Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyabigwi mu ikipe ikomeye ku Isi yasezeye bitunguranye akiri muto

radiotv10by radiotv10
02/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyabigwi mu ikipe ikomeye ku Isi yasezeye bitunguranye akiri muto
Share on FacebookShare on Twitter

Raphael Varane, myugariro wa Manchester United uzwi no mu ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, yamaze gusezera mu ikipe y’Igihugu ku myaka 29 gusa.

Uyu myugariro ngenderwaho muri Manchester United, ni umwe mu bafashaga ubwugarizi bw’ikipe y’u Bufaransa iri mu zihagaze neza ku Isi, ndetse akaba yarayifashije kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2022 yanavunikiyemo ntarangize uyu mukino w’amateka.

Varane wavukiye mu mujyi wa Lille, yatangiye gukina ruhago mu buryo bwa kinyamwuga akiri muto muri 2010, aho yanakiniye amakipe y’abato y’u Bufaransa, harimo abatarengeje imyaka 18, iy’abatrenge imyaka 20 ndetse n’iy’abatarengeje 21.

Yatangiye gukinira ikipe nkuru y’u Bufaransa muri 2013, kuva icyo gihe, yahamagarwaga mu ikipe y’u Bufaransa, ubu akaba yari amaze imyaka 10 ayikinira.

Muri iyo myaka icumi, yayikiniye imikino 93, ayitsindira ibitego 5, akaba yaratwaranye n’ikipe y’Igihugu igikombe cy’Isi cya 2018, ndetse bakanatwarana n’umwanya wa 2 umwaka ushize wa 2022.

Uyu mukinnyi yatangaje ko ari cyo gihe cyo gusezera mu ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa kugira ngo ahe umwanya abakiri bato bazamuka na bo babone umwanya wo gukina.

Ubu Raphael Varane akaba ari umukinnyi ugiye guha umwanya ikipe ye ya Manchester United nyuma yo gusezera mu ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa.

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Hagaragajwe icyaca impaka ku bashoferi bavuga ko bafatiwe gusinda nyamara banyoye ‘energy’

Next Post

Icyo u Rwanda rwaganiriye na USA kuri Congo yakunze kujyayo kururega

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda rwaganiriye na USA kuri Congo yakunze kujyayo kururega

Icyo u Rwanda rwaganiriye na USA kuri Congo yakunze kujyayo kururega

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.