Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

radiotv10by radiotv10
31/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 itsinze iya Estonia mu mukino warebwe na Perezida Paul Kagame b’abandi bayobozi mu Nzego Nkuru z’u Rwanda, ndetse n’Abaturarwanda benshi dore ko Sitade Amahoro yari yakubise yuzuye.

Ni umukino wabereye kuri Stade Amahoro urangira u Rwanda rutsinze Estonia ku mukino wa nyuma w’itsinda A ibitego 2-0 bya Biramahire Abeddy na Leroy Jacques Mickels, umukino wanitabiriwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Mu bandi banyacyubahiro barebye uyu mukino, barimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS, Rwego Ngarambe, Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA, Eng. Jean de Dieu Uwihanganye, n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva.

Umutoza w’Amavubi Sephen Constantine yahisemo gukoresha abakinnyi 11 bari babanjemo ku mukino uheruka kubahuza na Grenada ku wa 5 w’icyumweru gishize ubwo bayinyagiraga ibitego 4-0.
Umukino w’uyu munsi watangiye ubona Estonia ihanahana umupira kurusha Amavubi, icyakora Amavubi ahagarara neza ku buryo kuyinjiza igitego wabonaga bigoye.

Abeddy Biramahire ni we wafunguye amazamu ku mupira yari ahawe na Joy Lance Mickels. Igitego cya 2 cyatsinzwe na Leroy Mickels ku mupira yahawe na Djihad Bizimana nyuma ya corner yari imaze guhanahanwa n’abakinnyi b’Amavubi.

Mbere yuko Amavubi atsinda Estonia, Kenya yabanje kunyagira Grenada ibitego 3-0 inegukana umwanya wa 3 mu makipe 4 yo mu itsinda A ryakiniye imikino yaryo ya FIFA SERIES 2026 kuri Stade Amahoro.
Leroy Jacques Mickels, ni we watowe nk’umukino wahize abandi mu itsinda A, akaba yaratsinze ibitego 2 aranigaragaza cyane kabone nubwo bwari ubwa mbere akiniye ikipe y’igihugu Amavubi.

Iki gikombe ikipe y’igihugu y’u Rwanda itwaye ni icya 3 mu mateka, nyuma y’icya CECAFA Senior Challenge Cup muri 1999, icya COMESA(2000) na FIFA SERIES 2026.

FIFA SERIES ni irushanwa rikinirwa mu mikino ya gishuti kuri gahunda y’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA, aho iry’uyu mwaka ryabaga ku nshuro ya 2 nyuma y’iryari ryabaye muri 2024.
Uyu mwaka, u Rwanda ni cyo gihugu cyonyine cyakiriye imikino ya FIFA SERIES kikakira amatsinda 2, bikaba byaherukaga kuba muri Saudi Arabia muri 2024.

Itsinda rya 2 rya FIFA SERIES ryari ryakiniye i Nyamirambo aho ikipe y’igihugu ya ARUBA yatwaye igikombe nyuma yo kunyagira LIECHTNSTEIN ibitego 4-1, umukino wari wabanjirijwe na Tanzania inyagira Macau ibitego 6-0 mu guhatanira umwanya wa 3.

11 babanjemo ku ruhande rw’Amavubi
11 ba Estonia
Perezida Kagame yarebye uyu mupira
Perezida Kagame asuhuza Perezida wa FERWAFA

Perezida Kagame yarebye uyu mukino

Sitade yari yakubise yuzuye

Ikipe y’u Rwanda yakinnye umukino mwiza utarabayeho
Abandi bayobozi mu nzego nkuru nka Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS, Rwego Ngarambe na bo barebye uyu mukino
Jean de Dieu Uwihanyanye, Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva. na we yari yaje

Amavubi yegukanye Igikombe
Mickels L. Jacque usigaye mu mitima y’Abanyarwanda yabaye umukinnyi mwiza w’irushanwa

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + fourteen =

Previous Post

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

Next Post

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.