Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu Murenge wa Giheke mu cyahoze ari komine Gisuma bibutse Abatutsi biciwe mu rusengero rw’itorero rya ADEPR aho bari bahungiye bizeye ko ntawabasanga mu nzu y’Imana ngo abagirire nabi ariko interahamwe zikica urugi zikabiciramo.
Uwizeyima Gabriel warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko icyo gitero cyagabwe ku bari bahungiye mu rusengero, avuga ko uru rusengero rwari rwahungiyemo Abatutsi baturutse mu bice biri hafi yarwo, umuzamu akabanza kwanga kubakingurira .
Ati “Ku itariki ya cyenda abo twari kumwe mu gihuru baravuze ngo tuhave kuko bazahadusanga bakatwica, ahubwo ngo tujye mu rusengero ko ho nituhagera ntacyo tuzaba tukibaye. Tuhageze dusanga urusengero rurakinze. Dusaba umuzamu wari uhari kudukingurira atubwira ko atadukingurira atabiherewe uburenganzira ahubwo adukingurira inzu zo mu gikari aba ari ho tujya.”
Uwizeyimana akomeza avuga ko bakimara kujya mu nzu nto yo mu gikari, umubare waje kwiyongera haba hato ari nako ibitero biza bikazenguruka urusengero ndeste bitangira kubatera amabuye n’amacumu bamwe barakomereka bituma bajya mu rusengero ahari hisanzuye.
Ati “Abasore bari barimo ndetse n’abagabo baravuga bati turapfiramo hano kuko tutari kubona uko dukwepa ibyo bari kudutera, reka duce urugi tujye mu rusengero. Tumaze kujya mu Rusengero haba harisanzuye, ndeste n’abandi bahunga bagakomeza kuza.”
Byageze aho abicanyi bakomeza gushaka kwinjira ngo bice abari mu rusengero ndeste abaturage bari batuye hafi yarwo bagerageza gusubiza ibitero inyuma bakoresheje amabuye, babaza abicanyi impamvu bashaka kwica abo bantu nabo ngo bakavuga ko bashaka kureba imbunda bafite zo kwicisha Abahutu, habaho ubwumvikane barakingura basanga ntazo bafitemo.
Gabriel ati “Bati ‘abo bantu nt kindi tubashakaho ni uko bahunganye imbunda, bafite intwaro zo kuzica Abahutu’. Basaba imishyikirano binjira mu rusengero barasaka bareba ko hari intwaro dufite. Ariko njye mpamya ko kwari ukugira ngo barebe uko tungana n’imbaraga dufite.”
Nyuma yo gusaka bagasanga nta mbunda abari mu rusengero bafite, ni bwo baje kugaba igitero kigaca urugi rw’urusengero kikica abari bahungiyemo hakarokoka bake.
Gabriel ati “Igitero cyamaze kwikusanya harimo abantu baturutse mu bice bitandukanye, bavuga ko bagiye kudutwikiramo, ariko haboneka umuntu aravuga ngo nibareke gutwika urusengero kuko bajya barusengeramo, ahubwo abereka uko bica urugi. Bamaze kwinjiramo baravuga ngo abagabo ukwabo n’abagore ukwabo, ubundi batangira kwica.”
Kuva ubwo, abo bicanyi bahise batangira kwicira izo nzirakarengane mu rusengero, uyu Gabriel n’abandi bake bihisha muri yorodani bituma barokoka kuri iyo nshuro uretse ko ngo nyuma yo kuva mu rusengero baje gutatana bamwe bakaza kwicwa nyuma.
Umushumba wa Paruwasi y’itorero rya ADEPR mu Karere ka Rusizi, Mushimiyimana Jean Claude, avuga ko aya mateka mabi y’ubwicanyi bwabereye mu nzu y’Imana aha umukoro iri torero w’uko rigomba kwigisha ubumwe.
Agira ati “Bari bahahungiye bazi ko bahakirira ariko barahicirwa. Ariko dufite umukoro wo gukosora ibitaragenze neza aho dukomeje ingamba dufatanyije n’ubuyobozi bwacu bw’igihugu kugira ngo aba kirisito babane biyumvanamo, dufite umukoro ukomeye wo kurushaho kwigisha ubumwe.”
Abatutsi bagera kuri 38 biciwe muri uru rusengero, bajugunywe mu mwobo w’ubwiherero bwari hafi aho, ariko imibiri yabo iza gushakishwa ijyanwa gushyingurwa mu cyubahiro mu wibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gashirabwoba ruri mu Karere ka Nyamasheke.
Ni mugiye itariki ya 11 Mata biciweho ari yo abaturage bo mu Murenge wa Giheke babibukiraho bazirikana ubugome n’ubunyamanswa bw’interahamwe zitatinye kubasanga mu nzu y’Imana aho bari bahungiye bizeye gukirira.


Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10









