Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in AMAHANGA
0
Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinwa ukurikiranyweho icyaha cyo gucuruza cyangwa kugura inyamaswa mu buryo bunyuranyije n’amategeko nyuma yo gufatanwa intozi 2 000 zo mu bwoko bwa ‘queen garden’ yavuze ko yaziguze n’Umunyakenya ibihumbi 10 by’amashilingi ya Kenya (arenga 110 000Frw) ku ntozi 100.

Uyu Mushinwa witwa Zhang Kequn yafatiwe ku kibuga cy’indege i Nairobi mu cyumweru gishize nyuma yuko atahuweho kuba yari afite igifurumba kirimo intozi nyinshi nzima, aho imwe yari iri mu gakoreshao kayo kabugenewe.

Yasanganywe intozi 2 000 zo mu bwoko bwa queen garden. Ubwoko bw’izi ntozi, burihariye aho zishobora kumara imyaka 15, zikifashishwa mu kororoka k’utu dusimba.

Izi ntozi kandi zivugwaho kuba hari abazitunga nk’amatungo yo mu rugo nk’umurimbo ku Mugabane w’u Burayi n’uwa Asia.

Kuri uyu wa Kabiri ubwo uyu Mushinwa Zhang yagezwaga imbere y’Urukiko i Nairobi, yavuze ko ziriya ntozi, yaziguze amafaranga agera ku bihumbi 10 mu mashilingi ya Kenya (agera ku bihumbi 112 Frw) ku ntozi 100.

Bivuze ko zose hamwe uko ari intozi 2 000, yaba yaraziguze ibihumbi 200 by’amashilingi, ni ukuvuga arenga miliyoni 2 Frw.

Ubuyobozi bwa Kenya bwakunze kuburirwa ko muri iki Gihugu hakorerwa ubucuruzi bukomeye bw’izi ntozi zo mu bwoko bwa garden, zijyanwa i Burayi bo muri Asia, aho abazijyana, bazitunga nk’amatungo yo mu ngo.

Ubuyobozi bwa Kenya ntibwatangaje niba turiya dusimba twafatanywe uyu Mushinwa Zhang yari atujyanye mu Gihugu akomokamo cy’u Bushinwa, gusa imizigo ye yariho ibirango ko byerecyejeyo.

Umunyakenya Mwangi wagarutsweho ko ari we wari waguze n’uyu Mushinwa ziriya ntozi, akurikiranyweho ikindi cyaha, nyuma yo gushanganwa izindi ntozi nyinshi nzima.

Aba bagabo bombi baburana bahakana ibyaha bashinjwa. Umunyamamtegeko wa Zhang witwa David Lusweti yavuze ko umukiliya we atari azi ko biriya bigize icyaha. Zhang na Mwangi bazasubira imbere y’Urukiko tariki 27 Werurwe 2026.

Muri Gicurazi umwaka ushize, Urukiko rwo muri Kenya rwakatiye igifungo cy’umwaka umwe abagabo bane n’ihazabu ya $7,700 (miliyoni 11 Frw) na bwo kubera kugerageza gucuruza intozi zo muri buriya bwoko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − thirteen =

Previous Post

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

Next Post

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.