• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

radiotv10by radiotv10
22/02/2026
in SIPORO
0
TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN Cycling Team, yegukanye agace ka mbere k’irushanwa rya Tour du Rwanda ka Rukomo- Rwamagana, mu gihe Umunyarwanda waje hafi ari Uwiduhaye Mike waje ku mwanya wa 07.

Aka gace ka Rukomo-Rwamagana kari gafite ibilometero 173,6 katangiwe n’abakinnyi 84, kahagurutse ku isaaha ya saa tanu, gasozwa saa 15:04’, ubwo umukinnyi wa mbere yari ahageze ahagereye rimwe n’igikundi cy’abakinnyi benshi.

Muri aka gace kakunze kuyoborwa n’abakinnyi babiri barimo Umunya-Brazi Henrique da Silva Avancini ukinira Ikipe ya Localiza Meoo/Swift Pro Cycling.

Itamar Einhorn si ubwa mbere yegukanye agace muri Tour du Rwanda, kuko ari ari ku nshuro ya gatatu, zirimo ebyiri yegukanye muri Tour du Rwanda ya 2024, iya Kayonza n’i Nyaruguru.

Uyu Munya-Israel Itamar Einhorn yegukanye aka gace akoresheje amasaha 03:59′:40” aho yahagereye rimwe n’abandi benshi, ariko akaba yabatanze gukandagiza ipine ku murongo wo gusorezaho aka gace.

Ku rutonde rusange rw’agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026, Umunyarwanda waje hafi, ni Uwiduhaye Mike ukinira ikipe ya Benediction, waje no mu icumi ba mbere, kuko yaje ku mwanya wa karindwi, na we akaba arushwa amasegonda n’umukinnyi wegukanye aka gace.

Umunya-Israel Itamar Einhorn yishimira gutwara agace ka mbere
Mu muhanda kavura ntikavaga ku butaka byorohereza abakinnyi
Abakinnyi babiri bayoboye aka gace igihe kinini

Imisozi y’u Rwanda itoshye na yo yafashije abakinnyi kugenda bakikijwe n’akayaga kava mu biti

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 12 =

Previous Post

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Next Post

What to activate in yourself to make 2026 your best year yet

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
What to activate in yourself to make 2026 your best year yet

What to activate in yourself to make 2026 your best year yet

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.