Wednesday, March 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in AMAHANGA
0
Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinwa ukurikiranyweho icyaha cyo gucuruza cyangwa kugura inyamaswa mu buryo bunyuranyije n’amategeko nyuma yo gufatanwa intozi 2 000 zo mu bwoko bwa ‘queen garden’ yavuze ko yaziguze n’Umunyakenya ibihumbi 10 by’amashilingi ya Kenya (arenga 110 000Frw) ku ntozi 100.

Uyu Mushinwa witwa Zhang Kequn yafatiwe ku kibuga cy’indege i Nairobi mu cyumweru gishize nyuma yuko atahuweho kuba yari afite igifurumba kirimo intozi nyinshi nzima, aho imwe yari iri mu gakoreshao kayo kabugenewe.

Yasanganywe intozi 2 000 zo mu bwoko bwa queen garden. Ubwoko bw’izi ntozi, burihariye aho zishobora kumara imyaka 15, zikifashishwa mu kororoka k’utu dusimba.

Izi ntozi kandi zivugwaho kuba hari abazitunga nk’amatungo yo mu rugo nk’umurimbo ku Mugabane w’u Burayi n’uwa Asia.

Kuri uyu wa Kabiri ubwo uyu Mushinwa Zhang yagezwaga imbere y’Urukiko i Nairobi, yavuze ko ziriya ntozi, yaziguze amafaranga agera ku bihumbi 10 mu mashilingi ya Kenya (agera ku bihumbi 112 Frw) ku ntozi 100.

Bivuze ko zose hamwe uko ari intozi 2 000, yaba yaraziguze ibihumbi 200 by’amashilingi, ni ukuvuga arenga miliyoni 2 Frw.

Ubuyobozi bwa Kenya bwakunze kuburirwa ko muri iki Gihugu hakorerwa ubucuruzi bukomeye bw’izi ntozi zo mu bwoko bwa garden, zijyanwa i Burayi bo muri Asia, aho abazijyana, bazitunga nk’amatungo yo mu ngo.

Ubuyobozi bwa Kenya ntibwatangaje niba turiya dusimba twafatanywe uyu Mushinwa Zhang yari atujyanye mu Gihugu akomokamo cy’u Bushinwa, gusa imizigo ye yariho ibirango ko byerecyejeyo.

Umunyakenya Mwangi wagarutsweho ko ari we wari waguze n’uyu Mushinwa ziriya ntozi, akurikiranyweho ikindi cyaha, nyuma yo gushanganwa izindi ntozi nyinshi nzima.

Aba bagabo bombi baburana bahakana ibyaha bashinjwa. Umunyamamtegeko wa Zhang witwa David Lusweti yavuze ko umukiliya we atari azi ko biriya bigize icyaha. Zhang na Mwangi bazasubira imbere y’Urukiko tariki 27 Werurwe 2026.

Muri Gicurazi umwaka ushize, Urukiko rwo muri Kenya rwakatiye igifungo cy’umwaka umwe abagabo bane n’ihazabu ya $7,700 (miliyoni 11 Frw) na bwo kubera kugerageza gucuruza intozi zo muri buriya bwoko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + fifteen =

Previous Post

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

by radiotv10
18/03/2026
0

Joseph Clay Kent wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya iterabwoba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yandikiye Perezida Donald...

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

by radiotv10
17/03/2026
0

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, byashyize hanze ifoto ya Benjamin Netanyahu ari kuri telefone, atanga amabwiriza yo kwica bamwe...

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

by radiotv10
17/03/2026
0

Igisirikare cya Israel cyemeje ko kishe umuyobozi wo mu nzego zo hejuru muri Iran, uherutse gusaba Perezdia Donald Trumo ko...

Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

by radiotv10
17/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye byumwihariko Ingabo z’u Burundi ndetse na FDLR, bagabye ibitero by’indege z’intambara zo mu bwoko...

Congo Conflict in a New Phase: Burundian Forces Reportedly Using Heavy Weapons

Congo Conflict in a New Phase: Burundian Forces Reportedly Using Heavy Weapons

by radiotv10
17/03/2026
0

The AFC/M23 coalition has reported that their opponents specifically Burundian Forces and the FDLR, have carried out attacks using Kamikaze-type...

IZIHERUKA

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze
AMAHANGA

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

by radiotv10
18/03/2026
0

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

18/03/2026
Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

18/03/2026
Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

18/03/2026
Bavuga ko batumva icyabuze ngo bakemurirwe ikibazo cy’ingutu bagaragarije inzego zitandukanye

Bavuga ko batumva icyabuze ngo bakemurirwe ikibazo cy’ingutu bagaragarije inzego zitandukanye

18/03/2026
Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

18/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.