Polisi ya Uganda yatangiye iperereza ku rupfu rw’umusore w’imyaka 34 usanzwe ari umumotari akaba ari n’umufana wa Arsenal FC bikekwa ko yishwe nyuma yo gushyamirana n’umufana wa Manchester United.
Uru rupfu rwabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru saa kumi n’ebyiri n’igice i Bukuri mu Mujyi wa Kampala rwagati, nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa Polisi yo mu Mujyi wa Kampala, Kawala Racheal.
Kawala Racheal avuga ko “Nyakwigendera yitwa Denis, umumotari wa boda boda w’imyaka 34 akaba atuye i Bakuli, mu mujyi wa Kampala.”
Uyu muvugizi wa Polisi akomeza avuga ko “Ibyavuye mu ipereeza ry’ibanze bigaragaza ko ku itariki n’isaha byavuzwe haruguru, Denis, bivugwa ko yari umufana wa Arsenal FC, yagiranye ubushyamirane n’ukekwaho icyaha, uzwi nka Musiramu, bivugwa ko ari umufana wa Manchester United F.C.”
Amakuru avuga ko ubwo bushyamirane bwavuyemo gufatana mu mashati, aho ukekwaho kwica nyakwigendera yamukubise ku mutwe, agahita agwa igihumure akahasiga ubuzima.
Polisi yo mu Mujyi wa Kampala iravuga ko hari gukoreshwa imbaraga zose ngo ukekwaho icyaha afatwe, mu gihe umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro Bikuru bya Mulago kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma, ndetse n’iperereza rikaba rikomeje gukorwa.
RADIOTV10







