Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ibyo Congo igomba gukora kugira ngo amahoro aboneke

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje ibyo Congo igomba gukora kugira ngo amahoro aboneke
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yagaragaje ibintu bine bikwiye kubahirizwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira ngo amahoro aboneke mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Amb. Ernest Rwamucyo yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024 mu Nteko y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, kakiriye raporo ku bikorwa bya MONUSCO.

Yavuze ko hari ibintu by’ingenzi bikwiye gushyirwa mu bikorwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo amahoro n’umutekano biboneke mu burasirazuba bw’iki Gihugu no mu karere.

Ati “Icya mbere, DRC, igomba kubahiriza kandi igashyira mu bikorwa imyanzuro y’i Nairobi n’i Luanda. Iyi myanzuro ni inzira ziboneye zo gushakira umuti imvururu ziri muri DRC.”

Yakomeje agira ati “Icya kabiri, DRC igomba guhagarika gutera inkunga FDRL, zirimo kuyiha ubushobozi bw’amikoro, kuyiha intwaro ndetse no kuyinjiza mu gisirikare cya Congo.”

Yaboneyeho kandi kuvuga ko u Rwanda rwifuza ko Congo yubahiriza umugambi uhuriweho wemejwe n’inzego z’umutekano wo kurandura uyu mutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Ati “Icya gatatu, DRC igomba guhagarika imvugo zihembera urwango ndetse n’ibikorwa byibasira Abanyekongo b’Abatutsi. Kwibasira abantu hagendewe ku bwoko bwabo n’abo bari bo, ni ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu kandi bigatesha agaciro ikiremwamuntu.”

Akomeza ku cya kane agira ati “DRC igomba gutegura uburyo buboneye kandi butekanye bwo guchyura impunzi z’Abanyekongo.”

Amb. Rwamucyo yavuze ko iki gikorwa cyo gucyura impunzi, atari ibyo Congo isabwa n’amategeko mpuzamahanga gusa, ahubwo ko binaha agaciro Abanyekongo bimwe uburenganzira ku Gihugu cyabo, bagasubira mu byabo, bakabaho batekanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 11 =

Previous Post

Mu mwiherero w’Amavubi y’amasura mashya hagaragayemo umukinnyi wawujemo bitunguranye (AMAFOTO)

Next Post

Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss

Related Posts

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika
FOOTBALL

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss

Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.