Tuesday, July 28, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Tunisia: Perezida yavuze ibyumvikanamo kwishongora ku wo bari kuzahahatana mu matora

Tunisia: Perezida yavuze ibyumvikanamo kwishongora ku wo bari kuzahahatana mu matora

Perezida wa Tunisia, Kais Saied yatangaje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu, azaba tariki 06 Ukwakira, ndetse ko yizeye kuzayatsinda kuko umukandida bagombaga guhatanira uyu mwanya, ari muri gereza, mu gihe abandi bari gukurikiranwa n’inkiko.

Perezida Saied watorewe kuyobora Tunisia muri 2019, aherutse gutangaza ko atiteguye kurekura uyu mwanya awuha abo yise “abadakunda igihugu.”

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Saied, bavuga ko aya matora adashobora kuba, kugeza igihe abanyapolitiki bafunzwe barekuwe, kuko gufungwa kwabo babona ari uburyo Perezida Paied akoresha ngo akumire abo bahanganye mu matora, kuko abafitiye ubwoba ko bazamutsinda

Abir Moussi, umuyobozi w’ishyaka rikomeye mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Saied, wahabwaga amahirwe yo guhangana na we muri aya matora ndetse akaba yayatsinda, afunzwe kuva mu mwaka ushize, ashinjwa guhungabanya umutekano n’ituze ry’abaturage.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =