Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Umunya-Eritrea kabuhariwe mu guterera yegukanye Etape3 noneho Umunyarwanda aza mu 10

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in SIPORO
0
TdRda: Umunya-Eritrea kabuhariwe mu guterera yegukanye Etape3 noneho Umunyarwanda aza mu 10
Share on FacebookShare on Twitter

Agace ka gatatu k’isiganwa rya Tour du Rwanda rimaze kwigarurira imitima ya benshi, kegukanywe n’Umunya-Eritrea, Henok Mulueberhan w’ikipe ya Green Project, mu gihe Umunyarwanda waje hafi ari Muhoza Eric waje mu myanya 10 ya mbere akaba ari na we uje hafi kuva iri siganwa ry’uyu mwaka ryatangira.

Aka gace katurutse i Huye kerecyeza i Musanze, kasojwe ku isaha ya saa munani zuzuye (14:00’) kagaragayemo uguhangana gukomeye k’umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco kuko kuva mu Karere ka Huye kurinda binjira mu Karere ka Musanze yari ayoboye bagenzi be.

Umunya-Eritrea Henok Mulueberhan ukinira ikipe ya Green Project yahabwaga amahirwe menshi cyane muri aka gace kabamo ibice binini byo kuzamuka dore ko anazwiho ubuhanga mu kuzamuka, ni na we waje gukandagiza bwa mbere ipine ku murongo w’umweru muri Musanze.

Henok Mulueberhan kandi arahita yambara umwambaro w’umuhondo w’umukinnyi uyoboye iri rushanwa ku rutonde rusange kugeza kuri utu duce dutatu tumaze gukinwa.

Uyu mwambaro arawambura Umwongereza Vernon Ethan uwuraranye amajoro abiri kuko kuva yawambara ku Cyumweru yanaje kuwugumana ejo hashize ku wa Mbere ubwo yanegukanaga agace ka kabiri ka Kigali-Gisagara.

Vernon Ethan ufite ubuhanga buhambaye mu gusiganwa ahatambika, ntiyahiriwe uyu munsi kuko adasanzwe azwiho umuhamagaro wo kuzamuka mu gihe agace k’uyu munsi karimo ahantu hanini ho guterera, dore ko atanaje mu myanya hafi.

Umunyarwanda waje hafi muri aka gace ka gatatu ka Huye-Musanze, ni Muhoza Eric ukinira ikipe ya Bike Aid, noneho wanaje mu myaka icumi ya mbere kuko yaje ku mwanya wa cyenda (9) aho aruswa amasegonda 11′ n’uwegukanye aka gace.

Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco kandi yegukanye amanota menshi yo guterera udusozi dutandukanye dore ko aka gace ari na ko karekare ka 199,5 Km, kari karimo n’udusozi twinshi.

Rurangiranwa Chris Froome witezweho gukora akantu muri iri rushanwa, yagerageje kuva muri Peloton ariko yagera imbere abakinnyi bagenzi bagahita bamugarura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + nine =

Previous Post

Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Next Post

Amakuru mashya ku muhanzi wari ufunzwe akekwaho gukoresha umukobwa imibonano ku gahato

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku muhanzi wari ufunzwe akekwaho gukoresha umukobwa imibonano ku gahato

Amakuru mashya ku muhanzi wari ufunzwe akekwaho gukoresha umukobwa imibonano ku gahato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.