Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo usanzwe ufatanya na FARDC mu rugamba rwo guhangana na M23, biravugwa ko wamaze kugera muri Ituri guhangana n’abarwanyi ba ADF irwanya Uganda.

Biravugwa ko abarwnayi ba Wazalendo bamaze gushinga ibirindiro ahitwa Mungamba mu bilometero 100 uvuye mu Mujyi wa Bunia muri Teritwari ya Irumu muri Ituri.

Amakuru ava mu gace aba barwanyi bakambitsemo, avuga ko baje gutata muri aka gace kugira ngo bahashinge ibirindiro mu rwego rwo gukozanyaho n’abarwanyi ba ADF.

Aba barwanyi baravugwa muri aka gace kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, biravugwa ko bahagiye boherejwe n’ubuyobozi, kugira ngo bakomeze gufasha FARDC mu rugamba irimo rwo guhashya umutwe wa ADF.

Gusa Sosiyete Sivile ikorera muri aka gace, ivuga ko kuba aba barwanyi baje muri aka gace, bishobora kongera ibibazo by’umutekano mucye muri aka gace gasanzwe kabamo imitwe myinshi yitwaje intwaro.

Pascal Kisezo, umwe mu bayobozi muri aka gace, yagize ati “Hano muri Irumu, hari imiryango myinshi yitwaje intwaro. Niba rero baje kongeraho indi mitwe, bakaba bazanye n’intwaro. Baravuga ko Wazalendo ari abantu bakunda Igihugu, baje kurwana ku baturage cyangwa kurandura ADF. Ejo bazaba ari abanzi b’abaturage.”

Umuyobozi wa Teritwari ya Irumu, Colonel Jean Siro Simba yemeje ko hoherejwe itsinda rya mbere rya Wazalendo, barimo n’abayobozi kugira ngo bajye gukurikirana uko ibibazo by’umutekano bihari.

Yavuze ko kandi ko kuba aba barwanyi bageze hariya, bitigeze bimenyeshwa inzego zabo. Ati “Icy’ingenzi ni uko bazagaruka aho bari bari.”

Uku kohereza abarwanyi ba Wazalendo, ibaye nyuma yuko habaye urugamba ruhuriweho na FARDC n’igisirikare cya Uganda mu guhashya umutwe wa ADF, byanemejwe ko rwasize hishwe abayobozi babiri b’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 7 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo cyafashwe n’Umunyarwandakazi wanditse amateka atazibagirana mu busifuzi utaherukaga kubugaragaramo

Next Post

Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.