Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Repubulika ya Centrafrique, yamwakiriye mu biro bye nyuma y’uyu muhango.
Ni umuhano wabereye i Bangui mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu gisanzwe ari inshuti n’umubanyi mwiza w’u Rwanda.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, bivuga ko “Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yitabiriye umuhango w’irahiza rya Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Santarafurika, nyuma yakiriwe na Perezida Touadéra mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu.”
Faustin-Archange Touadéra warahiriye gukomeza kuyobora Repubulika ya Centrafrique, yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ukuboza 2025 ku majwi 76,15%, ahigitse abandi bakandida barindwi bari bahatanye.
Touadéra watsinze aya matora muri manda ya gatatu, yagiye ku buyobozi muri 2016, aho yemerewe kwiyamamaza iyi manda nyuma yuko Itegeko Nshinga ry’Igihugu cye ryavuguruwe muri 2023.
Iki Gihugu cya Centrafrique gisanzwe gifitanye umubano mwiza n’u Rwanda, ushingiye ku mikoranire byumwihariko mu mutekano, kuko u Rwanda rufitiye abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro.
Kuva Inzego z’umutekano z’u Rwanda zatangira ubutumwa muri iki Gihugu, amahoro n’umutekano byari byarabuze, byarabonetse, ibintu bituma abaturage b’iki Gihugu bazivuga imyato, banashima u Rwanda rwagobotse Igihugu cyabo.




RADIOTV10










