Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umuturage uvuga ko yarenganyijwe aratunga agatoki umuyobozi wa Koperative kumwihenuraho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu, wabaga muri Koperative ‘ABIYEMEJE’ y’aborozi, avuga ko nyuma yuko ubuyobozi bw’iyi Koperative bugurishije urwuri bari barahawe na Leta, yagiye kwaka umugabane we nk’abandi banyamuryango, ariko uwari umuyobozi wayo akamubwira ngo azajye kurega aho ashaka.

Nsabimana Felecien utuye mu Kagari ka Nkomane mu Murenge wa Kanama, avuga ko yinjiye muri iyi Koperative muri 2016 ubwo yari igizwe n’abanyamuryango 17, aho we yari asimbuye umubyeyi we wari witabye Imana.

Avuga ko mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2024 yahawe ibihumbi 90 Frw n’iyi koperative bamubwira ko ari ayo kumufata mu mugongo nyamara ngo aza kubimenya nyuma ko ari umugabane yahawe nk’umunyamuryango wa koperative nyuma yo kugurisha urwuri bororeragamo ku mafaranga asaga miliyoni 100Frw.

Nsabimana Felecien ati “Ejobundi mu kwa kabiri muri uyu mwaka wa 2024 ni bwo banzaniye ibihumbi 90 ngo ni ayo kunyagira [gufata mu mugongo] mbese ni nk’agahato bankoresheje kugira ngo nsinye naho kumbe bagurishije kugira ngo bagabane amafaranga yose bonyine.”

Uyu muturage avuga ko banganyaga imigabane, ku buryo atumva ko yari guhabwa ibyo bihumbi 90 Frw muri miliyoni 100 Frw.

Ati “Perezida namubajije amafaranga nk’ay’abandi arambwira ngo ayo nkwiye n’ibyo bihumbi 90 nyamara ndi umunyamurwango nk’abandi.”

Uyu muturage akomeza avuga ko nyuma yo gusanga umutungo wa koperative waragurishijwe amafaranga menshi, yegereye ubuyobozi bwa koperative ngo bumuher umugabane nk’uw’abandi banyamuryango ariko uwahoze ari umuyobozi wayo amutera utwatsi, yiyambaza n’izindi nzego biba iby’ubusa.

Ati “Niyambaje MAJ w’Akarere n’Akarere kanyohereza ku Murenge wacu wa Kanama kuko MAJ yabatumyeho banga kuza, Umurenge na wo ku itariki ya 06 Kanama 2024 narawandikiye ariko kugeza ubu nta gisubizo bari bampa.”

Uwari umuyobozi w’iyi Koperative, Kanyamuhanda Joseph yabwiye umunyamakuru ko amafaranga yahawe uyu muturage ari yo yagombaga.

Yagize ati “Twamuhaye ibihumbi 90 kuko ni wo mugabane yari afitemo, kandi igurisha ryabaye yarawusabye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yavuze ko iki kibazo akizi ariko ko kugishakira umuti bisaba kugikurikiranwa mu mizi.

Ati “Twari twasabye Umurenge ko waduha raporo kuri iki kibazo igaragaza uko giteye n’uko babona cyakemuka, ibintu nk’ibyo rero urumva ni ibintu bishingiye ku mategeko, hari amategeko amuhereza uburenganzira nk’umuntu wari umunyamuryango mu buryo bwemewe n’amategeko, ntabwo abantu bananirana we nakomeze inzira z’amategeko kuko MAJ ifite izindi nzego yabwira ngo munzanire aba bantu mu gihe ibona ari ngombwa.”

Uyu muyobozi avuga ko ibyo kuba uyu wahoze ari umuyobozi wa Koperative ahamagazwa ntiyitabe, na byo bikwiye gukurikiranwa, kuko nta muntu uri hejuru y’amategeko.

Perezida wa Koperative yagiye ahamagazwa ariko ngo ntiyitabye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Next Post

Volleyball y’u Rwanda yungutse Abatoza bafite ubumenyi bwisumbuyeho barimo abakinnyi b’amazina azwi

Related Posts

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

by radiotv10
15/07/2025
0

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza,...

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

by radiotv10
15/07/2025
0

Crystal Ventures Ltd (CVL), one of Rwanda’s most prominent investment holding companies, has announced the appointment of Nick Barigye as...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

by radiotv10
15/07/2025
0

Education authorities in Rwanda have announced that the upcoming academic year will bring several changes, including students in the lower...

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

by radiotv10
15/07/2025
0

In a landmark move aimed at strengthening international cooperation, Rwanda and Turkmenistan have officially established diplomatic relations. The signing ceremony...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Volleyball y’u Rwanda yungutse Abatoza bafite ubumenyi bwisumbuyeho barimo abakinnyi b’amazina azwi

Volleyball y’u Rwanda yungutse Abatoza bafite ubumenyi bwisumbuyeho barimo abakinnyi b'amazina azwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.