Tuesday, February 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Samusure yahuye aniyunga n’umunyamakuru Oswakin nyuma yuko avuze ko yababajwe n’ibyo yamuvuzeho

radiotv10by radiotv10
17/02/2026
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Samusure yahuye aniyunga n’umunyamakuru Oswakin nyuma yuko avuze ko yababajwe n’ibyo yamuvuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu uzwi nka ‘Oswakim’ n’umukinnyi wa Filimi Kalisa Ernest uzwi nka ‘Samusure’ bahuriye mu kiganiro nyuma yuko uyu mukinnyi wa filimi avuze ko yababajwe n’ibyo yavuzweho n’umunyamakuru wamusobanuriye uko yabivuze, bariyunga.

Ni nyuma yuko Samusure agarutse mu Rwanda avuye muri Mozambique aho yavugaga ko yahungiye amadeni yari afitiye abantu.

Mu biganiro aherutse kugirana n’ibitangazamakuru binyuranye, Samusure yavuze ko yababajwe n’ibyatangajwe n’umunyamakuru Oswakim ngo “ntawucirira imbwa ikuze” aho yavugaga ko ubufasha yasabaga, abantu batari bakwiye kubumuha.

Mu kiganiro Zinduka gitambuka kuri Radio 10 gikorwa n’abanyamakuru barimo Oswakim, uyu mukinnyi wa filimi wari umutumirwa, banaganiriye kuri iki cyari cyazanye inzigo hagati yabo.

Umunyamakuru Oswakim yamusobanuriye ko nta nabi yavuganye ibyo yamutangajeho, ndetse ko byumvikanye nabi, kuko we yavugaga ko uyu mukinnyi wa filimi asanzwe ari umuhanga mu gukina filimi byari bikwiye kumutunga ku buryo atari akwiye kugera mu cyiciro cyo gufashwa.

Ati “Njye naravugaga nti ‘Samusure izina yubatse muri uru Rwanda, ubuhanga n’impano Imana yamuhaye yo gukina, tukaba tugeze mu gihe cyo gutungwa n’ibyo dushyira ku ma YouTube bikabyara amafaranga, Samusure ni uwo kuremerwa?’ naravugaga nti ‘buriya buzima atangiye kubamo ntabwo ari ubwe, ntabwo azabushobora. Ntawucirira imbwa ikuze’ ni muri iyi context twabivuzemo.”

Oswakim avuga ko ibyo yavuze kuri samusure abantu babifashe nabi, kuko we nta nabi yabivuganye, ahubwo ko yagaragaza ko uyu mukinnyi wa Filimi yagombye kuba ariho mu buzima bwiza butari ubwo gufashwa.

Samusure avuga ko “akenshi ukuri kuraryana, kandi nta muntu wemera kugawa mu ruhame, akenshi nyine uramwarwa.” Ariko ko ibyatangajwe n’uyu munyamakuru ari ukuri, ariko ko yakwakiriye nabi bitewe n’ibihe by’ibibazo yari arimo.

Samusure avuga ko mu bihe yari arimo yari akeneye abantu bamuhumuriza. Ati “Iyo hari uvuze ikosa wakoze, mu byukuri ikosa riba rihari, wumva ukuntu uwo muntu ari kugusonga, wumva uwo muntu atabivugiye igihe.”

Samusure avuga ko yahisemo gutabaza na we abona ntayandi mahitamo ariko ko abantu batabyakiriye kimwe. Ati “Ibyo mwavugaga ni byo ariko njye si cyo gihe nari nkeneye kubyumva.”

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 20 =

Previous Post

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Next Post

Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

Related Posts

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

by radiotv10
17/02/2026
0

Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad na bagenzi be baregwa mu rubanza ruregwamo abakurikiranyweho ibyaha birimo gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi ‘Yampano’...

Simple office wear that looks smart and elegant

Simple office wear that looks smart and elegant

by radiotv10
17/02/2026
0

Dressing for the office doesn’t have to mean sacrificing style. Modest outfits can make you look professional, confident, and comfortable...

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

by radiotv10
17/02/2026
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo avuga kuri mugenzi we Musangamfura Christian uzwi nka...

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

by radiotv10
16/02/2026
0

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho kwambika abakomeye, yitabye Urukiko ngo aburane ku bujurire...

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

by radiotv10
14/02/2026
0

Umuhanzi Yvan Muziki yatunguye mugenzi we Marina, amwambikira impeta y’urukundo ku rubyiniro ubwo yaririmbaga mu gitaramo yamurikiyemo album ye “Inganzo...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko
IBYAMAMARE

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

by radiotv10
17/02/2026
0

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

17/02/2026
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Umuturage wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo kivugwamo Banki Nkuru y’u Rwanda yongeye gutakamba

17/02/2026
Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

17/02/2026
Samusure yahuye aniyunga n’umunyamakuru Oswakin nyuma yuko avuze ko yababajwe n’ibyo yamuvuzeho

Samusure yahuye aniyunga n’umunyamakuru Oswakin nyuma yuko avuze ko yababajwe n’ibyo yamuvuzeho

17/02/2026
Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

17/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

Umuturage wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo kivugwamo Banki Nkuru y’u Rwanda yongeye gutakamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.