Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umugabo wirekuye akabyina yetera mu bicu mu bukwe bwe yavuze icyabimuteye

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umugabo wirekuye akabyina yetera mu bicu mu bukwe bwe yavuze icyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wagaragaye yirekuye mu bukwe bwe ari kubyina indirimbo ya Meddy, yavuze ko yabitewe n’ibyishimo by’ibihe bidasanzwe bari bagize, avuga ko ntacyamubuza kubyinira mu bukwe bwe nyamara hari ababyinira mu tubari.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hakunze kugaragara amashusho y’umugabo wari wakoze ubukwe ari kumwe n’umugeni we, abyina bidasanzwe.

Uyu mugabo witwa Bizumuremyi Straton n’umugore we Niyonsenga Jaqueline, bari basanzwe babana batarasezeranye, basezeranye mu rusengero mu mpera z’icyumweru gishize.

Straton bakunze kwita Bwenge mu Mujyi wa Musanze aho asanzwe atuye, avuga ko na cyera akiri mu mashuri yisumbuye, yakundaga kubyina umuziki.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya Isimbi TV, yavuze ko ibirori by’ubukwe bwe byari ibyishimo bidasanzwe ku buryo ntacyari kumubuza kugaragaza ibyishimo bye.

Avuga ko na we atazi uko ibyishimo byamwuzuyemo bikamutera kubyina kuriya cyane ko batari banateguye indirimbo bari bubyine n’uburyo bazabyina, bigatuma buri wese yiyemeza kubyina uko abyumva.

Ngo ubwo binjiraga bagiye aho bari kwiyakirira, abona abasore bari imbere batangiye kubyina ibyabo.

Ati “Nanjye ndavuga nti ‘reka nanjye mbyine ibyanjye. Ni kuriya nibyiniye, nikubitiye kariya gusa, ibyago nagize haje umuntu arambwira ati ‘have have’.”

Bamwe mu babonye aya mashusho, basetse uyu mukwe wabyinnye yirekuye bidasanzwe mu bukwe bwe, ndetse bamwe bavuga ko yari yanyoye ku gacupa.

Bwenge avuga ko ntakintu yari yanyoye ahubwo ko yabitewe n’ibyishimo by’ibirori mbonekarimwe yari agize.

Bwenge avuga ko yumvaga ibyishimo byamurenze

Avuga ko ntacyari kumubuza kubyina mu bukwe bwe kuko ari kenshi yabyiniye mu tubari.

Ati “Iyo twabaga tumaze kunywa akantu twarabyinaga tukabyinira no kuri kontwari (Comptoire) none se kuki utabyinira mu bukwe bwawe. Urimo kubyinira abantu utazi none wabyiniye n’umugore wawe akanamenya ko uzi kubyina.”

Akomeza agira ati “Kariya gatimba ntabwo yajyaga akambara […] ese aho utakwishima ni hehe? Ahubwo ufite n’uburyo wajya mu kirere ko wajyayo ukongera ukagaruka ukikubita hasi.”

Mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, umugeni we ntaba abyina cyane nk’umugabo.

Niyonsenga Jaqueline avuga ko na we yabyinnye ariko ko umugabo we “Yirekuye cyane”, ati “Yarantunguye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Rutsiro: Umusore akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 2 nyuma yo gufatwa yamwiyicajeho

Next Post

Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Putin ashobora kuzisanga imbere ya ICC afashwe mpiri cyangwa atanzwe n’abazamusimbura- Umunyamategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.