Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ibyo Congo igomba gukora kugira ngo amahoro aboneke

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje ibyo Congo igomba gukora kugira ngo amahoro aboneke
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yagaragaje ibintu bine bikwiye kubahirizwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira ngo amahoro aboneke mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Amb. Ernest Rwamucyo yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024 mu Nteko y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, kakiriye raporo ku bikorwa bya MONUSCO.

Yavuze ko hari ibintu by’ingenzi bikwiye gushyirwa mu bikorwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo amahoro n’umutekano biboneke mu burasirazuba bw’iki Gihugu no mu karere.

Ati “Icya mbere, DRC, igomba kubahiriza kandi igashyira mu bikorwa imyanzuro y’i Nairobi n’i Luanda. Iyi myanzuro ni inzira ziboneye zo gushakira umuti imvururu ziri muri DRC.”

Yakomeje agira ati “Icya kabiri, DRC igomba guhagarika gutera inkunga FDRL, zirimo kuyiha ubushobozi bw’amikoro, kuyiha intwaro ndetse no kuyinjiza mu gisirikare cya Congo.”

Yaboneyeho kandi kuvuga ko u Rwanda rwifuza ko Congo yubahiriza umugambi uhuriweho wemejwe n’inzego z’umutekano wo kurandura uyu mutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Ati “Icya gatatu, DRC igomba guhagarika imvugo zihembera urwango ndetse n’ibikorwa byibasira Abanyekongo b’Abatutsi. Kwibasira abantu hagendewe ku bwoko bwabo n’abo bari bo, ni ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu kandi bigatesha agaciro ikiremwamuntu.”

Akomeza ku cya kane agira ati “DRC igomba gutegura uburyo buboneye kandi butekanye bwo guchyura impunzi z’Abanyekongo.”

Amb. Rwamucyo yavuze ko iki gikorwa cyo gucyura impunzi, atari ibyo Congo isabwa n’amategeko mpuzamahanga gusa, ahubwo ko binaha agaciro Abanyekongo bimwe uburenganzira ku Gihugu cyabo, bagasubira mu byabo, bakabaho batekanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 6 =

Previous Post

Mu mwiherero w’Amavubi y’amasura mashya hagaragayemo umukinnyi wawujemo bitunguranye (AMAFOTO)

Next Post

Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss

Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.