Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwakiriye impunzi 113 bituma umubare w’izimaze kuhagera zigera mu 2.300

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwakiriye impunzi 113 bituma umubare w’izimaze kuhagera zigera mu 2.300

Izi mpunzi ziturutse muri Libya ubwo zururukaga indege i Kanombe

Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwahaye ikaze impunzi 113 ziturutse muri Libya, zaje ari icyiciro cya 18 mu masezerano rusanzwe rufitanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku mpunzi-UNHCR.

Izi mpunzi 113 zasesekaye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 13 Kamena 2024, zakirwa n’abakozi barimo aba UNHCR, ndetse n’aba Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi.

Izi mpnzi zaturutse muri Libya, zirimo abantu bahunze Ibihugu bitandatu, ari byo; Somalia, Sudan, Eritrea, Sudani y’Epfo, Ethiopia na Côte d’Ivoire, bagiye bahunga ibibazo bitandukanye birimo intambara n’imvururu biri mu Bihugu byabo.

Kuva muri 2019, izi mpunzi zije mu Rwanda ari icyiciro cya 18 muri ubu bufatanye buri hagati y’u Rwanda na UNHCR, aho kugeza ubu, u Rwanda rumaze kwakira impunzi 2 355 zaturutse muri Libya.

Ni impunzi zatangiye koherezwa muri 2019 nyuma y’uko u Rwanda rugiranye amasezerano n’iri Shami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku Mpunzi, ryashimye uburyo iki Gihugu cyakira impunzi, zihagera zigatekana.

Gusa iri shami rya UN, riherutse guhindura imvugo, aho ryakunze kunenga gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira n’abasaba ubuhungiro, rivuga ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye.

Muri iki cyumweru, Guverinoma y’u Rwanda, yashyize hanze itangazo yamagana ibikomeje gutanganzwa n’iri shami ryakomeje kuyirega mu Nkiko zo mu Bwongereza, rivuga ko iki Gihugu kidatekanye ku buryo cyakoherezwamo abimukira n’abashaka ubuhungiro.

Iri tangazo rya Guverinoma ryagiye hanze tariki 11 Kamena, rigira riti “UNHCR irabeshya. Umuryango ukomeje kujyana ibirego by’ibihimbano mu Nkiko z’u Bwongereza ku birebana n’uburyo abashaka ubuhungiro bafatwa, nyamara ukomeje gukorana natwe mu kuzana abimukira bavuye muri Libya kugira ngo babone ahantu hatekanye mu Rwanda, banyuzwa ngo bazabone Ibihugu bibakira.”

Muri iri tangazo, u Rwanda rwagarutse kuri zimwe mu ngero zagiye zishingirwaho n’uyu Muryango mu birego byawo, rukanerekana uburyo bihabanye n’ukuri, rwavuze ko mu myaka 30 ishize rwakoze ibishoboka byose mu kwita ku baruhungiramo, ndetse ko iyi ntego itazigera itezukwaho.

Bakiriwe neza nk’ibisanzwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Burusiya

Next Post

Menya umubare uri hejuru w’abatuye Isi bamaze kuva mu byabo kubera imvururu

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umubare uri hejuru w’abatuye Isi bamaze kuva mu byabo kubera imvururu

Menya umubare uri hejuru w’abatuye Isi bamaze kuva mu byabo kubera imvururu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.