Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ibyo Congo igomba gukora kugira ngo amahoro aboneke

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje ibyo Congo igomba gukora kugira ngo amahoro aboneke
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yagaragaje ibintu bine bikwiye kubahirizwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira ngo amahoro aboneke mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Amb. Ernest Rwamucyo yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024 mu Nteko y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, kakiriye raporo ku bikorwa bya MONUSCO.

Yavuze ko hari ibintu by’ingenzi bikwiye gushyirwa mu bikorwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo amahoro n’umutekano biboneke mu burasirazuba bw’iki Gihugu no mu karere.

Ati “Icya mbere, DRC, igomba kubahiriza kandi igashyira mu bikorwa imyanzuro y’i Nairobi n’i Luanda. Iyi myanzuro ni inzira ziboneye zo gushakira umuti imvururu ziri muri DRC.”

Yakomeje agira ati “Icya kabiri, DRC igomba guhagarika gutera inkunga FDRL, zirimo kuyiha ubushobozi bw’amikoro, kuyiha intwaro ndetse no kuyinjiza mu gisirikare cya Congo.”

Yaboneyeho kandi kuvuga ko u Rwanda rwifuza ko Congo yubahiriza umugambi uhuriweho wemejwe n’inzego z’umutekano wo kurandura uyu mutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Ati “Icya gatatu, DRC igomba guhagarika imvugo zihembera urwango ndetse n’ibikorwa byibasira Abanyekongo b’Abatutsi. Kwibasira abantu hagendewe ku bwoko bwabo n’abo bari bo, ni ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu kandi bigatesha agaciro ikiremwamuntu.”

Akomeza ku cya kane agira ati “DRC igomba gutegura uburyo buboneye kandi butekanye bwo guchyura impunzi z’Abanyekongo.”

Amb. Rwamucyo yavuze ko iki gikorwa cyo gucyura impunzi, atari ibyo Congo isabwa n’amategeko mpuzamahanga gusa, ahubwo ko binaha agaciro Abanyekongo bimwe uburenganzira ku Gihugu cyabo, bagasubira mu byabo, bakabaho batekanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − one =

Previous Post

Mu mwiherero w’Amavubi y’amasura mashya hagaragayemo umukinnyi wawujemo bitunguranye (AMAFOTO)

Next Post

Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss

Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.