Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwungutse Ambasade nshya bituma rugira izikabakaba 50 mu Bihugu bitandukanye ku Isi

radiotv10by radiotv10
07/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwungutse Ambasade nshya bituma rugira izikabakaba 50 mu Bihugu bitandukanye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yafunguye Ambasade yayo muri Indonesia bituma kugeza ubu u Rwanda rugira ambasade 49, aho iyi yafunguwe muri Indonesia yitezweho kwagura no guteza imbere imikoranire n’umubano hagati y’Ibihugu byombi.

Ambasade y’u Rwanda i Jakarta muri Indonesia yatumye ubu u Rwanda rugira izibarirwa muri 49 Mu bihugu 147 byo ku Migabane uko ari itanu ku Isi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta wafunguye ku mugaragaro iyi Ambasade; yavuze ko bizafasha kurushaho koroshya imikoranire itanga inyungu ku batuye Ibihugu byombi.

Yagize ati “Iyi ambasade ni ikimenyetso cyo gutsimbataza ubucuti dusanganywe. Izarushako koroshya ibiganiro bishingiye kuri dipolomasi no gutanga serivisi nziza ku baturage bacu. Ibi bigaragaza ko dushaka gushinga imizi muri Indonesia no muri aka karere.”

Minisitiri Biruta kandi yagarutse ku biganiro yagiranye na mugenzi we wa Indonesia, byagarutse ku gushyira mu bikorwa ibyo Ibihugu byombi byemeranyijwe birimo mu bucuruzi, ishoramari n’uburezi.

Ati “Turashaka kandi no gufatanya mu zindi nzego zirimo ubukerarugendo, ubuzima, igisirikare, n’umutekano.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Indonesia, Retno Marsudi yavuze ko u Rwanda rusanzwe ari umufatanyabikorwa mwiza w’iki Gihugu ku Mugabane wa Afurika, ndetse iki Gihugu kikaba giteganya gushyiraho n’imikoranire ihangana n’ibyaha byambukiranya imipaka.

Ati “Iyi Ambasade ivuze byinshi mi mibanire y’u Rwanda na Indonesia. Mu biganiro twagiranye twaganiriye ku bintu byinshi by’ingenzi. Icya mbere ni imikoranire muri politike n’umutekano, twemeranyije imikoranire mu bya politike. mu minsi micye ishize twatangiye gutegura imikoranire y’inzego za polisi mu guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka.”

Mu kwezi k’Ugushyingo 2022 Perezida Paul Lagame yagiriye uruzinduko muri Indonesia, anagirana ibiganiro na mugenzi we uyobora iki Gihugu, Joko Widodo byagarutse ku mikoranire mu nzego zitandukanye zigamije ubufatanye butanga inyungu zihuriweho.

Umukuru w’u Rwanda kandi yari yasuye iki Gihugu 2014, aho yari yahuye na Muhammad Jusuf Kalla wari Visi Perezida.

Indonesia igaragaza ko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka ubucuruzi Ibihugu byombi byakoranye bwazamutse ku rugero rwa 32%. Mu rwego rwo kwagura iyi mikoranire; kuva muri Gashyantare 2023 Indonesia itanga Visa ku Banyarwanda ari uko bagezeyo. iki Gihugu kandi cyakuyeho ikiguzi cya Visa ku badipolomate.

Iki gikorwa cyakozwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

DRCongo: Hatanzwe umucyo ku gitero cy’umutwe wishe urw’agashinyaguro abaturage 16

Next Post

Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Hari icyiciro cyabonetsemo umuntu umwe wujuje ibisabwa: Ibirambuye wamenya ku bibura kuri Kandidatire zitemejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.