Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umugabo wirekuye akabyina yetera mu bicu mu bukwe bwe yavuze icyabimuteye

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umugabo wirekuye akabyina yetera mu bicu mu bukwe bwe yavuze icyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wagaragaye yirekuye mu bukwe bwe ari kubyina indirimbo ya Meddy, yavuze ko yabitewe n’ibyishimo by’ibihe bidasanzwe bari bagize, avuga ko ntacyamubuza kubyinira mu bukwe bwe nyamara hari ababyinira mu tubari.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hakunze kugaragara amashusho y’umugabo wari wakoze ubukwe ari kumwe n’umugeni we, abyina bidasanzwe.

Uyu mugabo witwa Bizumuremyi Straton n’umugore we Niyonsenga Jaqueline, bari basanzwe babana batarasezeranye, basezeranye mu rusengero mu mpera z’icyumweru gishize.

Straton bakunze kwita Bwenge mu Mujyi wa Musanze aho asanzwe atuye, avuga ko na cyera akiri mu mashuri yisumbuye, yakundaga kubyina umuziki.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya Isimbi TV, yavuze ko ibirori by’ubukwe bwe byari ibyishimo bidasanzwe ku buryo ntacyari kumubuza kugaragaza ibyishimo bye.

Avuga ko na we atazi uko ibyishimo byamwuzuyemo bikamutera kubyina kuriya cyane ko batari banateguye indirimbo bari bubyine n’uburyo bazabyina, bigatuma buri wese yiyemeza kubyina uko abyumva.

Ngo ubwo binjiraga bagiye aho bari kwiyakirira, abona abasore bari imbere batangiye kubyina ibyabo.

Ati “Nanjye ndavuga nti ‘reka nanjye mbyine ibyanjye. Ni kuriya nibyiniye, nikubitiye kariya gusa, ibyago nagize haje umuntu arambwira ati ‘have have’.”

Bamwe mu babonye aya mashusho, basetse uyu mukwe wabyinnye yirekuye bidasanzwe mu bukwe bwe, ndetse bamwe bavuga ko yari yanyoye ku gacupa.

Bwenge avuga ko ntakintu yari yanyoye ahubwo ko yabitewe n’ibyishimo by’ibirori mbonekarimwe yari agize.

Bwenge avuga ko yumvaga ibyishimo byamurenze

Avuga ko ntacyari kumubuza kubyina mu bukwe bwe kuko ari kenshi yabyiniye mu tubari.

Ati “Iyo twabaga tumaze kunywa akantu twarabyinaga tukabyinira no kuri kontwari (Comptoire) none se kuki utabyinira mu bukwe bwawe. Urimo kubyinira abantu utazi none wabyiniye n’umugore wawe akanamenya ko uzi kubyina.”

Akomeza agira ati “Kariya gatimba ntabwo yajyaga akambara […] ese aho utakwishima ni hehe? Ahubwo ufite n’uburyo wajya mu kirere ko wajyayo ukongera ukagaruka ukikubita hasi.”

Mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, umugeni we ntaba abyina cyane nk’umugabo.

Niyonsenga Jaqueline avuga ko na we yabyinnye ariko ko umugabo we “Yirekuye cyane”, ati “Yarantunguye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 14 =

Previous Post

Rutsiro: Umusore akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 2 nyuma yo gufatwa yamwiyicajeho

Next Post

Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

In recent years, podcasts have become very popular around the world, and Rwanda is no exception. More and more young...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.