cy’amafaranga yari agiye kuyigurisha kugira ngo abone kumuha uburenganzira.

Ati “Mudugudu nabimubwiraga ko ndayigurisha ibihumbi magana arindwi inka ikiri mu kiraro aravuga ati ‘ugomba kugaba kabiri ukagura inka ya y’ibihumbi mana ane. Ubwo uguze iya Magana atandatu njye n’abankuriye twaryamo iki?’ Nanjye nnavuga ngo uko byagenda kose ntabwo inka maze imyaka itanu nyivunikira ntabwo nayigurisha ngo nguremo agatavu.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu mugabo barimo n’abagenerwabikorwa b’iyi gahunda ya Girinka, bagaragaza ko nubwo yari nziza, igenda yangizwa na bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze bareba gusa inyungu zabo kurusha iterambere ry’umugenerwabikorwa wayo.

Benda Fidele ati “Baduha utumasa kandi ari gato ukondora wakagurisha ukagerekaho n’andi ukagura imbyeyi ariko iyo umaze kubagurira imbyeyi baba babonye irabu kandi baba barayiguhaye ari uko washoyemo amafaranga. Ku mugani tugiye tubimenya mbere n’iyo nka ntawayifata.”

Kamenyero Innocent na we yagize ati “Ntabwo zikiri Girinka ahubwo ni iz’abayobozi zibateza imbere, kuko ubu Mudugudu ararya, Mutwarasibo Social akarya, Gitifu akarya na Veterineri w’Umurenge, none buri wese iyo avuze ngo arayiryaho aya n’aya, baba barayiguhaye ngo iguteze imbere cyangwa ni iyo kugusubiza inyuma?”

Kamenyero Innocent ni umuturage utuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, ariko akaba umuturanyi w’uyu Mutabazi wambuwe inka kuko atuye mu rugabaniro rw’Akarere ka Rubavu na Rutsiro.

Uyu mugabo wari usanzwe afite imfizi ikodeshwa, na we arasobanura icyo ashingiraho avuga ko iyo nka y’uyu muturage yari yarabaye ingumba.

Ati “Yari asanzwe azana iwanjye kuko ubwa mbere yarimye ibyaye kirapfa nyuma ayizana iwanjye nka gatanu yaranze kwima.”

Umukuru w’umudugudu wa Kanyempanga, Nzabonimpa Jean de Dieu we ahakana ibivugwa n’uyu muturage ko intandaro yo kwamburwa inka yari amaze kugurana ari amafaranga yagurishijwe iya mbere batasangiye nk’uko yabyifuzaga ahubwo ko uyu muturage yagaragaje imyumvire mibi agakora ibyo yishakiye.

Ati “Ntakibazo mfitanye na we ahubwo ni imyumvire ye afite ku giti cye kuko yagiye kwa Gitifu aramunyohereza aho kugira ngo angane yikorera ibye! Namenye amakuru ko yaguranye inka rero bigera kwa veterineri ubifitiye ububasha nibo bayimwambuye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa avuga ko mu isesengura ry’Akarere kuri iyi gahunda ya Girinka ngo basanze hari amanyanga akorwa n’abaturage bazihawe ariko ko haramutse hari ibimenyetso by’abayobozi bafatanyije babihanirwa bikomeye.

Ati “Rero iyo akoze ibyo bintu arabihanirwa kandi na ya nka akayamburwa. Naho rero icyo kugabana, nta bimenyetso bihari ariko aramutse afite ibigaragara ko yayamuhaye mu buryo bumwe cyangwa ubundi ariko azi ko ibyo bintu ari ukuri kubera ko niba uzi ko ibintu ari amanyanga na we ukabikora uba uri umufatanyacyaha.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko umugenerwabikorwa ugaragaweho n’amanyanga, ajyanwa mu Kigo Ngororamuco kwibutswa igihango afitanye na Perezida wamugabiye.

Bavuga ko baba biyushye akuya ngo amatungo yabo amere neza ariko bajya kugurisha bagasabwa kugabana

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ByiringiroAlbert says:
    1 year ago

    Murebere nko mu gika kibanziriza icya nyuma, ntago byumvikana ibyanditswe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Next Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mwana ukurikiranyweho gusambanya abandi bana b’abahungu bato

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mwana ukurikiranyweho gusambanya abandi bana b’abahungu bato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.