Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Siwe wa mbere- Minisitiri avuga ku mwana ‘watewe inkingo 2 icyarimwe’

radiotv10by radiotv10
24/09/2022
in MU RWANDA
0
Karongi: Umwana ‘watewe doze 2 z’inkingo icyarimwe’ hasobanuwe uko byagenze n’ingaruka byamusigiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr Tharcisse Mpunga yavuze ko umwana wo muri Karongi bivugwa ko yatewe doze ebyiri z’urukingo rwa COVID-19 icyarimwe, atari we wa mbere bibayeho ndetse ko hari n’uwatewe izirenze ebyiri kandi ko abenshi byabayeho, nta ngaruka byabagizeho.

Muri iki cyumweru, RADIOTV10 yakoze inkuru ku mwana wo mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi bivugwa ko yatewe doze ebyiri z’urukingo rwa COVID icyarimwe, bikaba byaramugizeho ingaruka.

Umubyeyi w’uyu mwana, yavuze ko uyu mwana yatewe izi doze ebyiri muri Gashyantare ku ishuri ribanza rya Rugabano yigaho.

Uyu mubyeyi yavugaga ko umuganga wakingiye umwana we, yabanje kumutera doze ya mbere agahita abyibagirwa, ubundi agahita yongera akamutera indi, ariko umwana akabanza kumubwira ko yamukingiye ariko muganga akamubwira ko ari amayeri yo gushaka kwanga kwikingiza.

Yavuze ko nyuma yo guterwa izo doze ebyiri icyarimwe, byamugizeho ingaruka kuko yahise atangira kugira isereri akagira n’ibindi bibazo byo mu mutwe, bigatuma bajya kumuvuza mu bitaro binyuranye birimo ibya Ndera n’ibya gisirikare.

Uyu mubyeyi yavuze ko nubwo umwana wabo yavuriwe muri aya mavuriro yose, ariko n’ubu agifite ibibazo birimo kwibagirwa, ndetse kumuvuza bikaba byarabasigiye ubukene.

Ubwo yari mu kiganiro n’Itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Nzeri 2022, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr Tharcisse Mpunga yagarutse kuri iki kibazo.

Yagize ati “Kugeza uyu munsi si we wa mbere waba utewe inkingo ebyiri, twarababonye benshi batandukanye, hari n’uwigeze guterwa doze zirenge ebyiri ariko kugeza uyu munsi ntawe twigeze tubona wagize ikibazo kubera doze nyinshi, kuko umubiri w’umuntu ufite ubushobozi bwo gusohora umuti umuntu yabonye mu mubiri we, cyane cyane iyo akiri na muto kandi urukingo nta ngaruka rwamuteye.”

Dr Mpunga yavuze ko ikibazo cy’uyu mwana batangiye kugikurikirana ndetse ko Minisiteri y’Ubuzima yohereje itsinda ryo gukurikirana uyu mwana kugira ngo hamenyekane ikibazo afite.

Avuga ko ibibazo bigaragazwa n’uyu mwana, bishobora kuba byaratewe n’izindi mpamvu ariko bikitiranwa ko yaba yarabitewe n’izi nkingo.

Ati “Hari igihe abantu bitiranya ibintu, hari igihe umuntu ashobora kuba afite uburwayi busanzwe cyangwa se n’ikindi kibazo akakitirira ikindi, na byo birashoboka.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, yavuze ko nyuma yo kumenya amakuru arambuye ku kibazo cy’uyu mwana, azatangazwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 10 =

Previous Post

‘Ndongora nitunge’, umuvuno waciwe n’abakobwa bahonga abahungu bakarushingana ariko ntirumare kabiri

Next Post

Nta minota, ni pikupiku yarangiza agahita yigendera- Abagore baranenga abagabo batakibashimisha mu buriri

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta minota, ni pikupiku yarangiza agahita yigendera- Abagore baranenga abagabo batakibashimisha mu buriri

Nta minota, ni pikupiku yarangiza agahita yigendera- Abagore baranenga abagabo batakibashimisha mu buriri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.