Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Siwe wa mbere- Minisitiri avuga ku mwana ‘watewe inkingo 2 icyarimwe’

radiotv10by radiotv10
24/09/2022
in MU RWANDA
0
Karongi: Umwana ‘watewe doze 2 z’inkingo icyarimwe’ hasobanuwe uko byagenze n’ingaruka byamusigiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr Tharcisse Mpunga yavuze ko umwana wo muri Karongi bivugwa ko yatewe doze ebyiri z’urukingo rwa COVID-19 icyarimwe, atari we wa mbere bibayeho ndetse ko hari n’uwatewe izirenze ebyiri kandi ko abenshi byabayeho, nta ngaruka byabagizeho.

Muri iki cyumweru, RADIOTV10 yakoze inkuru ku mwana wo mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi bivugwa ko yatewe doze ebyiri z’urukingo rwa COVID icyarimwe, bikaba byaramugizeho ingaruka.

Umubyeyi w’uyu mwana, yavuze ko uyu mwana yatewe izi doze ebyiri muri Gashyantare ku ishuri ribanza rya Rugabano yigaho.

Uyu mubyeyi yavugaga ko umuganga wakingiye umwana we, yabanje kumutera doze ya mbere agahita abyibagirwa, ubundi agahita yongera akamutera indi, ariko umwana akabanza kumubwira ko yamukingiye ariko muganga akamubwira ko ari amayeri yo gushaka kwanga kwikingiza.

Yavuze ko nyuma yo guterwa izo doze ebyiri icyarimwe, byamugizeho ingaruka kuko yahise atangira kugira isereri akagira n’ibindi bibazo byo mu mutwe, bigatuma bajya kumuvuza mu bitaro binyuranye birimo ibya Ndera n’ibya gisirikare.

Uyu mubyeyi yavuze ko nubwo umwana wabo yavuriwe muri aya mavuriro yose, ariko n’ubu agifite ibibazo birimo kwibagirwa, ndetse kumuvuza bikaba byarabasigiye ubukene.

Ubwo yari mu kiganiro n’Itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Nzeri 2022, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr Tharcisse Mpunga yagarutse kuri iki kibazo.

Yagize ati “Kugeza uyu munsi si we wa mbere waba utewe inkingo ebyiri, twarababonye benshi batandukanye, hari n’uwigeze guterwa doze zirenge ebyiri ariko kugeza uyu munsi ntawe twigeze tubona wagize ikibazo kubera doze nyinshi, kuko umubiri w’umuntu ufite ubushobozi bwo gusohora umuti umuntu yabonye mu mubiri we, cyane cyane iyo akiri na muto kandi urukingo nta ngaruka rwamuteye.”

Dr Mpunga yavuze ko ikibazo cy’uyu mwana batangiye kugikurikirana ndetse ko Minisiteri y’Ubuzima yohereje itsinda ryo gukurikirana uyu mwana kugira ngo hamenyekane ikibazo afite.

Avuga ko ibibazo bigaragazwa n’uyu mwana, bishobora kuba byaratewe n’izindi mpamvu ariko bikitiranwa ko yaba yarabitewe n’izi nkingo.

Ati “Hari igihe abantu bitiranya ibintu, hari igihe umuntu ashobora kuba afite uburwayi busanzwe cyangwa se n’ikindi kibazo akakitirira ikindi, na byo birashoboka.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, yavuze ko nyuma yo kumenya amakuru arambuye ku kibazo cy’uyu mwana, azatangazwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 3 =

Previous Post

‘Ndongora nitunge’, umuvuno waciwe n’abakobwa bahonga abahungu bakarushingana ariko ntirumare kabiri

Next Post

Nta minota, ni pikupiku yarangiza agahita yigendera- Abagore baranenga abagabo batakibashimisha mu buriri

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta minota, ni pikupiku yarangiza agahita yigendera- Abagore baranenga abagabo batakibashimisha mu buriri

Nta minota, ni pikupiku yarangiza agahita yigendera- Abagore baranenga abagabo batakibashimisha mu buriri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.