Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uburebure bwa dosiye bwatumye urubanza rwa Nsengimana nyiri Umubavu TV rudasomwa

radiotv10by radiotv10
22/12/2021
in MU RWANDA
0
Uburebure bwa dosiye bwatumye urubanza rwa Nsengimana nyiri Umubavu TV rudasomwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse igikorwa cyo gusoma urubanza rw’ubujurire ruregwamo Nsengimana Theoneste na bagenzi be baregwa ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi nabi.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse isomwa ry’uru rubanza rwari ruteganyijwe kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Ukuboza 2021 kubera uburebure bwa dosiye.

Umucamanza yavuze ko kubera uburebure bwa dosiye y’uru rubanza, Urukiko rukiri gusesengura ibyaburanyweho mu bujurire mu iburanisha ryabaye tariki 16 Ukuboza 2021 ahita atangaza ko isomwa ryimuriwe tariki 23 Ukuboza 2021.

Ubwo umucamanza yatangazaga ibi, abaregwa bose nta n’umwe wari witabye Urukiko uretse kuba mu cyumba cy’urukiko harimo abanyamakuru ndetse n’umugore wa Nsengimana Theoneste.

Nsengimana Theoneste aregwa hamwe na Sibomana Syvain, Nsengimana Hamad, Ndayishimiye Jean Claude, Nahimana, Marcel, Masengesho Emmanul, Mutabazi Alphonse na Rucubanganya Alexis.

Bakurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, gutangaza amakuru y’ibihuha, n’icyaha cyo kwangisha u Rwanda muri Leta z’amahanga.

Bimwe mu bikorwa bishinjwa abaregwa, ni ukuba baritabiriye amahugurwa yabigishaga uko bahirika ubutegetsi bakoresheje ingufu.

Abaregwa bose bahakana ibyaha aho Nsengimana Theoneste ubwo yaburanaga ubujurire we yasabye kurekurwa ngo kuko afungiye amakosa y’umwuga kandi ko hari inzego zishinzwe kubikurikirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Kicukiro: Umucyecuru yabuze aho yerecyeza nyuma yo gusohorwa mu nzu kubera kubura ay’ubukode

Next Post

Kigali: Mu mwambaro udasanzwe abantu bane bafatiwe mu birori bagasangwamo COVID berekanywe

Related Posts

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

by radiotv10
28/10/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo, the daughter of King Yuhi V Musinga who ruled Rwanda between 1896 and 1931, has passed away...

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

by radiotv10
28/10/2025
0

The Government of Rwanda has announced that the new digital national ID project, estimated to cost over Rwf 100 billion,...

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu mwambaro udasanzwe abantu bane bafatiwe mu birori bagasangwamo COVID berekanywe

Kigali: Mu mwambaro udasanzwe abantu bane bafatiwe mu birori bagasangwamo COVID berekanywe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.