• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in AMAHANGA
0
Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinwa ukurikiranyweho icyaha cyo gucuruza cyangwa kugura inyamaswa mu buryo bunyuranyije n’amategeko nyuma yo gufatanwa intozi 2 000 zo mu bwoko bwa ‘queen garden’ yavuze ko yaziguze n’Umunyakenya ibihumbi 10 by’amashilingi ya Kenya (arenga 110 000Frw) ku ntozi 100.

Uyu Mushinwa witwa Zhang Kequn yafatiwe ku kibuga cy’indege i Nairobi mu cyumweru gishize nyuma yuko atahuweho kuba yari afite igifurumba kirimo intozi nyinshi nzima, aho imwe yari iri mu gakoreshao kayo kabugenewe.

Yasanganywe intozi 2 000 zo mu bwoko bwa queen garden. Ubwoko bw’izi ntozi, burihariye aho zishobora kumara imyaka 15, zikifashishwa mu kororoka k’utu dusimba.

Izi ntozi kandi zivugwaho kuba hari abazitunga nk’amatungo yo mu rugo nk’umurimbo ku Mugabane w’u Burayi n’uwa Asia.

Kuri uyu wa Kabiri ubwo uyu Mushinwa Zhang yagezwaga imbere y’Urukiko i Nairobi, yavuze ko ziriya ntozi, yaziguze amafaranga agera ku bihumbi 10 mu mashilingi ya Kenya (agera ku bihumbi 112 Frw) ku ntozi 100.

Bivuze ko zose hamwe uko ari intozi 2 000, yaba yaraziguze ibihumbi 200 by’amashilingi, ni ukuvuga arenga miliyoni 2 Frw.

Ubuyobozi bwa Kenya bwakunze kuburirwa ko muri iki Gihugu hakorerwa ubucuruzi bukomeye bw’izi ntozi zo mu bwoko bwa garden, zijyanwa i Burayi bo muri Asia, aho abazijyana, bazitunga nk’amatungo yo mu ngo.

Ubuyobozi bwa Kenya ntibwatangaje niba turiya dusimba twafatanywe uyu Mushinwa Zhang yari atujyanye mu Gihugu akomokamo cy’u Bushinwa, gusa imizigo ye yariho ibirango ko byerecyejeyo.

Umunyakenya Mwangi wagarutsweho ko ari we wari waguze n’uyu Mushinwa ziriya ntozi, akurikiranyweho ikindi cyaha, nyuma yo gushanganwa izindi ntozi nyinshi nzima.

Aba bagabo bombi baburana bahakana ibyaha bashinjwa. Umunyamamtegeko wa Zhang witwa David Lusweti yavuze ko umukiliya we atari azi ko biriya bigize icyaha. Zhang na Mwangi bazasubira imbere y’Urukiko tariki 27 Werurwe 2026.

Muri Gicurazi umwaka ushize, Urukiko rwo muri Kenya rwakatiye igifungo cy’umwaka umwe abagabo bane n’ihazabu ya $7,700 (miliyoni 11 Frw) na bwo kubera kugerageza gucuruza intozi zo muri buriya bwoko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 11 =

Previous Post

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

Next Post

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.