Tuesday, February 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyamakuru w’Imyidagaduro mu Rwanda aravugwaho gufungishwa na mugenzi we bakoranaga ufite izina rikomeye

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
1
Umunyamakuru w’Imyidagaduro mu Rwanda aravugwaho gufungishwa na mugenzi we bakoranaga ufite izina rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Iradukunda Moses wamenyekanye kuri Isibo TV, aravugwaho kuba ari mu maboko y’Ubugenzacyaha aho bivugwa ko yafunzwe bigizwemo uruhare na mugenzi we w’Umunyamakuru ukomeye mu Rwanda bakoranaga kuri iyi Televiziyo y’imyidagaduro.

Iradukunda Moses wari umaze iminsi akora kuri imwe muri Televiziyo zo mu Rwanda mu biganiro by’imyidagaduro, yamenyekanye cyane ubwo yakoraga kuri Isibo TV mu kiganiro The Choice Lice yakoranaga n’abarimo Phil Peter na M. Irene.

Amaze amezi atanu asezeye kuri Isibo TV ariko ntihari hamenyekanye icyatumye asezera, bikaba byamenyekanye ko gifitanye isano n’iri fungwa rye.

Uwitwa Big Man ukora ibiganiro kuri YouTube, uvuga ko asanzwe ari inshuti ya Moses, mu kiganiro yagiranye YouTube Channel izwi nka JB Rwanda, yavuze ko uyu mugenzi we yatawe muri yombi ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 14 Nyakanga 2022, akurikiranyweho ubujura bwa Camera ebyiri n’ibindi bikoresho bijyana na zo.

Uyu munyamakuru avuga ko mugenzi we ubwo yakoraga ku Isibo TV yari asanzwe ari n’umukozi ushinzwe gucunga ibikoresho, aho yahaye camera umukozi ufata amashusho akaza kuzibwa ategewe mu nzira n’abajura babanje kumukubita.

Big Man avuga ko iyo camera yari isanzwe ari iya Nizeyimana Philbert uzwi nka Phil Peter wakoranaga na Moses, bigatuma batajya imbizi.

Uyu Big Man avuga ko byatumye Moses afata icyemezo cyo gusezera, ati “Ariko asezera ari uko na bwo yari agiye kumufungisha bigapfa, ku nshuro ya kabiri noneho birabaye. Moses aravuga ati ‘ndakorana n’umuntu ugiye kumfungisha? Ahita asezera.”

Avuga ko Phil Peter yageze aho akavuga ko atagomba gurikirana ufata amashusho [Cameraman] ahubwo ko agomba gukurikirana uwari ushinzwe gucunga ibikoresho ari we Moses.

Uyu Moses nubwo yasezeye kuri Isibo TV ngo yakomeje guhamagazwa n’inzego zishinzwe iperereza kugira ngo agire ibyo abazwa kuri ubwo bujura bwa camera.

Uyu Big Man uzi amakuru y’ifungwa rya Moses avuga ko nyuma yuko atawe muri yombi ku wa Kane, uwo ufata amashusho [Cameraman] na we yamusanzemo bombi bakaba bafungiye kuri station ya RIB ya Kicukiro ndetse ko ku wa Gatanu tariki 15 bitabye ubugenzacyaha ngo babazwe.

Avuga ko izo camera zikibwa, Phil Peter yishyuzaga Miliyoni 4 Frw ariko ubu akaba ari kwishyuza Miliyoni 7,5 Frw.

Ngo mbere uyu Phil Peter yaregaga uyu Moses mu izina rye ariko ubu yifashishije komanyi ye isanzwe ifite na YouTube Channel izwi nka The Choice Live kugira ngo ikirego cye kigire uburemere.

Moses yari asanzwe akorana na Phil Peter uvugwaho kumufungisha

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nadin Dusingizimana says:
    4 years ago

    Anyway akazi nakubugenzacyahaa kbx

    Reply

Leave a Reply to Nadin Dusingizimana Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − one =

Previous Post

Ni ikizamini nk’ibindi musanzwe mukora- Minisitiri Uwamariya yamaze ubwoba abatangiye ibya Leta

Next Post

DRC ikomeje gutangatanga u Rwanda irurega mu mahanga, noneho yiyambaje u Bubiligi

Related Posts

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

by radiotv10
10/02/2026
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu w’abatishoboye wa Nyamwishyura, uherereye mu Kagari ka Bisizi, mu Murenge wa Nyakiriba, mu Karere ka...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

by radiotv10
09/02/2026
0

The Director General of the National Identification Agency (NIDA), Mukesha Josephine, has clarified how the digital national ID will work,...

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

by radiotv10
09/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho ubujura baherutse kwinjira muri rigore iherereye i Nyamirambo mu Mujyi...

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

by radiotv10
09/02/2026
0

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ubujurire bwa Shema Arnaud de Boscher uzwi nka Dj Toxxyk wari wajuririye icyemezo cyo...

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

by radiotv10
09/02/2026
0

Ubushinjacyaha Bukuru bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ko hakiri gukorwa iperereza kuri Brig. Gen. Ezechiel Gakwerere wahoze mu buyobozi bwo...

IZIHERUKA

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye
MU RWANDA

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

by radiotv10
10/02/2026
0

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

09/02/2026
Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

09/02/2026
Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

09/02/2026
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

09/02/2026
Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

09/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC ikomeje gutangatanga u Rwanda irurega mu mahanga, noneho yiyambaje u Bubiligi

DRC ikomeje gutangatanga u Rwanda irurega mu mahanga, noneho yiyambaje u Bubiligi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.