Sunday, February 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

radiotv10by radiotv10
22/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri
Share on FacebookShare on Twitter

 

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yirukanye umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’iki Gihugu, amuziza kwiba umuceri ugenewe kuribwa n’abandi bo mu nzego z’umutekano z’iki Gihugu.

Uwirukanywe ni Colonel de Police NIJIMBERE Gérard nk’uko bigaragaza n’itera rya Perezida w’u Burundi ryasohotse tariki 19 Gashyantare 2026.

Ingingo ya mbere y’iri teka rya Perezida wa Repubulika, rivuga ko “Colonel de Police NIJIMBERE Gérard” ufite nimeri ya polisi ya OPN 0403 “yirukanywe muri Polisi y’Igihugu cy’u Burundi kubera kwiba umuceri wagenewe abasirikare.”

Muri iri teka, kandi bivugwa ko iki cyemezo cyafatiwe Colonel de Police NIJIMBERE Gérard cyamenyeshejwe Ministeri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Iterambere n’Umutekano rusange.

Abo mu nzego z’umutekano zo mu Burundi, basanzwe bafite inshingano zo hejuru, bakunze kuvugwaho imyitwarire idahwitse, irimo n’iyi yo kwiba ibyagenewe bagenzi babo.

Gusa bamwe mu bakurikiranira hafi imitegekere y’iki Gihugu, bavuga ko Perezida Ndayishimiye yagerageje guhangana n’abo bantu bijandika mu migirire mibi nk’iyi.

Uyu mupolisi yirukanywe, mu gihe bivugwa ko abo mu nzego z’umutekano z’u Burundi boherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barembejwe n’inzara, kuko batakigemurirwa ibiribwa.

Abo bo mu nzego z’umutekano barimo n’abapolisi, barimo abari mu bice bya Minembwe no bindi bice b’imisozi miremire mu burasirazuba bwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

Next Post

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

Related Posts

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

by radiotv10
22/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko uruzinduko rwa Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi ushinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi, Hadja Lahbib; rwasize ibyemezo...

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

by radiotv10
20/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ribabajwe no kubona umuryango mpuzamahanga ukomeje kuruca...

Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/02/2026
0

Urukiko rwo muri Tunisia rwakatiye umudepite igifungo cy’amezi umunani kubera ubutumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga asebya Perezida Kais Saied, nyuma...

Agezweho: Murumuna w’Umwami w’u Bwongereza wari watawe muri yombi yarekuwe

Agezweho: Murumuna w’Umwami w’u Bwongereza wari watawe muri yombi yarekuwe

by radiotv10
20/02/2026
0

Uwahoze ari igikomangoma cy’u Bwongereza, Andrew Mountbatten-Windsor, murumuna w’Umwami Charles III, yarekuwe n’inzego z’umutekano nyuma yo gutabwa muri yombi akekwaho...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 condemns International Community’s silence over massacres in Minembwe and other areas

by radiotv10
20/02/2026
0

The AFC/M23 coalition expressed its deep concern over the persistent, deliberate and sustained silence of the international community regarding the...

IZIHERUKA

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere
SIPORO

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

by radiotv10
22/02/2026
0

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

22/02/2026
Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

22/02/2026
Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

22/02/2026
Iby’ingenzi wamenya kuri Tour du Rwanda 2026 mbere y’uko itangira

Iby’ingenzi wamenya kuri Tour du Rwanda 2026 mbere y’uko itangira

21/02/2026
Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

Stay clean and confident: Simple hygiene habits every man needs

21/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.