Monday, March 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko yategetse igisirikare kuba gihagaritse ibitero byibasira ibikorwa remezo by’amashanyarazi bya Iran nyuma y’ibiganiro byabayeho, anemeza ko ibintu biri kugenda neza mu biganiro biri gukorwa.

Perezida Trump yabitangaje kuri uyu wa Mbere, avuga ko yategetse igisirikare cye guhagarika biriya bitero mu gihe cy’iminsi itanu, byagabwaga ku bikorwa remezo by’amashanyarazi n’ingufu.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth, Trump yavuze ko ibi byagezweho kubera “ibiganiro bitanga umusaruro” kandi ari “inama n’ibiganiro bigikomeje.”

Yavuze ko mu minsi ibiri ishize Washington na Tehran bagize “ibiganiro byiza kandi bitanga umusaruro bijyanye no guhagarika no kugera ku musaruro wa burundu mu bibazo biri mu burasirazuba bwo hagati.”

Trump kandi yavuze ko intego nyamukuru, ari ugusenya burundu gahunda y’ingufu za kirimbuzi ya Iran, kandi ko ari byo biri ku murongo w’ibanze mu biganiro biriho bikorwa, ndetse ko Iran yamaze kubyemera.

Yavuze ko impande zose ziteguye kugirana amasezerano, kandi ko agomba kuba ari “amasezerano meza” ndetse ko “nta ntambara izongera kubaho” kimwe ko “nta n’intwaro za kirimbuzi zizongera kubaho” ndetse ko Iran iri kwemera ibyo iri gusabwa muri ibyo biganiro.

Trump kandi yavuze ko ku wa Gatandatu yahaye Iran amasaha 48, kugeza saa sita z’ijoro ryo kuri uyu wa mbere, gufungura umuhora wa Hormuz wabaye ufunzwe na Iran, usanzwe ari imwe mu nzira zikomeye z’ibikomoka kuri peteroli na gaze byoherezwa ku Isi.

Ubutegetsi bwa Iran bwo bwari bwatangaje ko na bwo bwiteguye “gukora ibitero byo gusubiza” ku bikorwa remezo by’ingenzi byo mu burasirazuba bwo hagati, mu gihe Trump yashyira mu bikorwa uriya mugambi yari yatangaje wo gusenya burundu ibikorwa remezo by’amashanyarazi bya Iran.

Tehran kandi yari yatangaje ko izasenya ibikorwa remezo bisanzwe ari ingomero z’amashanyarazi zohereza ku birindiro bya Leta Zunze Ubumwe za America “kumwe n’ibindi bikorwa remezo by’ingufu n’inganda America ifitemo imigabane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 4 =

Previous Post

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

Next Post

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Related Posts

Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

by radiotv10
23/03/2026
0

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i Goma kandi hari icyicaro gikuru cy’Ihuriro AFC/M23 rirwanya...

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

by radiotv10
23/03/2026
0

Iran yatangaje ko yiteguye kugaba ibitero bikomeye ku bikorwaremezo by’amashanyarazi bya Israel, no ku bigo bitanga amashanyarazi ku birindiro bya...

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

by radiotv10
23/03/2026
0

Indege ya Sosiyete ya Canada (Air Canada) yagonganiye n’imodoka ku kibuga cy’Indege cya LaGuardia i New York muri Leta Zunze...

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

by radiotv10
22/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze iki Gihugu cyifuza kuganira na Iran ariko ko nta 'muntu...

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

by radiotv10
21/03/2026
0

Umutwe witwaje intwaro wa MDKC wo mu gace ka Katanga uvuga uharanira kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uratangaza ko...

IZIHERUKA

Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma
AMAHANGA

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

by radiotv10
23/03/2026
0

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

23/03/2026
Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

23/03/2026
Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

23/03/2026
Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran

Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran

23/03/2026
BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

23/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.