Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yatangaje ko hari abandi bantu babiri bemejwe ko banduye Ebola, bitumye umubare w’abanduye bose bamenyekanye muri iki Gihugu ugera ku bantu barindwi.
Aba bantu babiri bashya ni abakozi b’ubuzima mu kigo nderabuzima cyigenga kiri mu murwa mukuru Kampala kandi bombi ni Abanya-Uganda, nk’uko Minisiteri yabitangaje mu itangazo.
Minisiteri yagize iti “Abarwayi bombi bashyizwe mu kigo cyita ku barwayi kandi ubu bari kuvurwa.” yongeraho ko amatsinda y’ubutabazi arimo gukurikirana abantu bose bahuye n’abo bantu bombi.
Aba bantu babiri bemejwe nyuma yuko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, Abayobozi muri Uganda bari bemeje abandi bantu batatu bashya banduye Ebola.
Iki cyorezo cya Ebola bivugwa ko cyageze muri Uganda nyuma yuko kigaragaye mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ihana imbibi na Uganda.
Ishami ry’Umuryango w’Ubibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko icyorezo cya Ebola kidasanzwe cya Bundibugyo ari ikibazo kidasanzwe ku buzima rusange gihangayikishije amahanga.
Umuyobozi wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus yavuze ku Cyumweru ko hakekwa ko hari abantu barenga 900 bakekwaho iki cyorezo kugeza ubu, harimo n’abantu 101 bemejwe ko banduye.
RADIOTV10








