Thursday, July 9, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Obedi Ngabo Patrick uvuga ko ari General mu mutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC, yagaragaye avuga ko atarapfa nk’uko byatangajwe na bamwe mu bayobozi bo muri AFC/M23, avuga ko akiri muzima adashobora gupfa atarasohoza ubutumwa.

Ni nyuma yuko ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, hagiye hanze amakuru yavugaga ko uyu Gen Obedi Ngabo Patrick yishwe n’ibitero bya AFC/M23.

Manzi Willy, Guverineri Wungirije wa Kivu ya Ruguru, mu buyobozi bwashyizweho na AFC/M23, ku wa Gatandatu yari yavuze ko “uyu munsi isi ni nziza cyane idafite abitwa Gen. Obed, asanze Ruhinda, Mudacumura, Cirimwami nibindi…”

Amakuru y’urupfu rwa Gen Obedi kandi yari yanagarutsweho n’Umunyamakuru Steve Wembi ukurikiranira hafi ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu munyamakuru yavugaga ko we avuga ko amakuru atandukanye yemeza ko General Obedi Ngabo, umwe mu bagize ihuriro riharanira demokarasi (CLD), yishwe ku wa Gatanu ubwo yari mu mirwano.

Mu butumwa bwe, Steve Wembi yari yagize ati “Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye z’umutekano mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa aravuga ko General Obedi Ngabo, umwe mu bagize itsinda ry’abaharanira demokarasi (CLD), yishwe ku wa Gatanu mu mirwano.”

Gen Obedi yamaganye amakuru yemeza ko yapfuye

Gen Obedi Ngabo Patrick mu butumwa bw’amashusho bwagiye hanze kuri iki Cyumweru, yanyomoje amakuru y’urupfu rwe, avuga ko akiri muzima.

Muri aya mashusho y’iminota irenga ine, hari aho agira ati “Ntabwo ndapfa, sinapfa gutyo ntabwo ndarangiza intambara.”

Akomeza agira ati “Abavuga ngo narapfuye barabeshya, mpanganye na AFC/M23 iteza ibibazo Congo […] kandi ko igihe nikigera nzapfa kuko ntawe uzaba ku isi nk’ishyamba.”

Ni mu gihe imirwano ikomeje gufata indi ntera hafi ya Rubaya ahasanzwe hari ibirombe by’amabuye y’agaciro, aho uruhande rwa Leta ya Congo rukomeje kurwana inkundura rushaka kwisubiza ibi bice, mu gihe abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 na bo barubereye ibamba.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 2 =