Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Yandikiye mwarimu amusaba kumugurira inkweto undi amuha mu zo asanganywe

radiotv10by radiotv10
06/01/2022
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Yandikiye mwarimu amusaba kumugurira inkweto undi amuha mu zo asanganywe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ibaruwa yandikishije ikaramu n’intoki, umunyeshuri wiga mu ishuri ryisumbuye riherereye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, yasabye ubufasha umwarimu we bwo kumugurira inkweto.

Uyu mwana wiga mu mwaka wa gatatu mu Rwunge rw’Amashuri rwa Rwamagana Protestant, yanditse uru rwandiko mu kwezi k’Ugushyingo 2021 arugenera mwarimu we witwa Rwamiheto Innocent.

Atangira agira ati “Ndabizi ko ntacyo utankorera ugifite gusa noneho uyu munsi nkwandikiye urwandiko kubera ko noneho byandenze. Ndakwinginze ngo umpe ubufasha bw’inkweto kubera ko umuntu twambaranaga agiye iwabo.”

Uyu munyeshuri kandi yibutsa mwarimu we ko asanzwe ari uwo mu muryango utishoboye kuko baba mu cyiciro cya mbere cy’Ubudehe, akavuga ko inkweto yari asanzwe yambara ari iza mugenzi we none akaba yaratashye.

Muri iyi baruwa, uyu munyeshuri abwira mwarimu we ko atatinyuka kumubeshya kandi ko nabishidikanyaho yazabaza amakuru abanyeshuri bagenzi be.

Mwarimu Rwamiheto Innocent yatangaje ko asanzwe aganira n’uyu munyeshuri kuko akunze kugaragara yigunze asa nk’ufite ibibazo.

Ati “Nkamuhamagara nkamubabaza nti ‘bite byawe’, ni ikihe kibazo ufite?’ Arambwira ngo ‘umukecuru tubana ntakintu abasha, mushiki wange na we yabyariye mu rugo’, mubajije niba mu ishuri bigenda arambwira ngo ‘biragenda ariko gake kuko nta makaye aba afite’, numva ambwira ibintu bitandukanye, ‘ndamubwira ngo jya wihangana,’ ndamwihanganisha bisanzwe.”

Rwamiheto Innocent avuga ko ubwo bari bavuye mu kiruhuko mu kwezi k’Ugushyingo ari bwo uyu munyeshuri yamuzaniye ibaruwa ariko ntahite ayisoma yose nyuma akaza kubona ko yamusabye kumugurira inkweto.

Avuga ko ntacyari kumubuza kugira icyo akora kuri iki cyifuzo cy’umunyeshuri kuko kitarenze ubushobozi bwe.

Ati “Naravuze ngo ni ubwo naba ntafite ayo guhita ngura inshya aka kanya ariko nshobora gufata mu nkweto mfite, imwe nkaba nzimuhaye, nkagerageza kureba icyo twakora. Ubwo ni uko nabikemuye mu buryo bworoheje, ndamubwira ngo ba wihanganye gake, uko iminsi ishira ni ko umuntu agenda abona ubushobozi, urebye nakoze ubufasha bw’ibanze.”

Abahanga mu by’uburezi bemeza ko iyo umunyeshuri n’umwarimu we babaye inshuti binazamura imyigire kuko umunyeshuri aba yibona mu mwarimu we bigatuma n’ibyo amwigishije abyumva vuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Bafatanye mu mashati: Umukobwa waciye ururimi umusore bakundana yavuze uko byose byagenze

Next Post

Ubwiyongere bwa COVID muri Gereza bwatumye urubanza rwa Urayeneza rwongera gusubikwa

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya
IMYIDAGADURO

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwiyongere bwa COVID muri Gereza bwatumye urubanza rwa Urayeneza rwongera gusubikwa

Ubwiyongere bwa COVID muri Gereza bwatumye urubanza rwa Urayeneza rwongera gusubikwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.