Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Samusure yahuye aniyunga n’umunyamakuru Oswakin nyuma yuko avuze ko yababajwe n’ibyo yamuvuzeho

radiotv10by radiotv10
17/02/2026
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Samusure yahuye aniyunga n’umunyamakuru Oswakin nyuma yuko avuze ko yababajwe n’ibyo yamuvuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu uzwi nka ‘Oswakim’ n’umukinnyi wa Filimi Kalisa Ernest uzwi nka ‘Samusure’ bahuriye mu kiganiro nyuma yuko uyu mukinnyi wa filimi avuze ko yababajwe n’ibyo yavuzweho n’umunyamakuru wamusobanuriye uko yabivuze, bariyunga.

Ni nyuma yuko Samusure agarutse mu Rwanda avuye muri Mozambique aho yavugaga ko yahungiye amadeni yari afitiye abantu.

Mu biganiro aherutse kugirana n’ibitangazamakuru binyuranye, Samusure yavuze ko yababajwe n’ibyatangajwe n’umunyamakuru Oswakim ngo “ntawucirira imbwa ikuze” aho yavugaga ko ubufasha yasabaga, abantu batari bakwiye kubumuha.

Mu kiganiro Zinduka gitambuka kuri Radio 10 gikorwa n’abanyamakuru barimo Oswakim, uyu mukinnyi wa filimi wari umutumirwa, banaganiriye kuri iki cyari cyazanye inzigo hagati yabo.

Umunyamakuru Oswakim yamusobanuriye ko nta nabi yavuganye ibyo yamutangajeho, ndetse ko byumvikanye nabi, kuko we yavugaga ko uyu mukinnyi wa filimi asanzwe ari umuhanga mu gukina filimi byari bikwiye kumutunga ku buryo atari akwiye kugera mu cyiciro cyo gufashwa.

Ati “Njye naravugaga nti ‘Samusure izina yubatse muri uru Rwanda, ubuhanga n’impano Imana yamuhaye yo gukina, tukaba tugeze mu gihe cyo gutungwa n’ibyo dushyira ku ma YouTube bikabyara amafaranga, Samusure ni uwo kuremerwa?’ naravugaga nti ‘buriya buzima atangiye kubamo ntabwo ari ubwe, ntabwo azabushobora. Ntawucirira imbwa ikuze’ ni muri iyi context twabivuzemo.”

Oswakim avuga ko ibyo yavuze kuri samusure abantu babifashe nabi, kuko we nta nabi yabivuganye, ahubwo ko yagaragaza ko uyu mukinnyi wa Filimi yagombye kuba ariho mu buzima bwiza butari ubwo gufashwa.

Samusure avuga ko “akenshi ukuri kuraryana, kandi nta muntu wemera kugawa mu ruhame, akenshi nyine uramwarwa.” Ariko ko ibyatangajwe n’uyu munyamakuru ari ukuri, ariko ko yakwakiriye nabi bitewe n’ibihe by’ibibazo yari arimo.

Samusure avuga ko mu bihe yari arimo yari akeneye abantu bamuhumuriza. Ati “Iyo hari uvuze ikosa wakoze, mu byukuri ikosa riba rihari, wumva ukuntu uwo muntu ari kugusonga, wumva uwo muntu atabivugiye igihe.”

Samusure avuga ko yahisemo gutabaza na we abona ntayandi mahitamo ariko ko abantu batabyakiriye kimwe. Ati “Ibyo mwavugaga ni byo ariko njye si cyo gihe nari nkeneye kubyumva.”

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Eng-.Nduhungirehe responds to question about President Kagame being represented at the AU Summit

Next Post

Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.