Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwakiriye impunzi 113 bituma umubare w’izimaze kuhagera zigera mu 2.300

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwakiriye impunzi 113 bituma umubare w’izimaze kuhagera zigera mu 2.300

Izi mpunzi ziturutse muri Libya ubwo zururukaga indege i Kanombe

Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwahaye ikaze impunzi 113 ziturutse muri Libya, zaje ari icyiciro cya 18 mu masezerano rusanzwe rufitanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku mpunzi-UNHCR.

Izi mpunzi 113 zasesekaye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 13 Kamena 2024, zakirwa n’abakozi barimo aba UNHCR, ndetse n’aba Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi.

Izi mpnzi zaturutse muri Libya, zirimo abantu bahunze Ibihugu bitandatu, ari byo; Somalia, Sudan, Eritrea, Sudani y’Epfo, Ethiopia na Côte d’Ivoire, bagiye bahunga ibibazo bitandukanye birimo intambara n’imvururu biri mu Bihugu byabo.

Kuva muri 2019, izi mpunzi zije mu Rwanda ari icyiciro cya 18 muri ubu bufatanye buri hagati y’u Rwanda na UNHCR, aho kugeza ubu, u Rwanda rumaze kwakira impunzi 2 355 zaturutse muri Libya.

Ni impunzi zatangiye koherezwa muri 2019 nyuma y’uko u Rwanda rugiranye amasezerano n’iri Shami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku Mpunzi, ryashimye uburyo iki Gihugu cyakira impunzi, zihagera zigatekana.

Gusa iri shami rya UN, riherutse guhindura imvugo, aho ryakunze kunenga gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira n’abasaba ubuhungiro, rivuga ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye.

Muri iki cyumweru, Guverinoma y’u Rwanda, yashyize hanze itangazo yamagana ibikomeje gutanganzwa n’iri shami ryakomeje kuyirega mu Nkiko zo mu Bwongereza, rivuga ko iki Gihugu kidatekanye ku buryo cyakoherezwamo abimukira n’abashaka ubuhungiro.

Iri tangazo rya Guverinoma ryagiye hanze tariki 11 Kamena, rigira riti “UNHCR irabeshya. Umuryango ukomeje kujyana ibirego by’ibihimbano mu Nkiko z’u Bwongereza ku birebana n’uburyo abashaka ubuhungiro bafatwa, nyamara ukomeje gukorana natwe mu kuzana abimukira bavuye muri Libya kugira ngo babone ahantu hatekanye mu Rwanda, banyuzwa ngo bazabone Ibihugu bibakira.”

Muri iri tangazo, u Rwanda rwagarutse kuri zimwe mu ngero zagiye zishingirwaho n’uyu Muryango mu birego byawo, rukanerekana uburyo bihabanye n’ukuri, rwavuze ko mu myaka 30 ishize rwakoze ibishoboka byose mu kwita ku baruhungiramo, ndetse ko iyi ntego itazigera itezukwaho.

Bakiriwe neza nk’ibisanzwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Burusiya

Next Post

Menya umubare uri hejuru w’abatuye Isi bamaze kuva mu byabo kubera imvururu

Related Posts

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

IZIHERUKA

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo
SIPORO

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

18/11/2025
Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

18/11/2025
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umubare uri hejuru w’abatuye Isi bamaze kuva mu byabo kubera imvururu

Menya umubare uri hejuru w’abatuye Isi bamaze kuva mu byabo kubera imvururu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.