Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umugabo wirekuye akabyina yetera mu bicu mu bukwe bwe yavuze icyabimuteye

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umugabo wirekuye akabyina yetera mu bicu mu bukwe bwe yavuze icyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wagaragaye yirekuye mu bukwe bwe ari kubyina indirimbo ya Meddy, yavuze ko yabitewe n’ibyishimo by’ibihe bidasanzwe bari bagize, avuga ko ntacyamubuza kubyinira mu bukwe bwe nyamara hari ababyinira mu tubari.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hakunze kugaragara amashusho y’umugabo wari wakoze ubukwe ari kumwe n’umugeni we, abyina bidasanzwe.

Uyu mugabo witwa Bizumuremyi Straton n’umugore we Niyonsenga Jaqueline, bari basanzwe babana batarasezeranye, basezeranye mu rusengero mu mpera z’icyumweru gishize.

Straton bakunze kwita Bwenge mu Mujyi wa Musanze aho asanzwe atuye, avuga ko na cyera akiri mu mashuri yisumbuye, yakundaga kubyina umuziki.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya Isimbi TV, yavuze ko ibirori by’ubukwe bwe byari ibyishimo bidasanzwe ku buryo ntacyari kumubuza kugaragaza ibyishimo bye.

Avuga ko na we atazi uko ibyishimo byamwuzuyemo bikamutera kubyina kuriya cyane ko batari banateguye indirimbo bari bubyine n’uburyo bazabyina, bigatuma buri wese yiyemeza kubyina uko abyumva.

Ngo ubwo binjiraga bagiye aho bari kwiyakirira, abona abasore bari imbere batangiye kubyina ibyabo.

Ati “Nanjye ndavuga nti ‘reka nanjye mbyine ibyanjye. Ni kuriya nibyiniye, nikubitiye kariya gusa, ibyago nagize haje umuntu arambwira ati ‘have have’.”

Bamwe mu babonye aya mashusho, basetse uyu mukwe wabyinnye yirekuye bidasanzwe mu bukwe bwe, ndetse bamwe bavuga ko yari yanyoye ku gacupa.

Bwenge avuga ko ntakintu yari yanyoye ahubwo ko yabitewe n’ibyishimo by’ibirori mbonekarimwe yari agize.

Bwenge avuga ko yumvaga ibyishimo byamurenze

Avuga ko ntacyari kumubuza kubyina mu bukwe bwe kuko ari kenshi yabyiniye mu tubari.

Ati “Iyo twabaga tumaze kunywa akantu twarabyinaga tukabyinira no kuri kontwari (Comptoire) none se kuki utabyinira mu bukwe bwawe. Urimo kubyinira abantu utazi none wabyiniye n’umugore wawe akanamenya ko uzi kubyina.”

Akomeza agira ati “Kariya gatimba ntabwo yajyaga akambara […] ese aho utakwishima ni hehe? Ahubwo ufite n’uburyo wajya mu kirere ko wajyayo ukongera ukagaruka ukikubita hasi.”

Mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, umugeni we ntaba abyina cyane nk’umugabo.

Niyonsenga Jaqueline avuga ko na we yabyinnye ariko ko umugabo we “Yirekuye cyane”, ati “Yarantunguye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 3 =

Previous Post

Rutsiro: Umusore akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 2 nyuma yo gufatwa yamwiyicajeho

Next Post

Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.